Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ni nk’i Burayi bavuye: Ahazacumbikirwa abimukira bazava mu Bwongereza hamenyekanye

radiotv10by radiotv10
20/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ni nk’i Burayi bavuye: Ahazacumbikirwa abimukira bazava mu Bwongereza hamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko hamwe mu hagomba gucumbikirwa abimukira bazaturuka mu Bwongereza hamaze gutunganywa ubu igisigaye ari uko baza ndetse ko gahunda ihari ari uko bazaza mu gihe cya vuba.

Guverinoma y’u Rwanda yerekanye ahantu hatatu muri hatanu hagomba kuzakirirwa abimukira bazoherezwa n’u Bwongereza nyuma y’uko iki Gihugu cyo ku Mugabane w’u Burayi kigiranye amasezerano n’u Rwanda.

Hamwe mu hazakirirwa aba bimkira harimo inyubako izwi nka Hope House yahoze icumbikorwamo abanyeshuri barokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi batagira imiryango, iherereye mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo.

Uretse iyi Hope House ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 100, Hari kandi hoteli ya Desire Resort na yo iri mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Kinyinya yo ifite ibyumba 72, hakaba na Hallmark residences, yo ifite ibyumba 102.

Ni inyubako zubatse mu buryo bugezweho, zamaze gushyirwamo ibikorwa remezo byose bizafasha abazazicumbikirwamo kugira ubuzima bwiza aho zose zihuriye kuba zifite ibikoresho byo kuraraho bigezweho, ibyo gukoresha mu masuku ndetse n’iby’itumanaho n’ikoranabuhanga.

Izi nyubako zimwe zifite aho kogera [Piscine] ndetse n’aho gukorera imyitozo ngororamubiri n’indi mikino nk’iy’amaboko.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga ko ubu haramutse haje abimukira 500, babona aho baba.

Ati “Haje 500 ba mbere, twabakira ariko bazagenda baza mu byiciro ariko nta gutungurana kurimo, bazakubwira bati ‘wenda mu byumweru bibiri cyangwa bitatu biri imbere turohereza abantu 300’, niba hari ahandi hantu tugomba gutegura tuhategure.”

Akomeza agira ati “Mwumve ko igihe icyo ari cyo cyose abantu ba mbere baza, twiteguye kubakira.”

Mukuralinda avuga ko abimukira bazacumbikirwa muri za Hoteli, bazacungwa nk’uko abandi bantu bacumbitse muri hoteli bacungwa.

Ati “Bazabacunga nk’uko basanzwe bacunga abantu bacumbitsemo, ntabwo abantu baje muri Gereza, ntabwo abantu baje gufungwa, bazaba binyagambura, bazaba bidegembya. Urabyumva ariko nawe uri umunyamahanga ukagera ahantu ntabwo uzidegembya utarahamenyera, ariko namara kuhamenyera akavuga ati ‘iyi weekend ndajya i Rubavu, indi ndajya kuri Muhazi, ndajya gusura Akagera ndajya gusura Ingagi, ’ntawe uzamubuza niba afite uburyo.”

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Gicurasi 2022, Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yagarutse kuri iyi gahunda yo kubungabunga ubuzima bw’abikumukira yashyizweho umukono n’u Rwanda n’u Bwongereza mu kwezi gushize ariko ikomeje kugarukwaho na bamwe bayinenga.

Dr Ngirente yavuze ko ubusanzwe kwakira abantu nk’aba bari mu majye, ari ubugiraneza kandi ko ari kimwe mu byakunze kuranga Leta y’u Rwanda.

Yagize ati “Ntabwo turi Igihugu cyakwifuza ko abantu bababara kandi dufite ahantu twabashyira tukagira ibyo dusangira na bo […] wakiriye umuntu rero umugirira neza hakagira ubirakarira, uwo nyine arihangana ntakundi.”

Iyi gahunda yanenzwe na benshi barimo n’Umunyamabanga w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres aho bavugaga ko u Bwongereza bwikuyeho inshingano bwagombaga gukora, Leta y’u Rwanda ndetse n’u Bwongereza bakunze gusobanura impamvu yayo.

Guverinoma y’u Rwanda yakunze kuvuga ko uyu mutima wo gufasha, washibutse mu mateka atari meza Abanyarwanda banyuzemo aho kimwe mu gice cyabo kigeze kumara igihe cyarahejwe ku Gihugu cyabo, ikavuga ko mu gihe ibona hari icyo yakora ku bariho mu buzima bugoye, ntacyabuza u Rwanda gutanga amaboko yarwo.

 

Hari n’abazaba muri Hoteli
Piscine zo kwizimya izuba zirahari
Uburiri
Ababishaka bazajya banakora imyitozo ngororamubiri
Mu ruganiriro

Bazacumbikirwa mu nyubako zigezweho

Photos © RBA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Nyamasheke: Abagore bane batonganiye ku Bitaro bapfa umurambo w’umuherwe wari warabashatse

Next Post

Ibicurane byabaye ibicurane: Hasobanuwe impamvu biri kugera ku bantu bikabazahaza

Related Posts

Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we Mamadi Doumbouya watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Guinea, amwizeza ko u Rwanda ruzakomeza gukorana...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

How to reset your life after the holidays without pressure

How to reset your life after the holidays without pressure

by radiotv10
05/01/2026
0

The holidays are beautiful. Late nights, good food, family time, travel, laughter, rest and a break from alarms and deadlines....

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye
MU RWANDA

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

by radiotv10
05/01/2026
0

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

05/01/2026
Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu

Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu

05/01/2026
Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibicurane byabaye ibicurane: Hasobanuwe impamvu biri kugera ku bantu bikabazahaza

Ibicurane byabaye ibicurane: Hasobanuwe impamvu biri kugera ku bantu bikabazahaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.