Wednesday, February 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngoma: Umunye-Congo wendaga guhabwa ububikira yatorotse asiga yanditse urwandiko rukomeye

radiotv10by radiotv10
11/05/2022
in MU RWANDA
33
Ngoma: Umunye-Congo wendaga guhabwa ububikira yatorotse asiga yanditse urwandiko rukomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa w’imyaka 25 y’amavuko ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wendaga guhabwa ububikira mu kigo cy’ababikira giherereye mu Kagari ka Ruhembe mu Murenge wa Zaza mu Karere ka Ngoma, yabuze nyuma y’uko asize yanditse ibaruwa asezera bagenzi be.

Mu nyandiko yanditswe n’uyu mukobwa witwa Furaha Florence Drava tariki 08 Gicurasi 2022, yatangiye ashimira umuryango w’aba babikira witwa Religieuses de l’Instruction Chretienne, uburyo yabanye na bagenzi be muri iki kigo.

Ati “By’umwihariko uburezi nahigiye ndetse n’ibindi byose nahungukiye, ndashimira buri wese bavandimwe banjye mpereye ku muyobozi mukuru w’Intara ndetse n’abandi babikira bose.”

Yakomeje abiseguraho ko atabashije gukomezanya na bo urugendo rwo kwiha Imana akaba ahisemo kubatoroka ku bushake bwe.

Ati “Bavandimwe banjye mbasabye kutazirirwa munshikisha kuko ntatakaye ahubwo ngiye kubaho ubundi buzima nk’igitekerezo gishya cyanjemo cyatumye Imana itanyemerera gukomeza ahubwo ikanyereka ubundi buzima n’amateka.”

Mushimiyimana Beatha uyobora uyu muryango w’Ababikira, yitabaje Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha Station ya Zaza, amenyesha ibura ry’uyu mukobwa ukomoka muri DRC witeguraga kuba umubikira, wabuze mu gitondo cyo ku ya 08 Gicurasi ahagana saa mbiri (08:00’).

Uyu muyobozi w’aba babikira, yamenyesheje RIB ko bafite impungenge kuko uyu mukobwa Furaha Florence Drava bari bamwakiriye bamuhawe n’ababyeyi be ndetse ko nta telefone yagiraga.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rukaba rwahise rutangira gushakisha uyu mukobwa no gukora iperereza ku cyaba cyatumye abura.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Zaza, Mbarushimana Ildephonse, yabwiye RADIOTV10 ko amakuru y’ibura ry’uyu wendaga guhabwa Ububikira bayamenye ariko ko nta birambuye bayafiteho.

Yagize ati “Amakuru twarayamenye ariko inzego zibishinzwe ziri kubikurikirana.”

Uyu muyobozi yavuze ko inzego z’abihayimana zifite uburyo zikora bityo ko amakuru arambuye yatangwa n’ubuyobozi bw’iki kigo cy’abihayimana.

Furaha Florence Drava wabuze

RADIOTV10

Comments 33

  1. Rinda says:
    4 years ago

    Ubwo yasezeye akabyandika, kandi agasaba ko batirirwa bamushakisha, birumvukana ko ni umukobwa ukuze wagize uburenganzira bwe bwo gufata icyemezo. Niba Diplome ye ayifite, agiye gukomeza amasomo, anashake, yubake abyare arere.
    Yahisemo neza. Imana imushyigikire nashaka azagire urugo n umuryango mwiza wubaha Imana.

    Reply
    • Fanny says:
      3 years ago

      Bashobora no kumushimuta bakayimwandikira bakayimwiyitirira da! Gusa kuba yanabishingukamo ni uburenganzira bwe kuko ni mukuru bihagije kugira ngo yifatire icyemezo. Ibyo kumuhabwa n’ababyeyi ni byiza ariko ntibimubuza kwifatira icyemezo.

      Reply
    • Paul says:
      3 years ago

      Ubwo x abaye yiyahuye koko byaba bibabaje kuko ntiyigez asobanura icyo agiye gukora

      Reply
    • Nsengiman jean de dilu says:
      3 years ago

      Gusa ntawamenya ark kuba yavuze ko batirirwa bamushaka ngo kuko atatakaye ubwo yafashe icyemezo kuzima imana imube hafi

      Reply
    • Mutwewingaboc@gmail.com says:
      2 years ago

      Nibyo rwose

      Reply
  2. Jean Bosco Iraguha says:
    3 years ago

    Njyewe ndunva ntampamvu yo kumukurikirana kd yasize abandikiye bihagije akanabasobanurira ko ntampamvu yo kumushakisha nkuwatakaye!! Bamwihorere yikomereze ubuzima bite bwiwe yahisemo!!!

