Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ni gute umuntu ahanga umurimo wo gucuruza abakobwa akabanza kugira ibyo abakoresha?- P.Kagame yavuze ku bya MissRwanda

radiotv10by radiotv10
30/04/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ni gute umuntu ahanga umurimo wo gucuruza abakobwa akabanza kugira ibyo abakoresha?- P.Kagame yavuze ku bya MissRwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yagarutse ku kibazo cy’ihohoterwa rishingiye ku gitsina kimaze iminsi kivugwa ko kiba mu irushanwa rya Miss Rwanda, avuga ko bitumvikana kuba umuntu yashinga kompanyi idafite abayigenga n’amategeko igenderaho agamije gucuruza abakobwa kandi na we akabanza kubakorera ihohoterwa.

Perezida Paul Kagame yabivuze mu Nama Nkuru y’Umuryango wa RPF-Inkotanyi yateranye kuri uyu wa Gatandatu aho yagarutse ku bibazo bicyugarije umuryango nyarwanda.

Umukuru w’u Rwanda akaba na Chairman wa RPF-Inkotanyi, yagarutse ku kibazo kimaze iminsi kivugwa cy’ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryakorewe abakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda mu bihe binyuranye.

Mu ntangiro z’iki cyumweru turu gusoza, nib wo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi Ishimwe Dieudonne uzwi nka Prince Kid uyobora Rwanda Inspiration Backup itegura irushanwa rya Miss Rwanda aho akurikiranyweho gukorera ibyaha bifitanye isano n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina abitabiriye iri rushanwa mu bihe binyuranye.

Perezida Paul Kagame yavuze ko bitumvikana kuba umuntu ashinga iyi kompanyi “irebe uburanga bw’abantu hakazavamo ihohoterwa, cyatangiye gute? Ntikigira amategeko, ntikigira abagikurikirana?”

Umukuru w’u Rwanda wanengaga uburyo iyi kompanyi yakoraga ibi bikorwa byose birimo n’ibyo guhotera abantu ariko ntibikurikiranwe, yanenze uyu wayishinze ukekwaho ibi byaha.

Ati “ariko umuntu yihangiye umurimo ashyiraho abakobwa akabashukisha utuntu mbere y’uko abacuruza akabanza we ubwe akabakoresha ibyo abakoresha.”

Yakomye urusyo akoma n’ingasire, ati “Abo bana bacu na bo bakwiye kugira imico yo kubyanga bakaba babyirinda bakagira n’abo babibwira nk’uko nubundi uyu yamenyekanye kuko mu bantu cumi na bangahe bakorewe ihohoterwa havuyemo umwe arabyanga ariko ndetse yakwanga bakamureba igitsure bakamubwira ko bashobora kumuhana bakamwima ibyo yari akwiye kuba abona.”

Perezida Kagame yavuze ko kandi iki kibazo kiri no mu bigo bya Leta nka za Minisiteri cyo kuzamura abantu mu ntera kuko babanje gukoreshwa izo ngeso mbi, avuga ko ibi bidakwiye kuba mu Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

Kigali: Amacupa 247 ya mukorogo yafatanywe abacuruzi babiri barimo uwari warabifungiwe

Next Post

Umutoza wa Mukuru yakuyemo ake karenge nyuma y’ameze 4 atangiye akazi

Related Posts

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

IZIHERUKA

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri
AMAHANGA

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

by radiotv10
13/01/2026
0

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutoza wa Mukuru yakuyemo ake karenge nyuma y’ameze 4 atangiye akazi

Umutoza wa Mukuru yakuyemo ake karenge nyuma y’ameze 4 atangiye akazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.