Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ndacyariho nimundebe nafunze n’ikaruvati- Bwa mbere Past.Mpyisi yavuze ku wamubitse agihumeka

radiotv10by radiotv10
16/12/2023
in MU RWANDA
0
Ndacyariho nimundebe nafunze n’ikaruvati- Bwa mbere Past.Mpyisi yavuze ku wamubitse agihumeka
Share on FacebookShare on Twitter

Umukozi w’Imana Pasiteri Ezra Mpyisi yavuze ku makuru y’ibihuha aherutse kumuvugwaho ko yitabye Imana, avuga ko akiri muzima nubwo azataha igihe nikigera kandi ko n’uwamubitse na we azapfa. Ati “Nimundebe ni njye si umuzimu wanjye.”

Ku mbuga nkoranyambaga hari hamaze iminsi hacicikana amakuru y’ibihuha yavugaga ko uyu mukambwe w’imyaka 101 yitabye Imana, ariko anyomozwa n’abasanzwe bari hafi y’umuryango we.

Uyu musaza ukundirwa ibiganiro atanga byuzuye impanuro n’ijambo ry’Imana, na we ubwe yagize icyo avuga kuri aya makuru y’ibihuha.

Mpyisi uzwiho no gushyenga mu biganiro bye, yavuze ko na we aya makuru yamugezeho, ariko ko atitabye Imana, uretse ko atanafite ubwoba bwo kwitahira.

Ati “Nanjye byangezeho, ndavuga nti ‘ese ko mbibonye naba nduhutse, nababara?’ navuze nti ‘iyo biba impamo’, ariko abakunzi banjye bo ntibashaka ko mpfa ubu, barashaka ko nkomeza kubaho.”

Pasiteri Mpyisi avuga ko amaze igihe arembejwe n’umubiri, ku buryo na we yumva ashaka kwitahira, ati “Kuko amezi atandatu ndibwa […]”

Yakomeje anyomoza abavuze ayo makuru, ati “Ndacyariho nimundebe nafunze n’ikaruvati.”

Yakomeje agira ati “Ni njye ubabwira si umuzimu wanjye. Ni njye ubabwira ko nkiri muzima ko nkiriho ko ngihumeka kandi nkaba mbishimira Imana.”

Pasiteri Mpyisi akomeza avuga ko nubwo amaze igihe arembye, ariko akibasha gukora ibikorwa n’umuntu muzima, ati “nkaba nkibasha kuvuga no kureba no kumva, no kwandika no gutekereza, nkamenya icyo mvuga icyo ari cyo.”

Ku bavuze ko yapfuye, avuga ko n’iyo yapfa azagenda atanduranyije kuko azaba agiye yaramenye Umwami Yesu/Yezu.

Ati “Naho gupfa ko n’ubundi nzapfa na we uzapfa, n’uwabitangaje azapfa, na we bazamutangaza nk’uko yantangaje.”

Avuga ko n’uwamubitse akiri muzima, nubwo atazi icyabimuteye, ariko amwifuriza kuzapfa yarakijijwe yaramenye ko Yesu ari Umwami n’umukiza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 1 =

Previous Post

Kigali ihise ubona Umuyobozi mushya wari ukimara kwinjira muri Njyanama asimbura Rubingisa

Next Post

Israel ikimara gutangaza ko intambara ikiri mbisi yahise ikora igikorwa kibishimangira

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Israel ikimara gutangaza ko intambara ikiri mbisi yahise ikora igikorwa kibishimangira

Israel ikimara gutangaza ko intambara ikiri mbisi yahise ikora igikorwa kibishimangira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.