    Reply
    • Si-OUR says:
      3 years ago

      Barashaka gusa kumenya ko ari muzima, nta kindi bagamije, ubundi ubuzima bugakomeza.

      Reply
      • Tuyishime Budara says:
        3 years ago

        uyumukobwa nukuri niba ariwe wifatiye icyemezo nibamureke kbx

        Reply
    • Semanzi Emmanuel says:
      3 years ago

      Namahitamo meza nkununtu mukuru yabanje kubandikira retere akisshimira kubasaba kutazamushakisha nimumureke yubake umuryango nkuko bibiriya ibitubwira

      Reply
  3. Alino says:
    3 years ago

    Ibyo yanditse birahagije nta mpungenge zihari.

    Reply
  4. Papias says:
    3 years ago

    Ngewe ndumva mutakwirirwa mushakisha

    Reply
  5. Hatungimana says:
    3 years ago

    Rwose ni urucabana uwo yazutse

    Reply
    • Pierrot says:
      3 years ago

      Kumushakisha ni ngombwa kugira ngo bizere ko ibyanditse ari we koko wabyanditse. Bamenye niba atashye muri CONGO cg agumye mu Rwanda mu buryo bwemewe n’amategeko.

      Na ho ibyo kureka kuba umubikira, si we wa mbere ubikoze. Ni n’uburenganzira bwe

      Reply
  6. inshutiniyezu darius says:
    3 years ago

    ahaaa ubwonyine yanze kubeshy imana nabant hama afaticyemez

    Reply
  7. Ntukabumwe j bosco says:
    3 years ago

    Ubuse koko ntiwasanga yari intasi ya congo akaba amaze gufata amakuru agataha??

    Reply
    • Si-PUR says:
      3 years ago

      Atatabikigo cy’ababikira? Urasekeje.

      Reply
  8. Kozz says:
    3 years ago

    Amenye ubwenge kare

    Reply
  9. Gatarayiha Margueritte says:
    3 years ago

    Ukuntu numva iyo barwa yanditse wagirango numuntu wayimwandikiye ahari simbizi nanjye tu

    Reply
  10. Phocas HABYARIMANA says:
    3 years ago

    Buri muntu agira amahitamo niba Koko ariwe wanditse iriya baruwa yo kuba yava mukibikira akagenda ashobora kuba yarasanze atari umuhamagaro we gusa niba yaragiye keubaka urugo azabyare hungu na kobwa Kandi Imana izamushigikire

    Reply
    • Gaetan says:
      3 years ago

      Rero ikibazo ni ukumenya niba koko ariwe wayanditse!
      Kuko ntekereza ko buri kintu kigira procedure itaba ariyo yakoreshejwe hagakorwa iperereza rigamije kumenya impamvu.
      Kuko nubundi nibamubona akemeza ko nta kindi kibazo afite ntawuzamutegeka gusubirayo!!

      Reply
  11. ka says:
    3 years ago

    Mutubwire niba yarabonetse. murakoze.

    Reply
  12. Nshimyimana Fidele says:
    3 years ago

    Nibyo Koko birashoboka ko yahisemo kurekura kubushake kimwe n’uko ibaruwa yanditswe n’abandi bakayimwitirira muburyo bwo kujijisha nibagerazeze gushakisha barebeko Hari Andi makuru yisumbuye bafata. Gusa guhitamo cyangwa gufata umwanzuro biragora but ikiruta byose ni umwanzuro wafashwe kugiti cyawe ibyo yahisemo kubushake bizamuhire

    Reply
  13. Nkundiye J M Vianney says:
    3 years ago

    Uyu mukobwa numunyabwenge cyane akwiye gushimirwa igitekerezo cye ni cyemezo yafashe kizima yego sha imana nyamana itariyo bakurindaguzaga bakwereka yimpimbano izakube hafi erega bariya bamushyaga muzindi ndimo bitwa les esclon jantiese nabareke bagenzi bakomeze barindagire agende yibyarire abana bazage bahura nibyo bikecuru byasaziye ubusa navuye kwiga cyangwa kuvoma maze bizatahira inda zabyo byagaburiye

    Reply
  14. Justin Ngiro says:
    3 years ago

    Nnc RIB ikora muri Congo?

