Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ni gute umuntu ahanga umurimo wo gucuruza abakobwa akabanza kugira ibyo abakoresha?- P.Kagame yavuze ku bya MissRwanda

radiotv10by radiotv10
30/04/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ni gute umuntu ahanga umurimo wo gucuruza abakobwa akabanza kugira ibyo abakoresha?- P.Kagame yavuze ku bya MissRwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yagarutse ku kibazo cy’ihohoterwa rishingiye ku gitsina kimaze iminsi kivugwa ko kiba mu irushanwa rya Miss Rwanda, avuga ko bitumvikana kuba umuntu yashinga kompanyi idafite abayigenga n’amategeko igenderaho agamije gucuruza abakobwa kandi na we akabanza kubakorera ihohoterwa.

Perezida Paul Kagame yabivuze mu Nama Nkuru y’Umuryango wa RPF-Inkotanyi yateranye kuri uyu wa Gatandatu aho yagarutse ku bibazo bicyugarije umuryango nyarwanda.

Umukuru w’u Rwanda akaba na Chairman wa RPF-Inkotanyi, yagarutse ku kibazo kimaze iminsi kivugwa cy’ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryakorewe abakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda mu bihe binyuranye.

Mu ntangiro z’iki cyumweru turu gusoza, nib wo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi Ishimwe Dieudonne uzwi nka Prince Kid uyobora Rwanda Inspiration Backup itegura irushanwa rya Miss Rwanda aho akurikiranyweho gukorera ibyaha bifitanye isano n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina abitabiriye iri rushanwa mu bihe binyuranye.

Perezida Paul Kagame yavuze ko bitumvikana kuba umuntu ashinga iyi kompanyi “irebe uburanga bw’abantu hakazavamo ihohoterwa, cyatangiye gute? Ntikigira amategeko, ntikigira abagikurikirana?”

Umukuru w’u Rwanda wanengaga uburyo iyi kompanyi yakoraga ibi bikorwa byose birimo n’ibyo guhotera abantu ariko ntibikurikiranwe, yanenze uyu wayishinze ukekwaho ibi byaha.

Ati “ariko umuntu yihangiye umurimo ashyiraho abakobwa akabashukisha utuntu mbere y’uko abacuruza akabanza we ubwe akabakoresha ibyo abakoresha.”

Yakomye urusyo akoma n’ingasire, ati “Abo bana bacu na bo bakwiye kugira imico yo kubyanga bakaba babyirinda bakagira n’abo babibwira nk’uko nubundi uyu yamenyekanye kuko mu bantu cumi na bangahe bakorewe ihohoterwa havuyemo umwe arabyanga ariko ndetse yakwanga bakamureba igitsure bakamubwira ko bashobora kumuhana bakamwima ibyo yari akwiye kuba abona.”

Perezida Kagame yavuze ko kandi iki kibazo kiri no mu bigo bya Leta nka za Minisiteri cyo kuzamura abantu mu ntera kuko babanje gukoreshwa izo ngeso mbi, avuga ko ibi bidakwiye kuba mu Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Kigali: Amacupa 247 ya mukorogo yafatanywe abacuruzi babiri barimo uwari warabifungiwe

Next Post

Umutoza wa Mukuru yakuyemo ake karenge nyuma y’ameze 4 atangiye akazi

Related Posts

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

by radiotv10
17/12/2025
0

Igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade cyishe giturikanye abana batatu b’umuryango wo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi,...

Urubyiruko muri Ngororero imibare yarubanye myinshi kubera ubushomeri

Urubyiruko muri Ngororero imibare yarubanye myinshi kubera ubushomeri

by radiotv10
17/12/2025
0

Bamwe mu basore n'inkumi bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero, batageze mu ishuri, bavuga ko iyo imirimo...

IZIHERUKA

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US
AMAHANGA

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

17/12/2025
Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

17/12/2025
Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutoza wa Mukuru yakuyemo ake karenge nyuma y’ameze 4 atangiye akazi

Umutoza wa Mukuru yakuyemo ake karenge nyuma y’ameze 4 atangiye akazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.