Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ndacyariho nimundebe nafunze n’ikaruvati- Bwa mbere Past.Mpyisi yavuze ku wamubitse agihumeka

radiotv10by radiotv10
16/12/2023
in MU RWANDA
0
Ndacyariho nimundebe nafunze n’ikaruvati- Bwa mbere Past.Mpyisi yavuze ku wamubitse agihumeka
Share on FacebookShare on Twitter

Umukozi w’Imana Pasiteri Ezra Mpyisi yavuze ku makuru y’ibihuha aherutse kumuvugwaho ko yitabye Imana, avuga ko akiri muzima nubwo azataha igihe nikigera kandi ko n’uwamubitse na we azapfa. Ati “Nimundebe ni njye si umuzimu wanjye.”

Ku mbuga nkoranyambaga hari hamaze iminsi hacicikana amakuru y’ibihuha yavugaga ko uyu mukambwe w’imyaka 101 yitabye Imana, ariko anyomozwa n’abasanzwe bari hafi y’umuryango we.

Uyu musaza ukundirwa ibiganiro atanga byuzuye impanuro n’ijambo ry’Imana, na we ubwe yagize icyo avuga kuri aya makuru y’ibihuha.

Mpyisi uzwiho no gushyenga mu biganiro bye, yavuze ko na we aya makuru yamugezeho, ariko ko atitabye Imana, uretse ko atanafite ubwoba bwo kwitahira.

Ati “Nanjye byangezeho, ndavuga nti ‘ese ko mbibonye naba nduhutse, nababara?’ navuze nti ‘iyo biba impamo’, ariko abakunzi banjye bo ntibashaka ko mpfa ubu, barashaka ko nkomeza kubaho.”

Pasiteri Mpyisi avuga ko amaze igihe arembejwe n’umubiri, ku buryo na we yumva ashaka kwitahira, ati “Kuko amezi atandatu ndibwa […]”

Yakomeje anyomoza abavuze ayo makuru, ati “Ndacyariho nimundebe nafunze n’ikaruvati.”

Yakomeje agira ati “Ni njye ubabwira si umuzimu wanjye. Ni njye ubabwira ko nkiri muzima ko nkiriho ko ngihumeka kandi nkaba mbishimira Imana.”

Pasiteri Mpyisi akomeza avuga ko nubwo amaze igihe arembye, ariko akibasha gukora ibikorwa n’umuntu muzima, ati “nkaba nkibasha kuvuga no kureba no kumva, no kwandika no gutekereza, nkamenya icyo mvuga icyo ari cyo.”

Ku bavuze ko yapfuye, avuga ko n’iyo yapfa azagenda atanduranyije kuko azaba agiye yaramenye Umwami Yesu/Yezu.

Ati “Naho gupfa ko n’ubundi nzapfa na we uzapfa, n’uwabitangaje azapfa, na we bazamutangaza nk’uko yantangaje.”

Avuga ko n’uwamubitse akiri muzima, nubwo atazi icyabimuteye, ariko amwifuriza kuzapfa yarakijijwe yaramenye ko Yesu ari Umwami n’umukiza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Kigali ihise ubona Umuyobozi mushya wari ukimara kwinjira muri Njyanama asimbura Rubingisa

Next Post

Israel ikimara gutangaza ko intambara ikiri mbisi yahise ikora igikorwa kibishimangira

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Israel ikimara gutangaza ko intambara ikiri mbisi yahise ikora igikorwa kibishimangira

Israel ikimara gutangaza ko intambara ikiri mbisi yahise ikora igikorwa kibishimangira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.