    Reply
  15. Makuza mwiza says:
    3 years ago

    Yarabonye ibyo ajyamo.Yabonye atashobora kwigisha ibitarimuriwe
    Nk’uko bagenzi be mbona babigenza,
    Yanze gushinjagira ashira no kubaho ntacyo amarira umuryango mugari aturukamo.
    Imana imukomeze cyane ko Ari inyangamugayo.

    Reply
  16. Fidele says:
    3 years ago

    yafashe icyemezo kimukwiriye Aho kubeshya Imana nabantu ahubwo nibamenyekoko niba arikumwe numuryangowe yagezeyo amahoro rib nikore akazi kayo

    Reply
  17. Baba says:
    3 years ago

    Yasanze atabivamo, gutunga igitsina kidakora ibyo cyagenewe yabona ari uburofa. Gusa azashake neza kugirango nabyo atabyicuza akiyahura.

    Reply
  18. Elie says:
    3 years ago

    Maneno,wasanga agiye atwite

    Reply
    • Evariste says:
      3 years ago

      Nonese kombona hashize umwaka iyinkuru isohotse hajya ubwobirakwiriye kodukomeza kuyitindaho?

      Reply
  19. Nambajimana Valens says:
    2 years ago

    Ok

    Reply
  20. Emmanuel says:
    2 years ago

    Cyakoze mbonye poste muvuzeho nkabikunda rwose nubwo natinze kuyibona uriya ni mukuru arko navuge ahwari naba ari muzima that’s okay bamureke yirire isi dore isigaye iryoshye kubi
    Wasanga hari petit frere wanjye wamurabutswe so RIB NIKORE AKAZI KAYO BAREBE KO ARI ALIVE

    Reply
  21. Divine says:
    2 years ago

    Yooo izaza niwacu gs birantunguye pe ntago narinziko fraha yabikora. Namubonye rimwe yaje kuri paruwase I Zaza gs imana ibafashe aboneke pe kubona ahwari ko ari amahoro birahagije. 🙏

    Reply
  22. Marie louise Niyibizi says:
    2 years ago

    Ese komutatubwiye uyu mubikira yaje kuboneka

    Reply

Leave a Reply to Si-PUR Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Karongi: Umunyeshuri wari wajyanye na bagenzi be koga yarohamye mu Kivu arapfa

Next Post

Nyamirambo: Basanze umurambo hafi y’umusigiti

Related Posts

Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye

Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye

by radiotv10
04/02/2026
0

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana yongeye gusaba urubyiruko kwirinda gukoresha imvugo ‘gutwika’ cyangwa ngo ‘hahiye’, arwibutsa...

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

by radiotv10
04/02/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Save mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bahangayikishijwe n’inzoga z’inkorano bahimbye izina 'Nyirantare', bavuga...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Abarimo mutekano bakurikiranyweho urupfu rw’uwari amaze amezi abiri abuze akaza kuboneka mu cyobo kiri mu nzu y’uwo yakoreraga

by radiotv10
04/02/2026
0

Ngendahayo Evariste wari ushinzwe umutekano mu mudugudu wa Batura mu kagari ka Karenge ho mu murenge wa Rwimbogo mu Karere...

Gender Expectations at Home vs in Public Spaces

Gender Expectations at Home vs in Public Spaces

by radiotv10
04/02/2026
0

Gender expectations are the rules society puts on people because they are male or female. These rules affect how we...

Why many marriages are ending in divorce

Why many marriages are ending in divorce

by radiotv10
04/02/2026
0

Divorce is not something that happens overnight. In most cases, it is the result of problems that grow slowly over...

IZIHERUKA

Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye
MU RWANDA

Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye

by radiotv10
04/02/2026
0

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

04/02/2026
Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

04/02/2026
Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane

Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane

04/02/2026
Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

04/02/2026
Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda

Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda

04/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamirambo: Basanze umurambo hafi y’umusigiti

Nyamirambo: Basanze umurambo hafi y’umusigiti

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.