Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ni nk’i Burayi bavuye: Ahazacumbikirwa abimukira bazava mu Bwongereza hamenyekanye

radiotv10by radiotv10
20/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ni nk’i Burayi bavuye: Ahazacumbikirwa abimukira bazava mu Bwongereza hamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko hamwe mu hagomba gucumbikirwa abimukira bazaturuka mu Bwongereza hamaze gutunganywa ubu igisigaye ari uko baza ndetse ko gahunda ihari ari uko bazaza mu gihe cya vuba.

Guverinoma y’u Rwanda yerekanye ahantu hatatu muri hatanu hagomba kuzakirirwa abimukira bazoherezwa n’u Bwongereza nyuma y’uko iki Gihugu cyo ku Mugabane w’u Burayi kigiranye amasezerano n’u Rwanda.

Hamwe mu hazakirirwa aba bimkira harimo inyubako izwi nka Hope House yahoze icumbikorwamo abanyeshuri barokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi batagira imiryango, iherereye mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo.

Uretse iyi Hope House ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 100, Hari kandi hoteli ya Desire Resort na yo iri mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Kinyinya yo ifite ibyumba 72, hakaba na Hallmark residences, yo ifite ibyumba 102.

Ni inyubako zubatse mu buryo bugezweho, zamaze gushyirwamo ibikorwa remezo byose bizafasha abazazicumbikirwamo kugira ubuzima bwiza aho zose zihuriye kuba zifite ibikoresho byo kuraraho bigezweho, ibyo gukoresha mu masuku ndetse n’iby’itumanaho n’ikoranabuhanga.

Izi nyubako zimwe zifite aho kogera [Piscine] ndetse n’aho gukorera imyitozo ngororamubiri n’indi mikino nk’iy’amaboko.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga ko ubu haramutse haje abimukira 500, babona aho baba.

Ati “Haje 500 ba mbere, twabakira ariko bazagenda baza mu byiciro ariko nta gutungurana kurimo, bazakubwira bati ‘wenda mu byumweru bibiri cyangwa bitatu biri imbere turohereza abantu 300’, niba hari ahandi hantu tugomba gutegura tuhategure.”

Akomeza agira ati “Mwumve ko igihe icyo ari cyo cyose abantu ba mbere baza, twiteguye kubakira.”

Mukuralinda avuga ko abimukira bazacumbikirwa muri za Hoteli, bazacungwa nk’uko abandi bantu bacumbitse muri hoteli bacungwa.

Ati “Bazabacunga nk’uko basanzwe bacunga abantu bacumbitsemo, ntabwo abantu baje muri Gereza, ntabwo abantu baje gufungwa, bazaba binyagambura, bazaba bidegembya. Urabyumva ariko nawe uri umunyamahanga ukagera ahantu ntabwo uzidegembya utarahamenyera, ariko namara kuhamenyera akavuga ati ‘iyi weekend ndajya i Rubavu, indi ndajya kuri Muhazi, ndajya gusura Akagera ndajya gusura Ingagi, ’ntawe uzamubuza niba afite uburyo.”

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Gicurasi 2022, Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yagarutse kuri iyi gahunda yo kubungabunga ubuzima bw’abikumukira yashyizweho umukono n’u Rwanda n’u Bwongereza mu kwezi gushize ariko ikomeje kugarukwaho na bamwe bayinenga.

Dr Ngirente yavuze ko ubusanzwe kwakira abantu nk’aba bari mu majye, ari ubugiraneza kandi ko ari kimwe mu byakunze kuranga Leta y’u Rwanda.

Yagize ati “Ntabwo turi Igihugu cyakwifuza ko abantu bababara kandi dufite ahantu twabashyira tukagira ibyo dusangira na bo […] wakiriye umuntu rero umugirira neza hakagira ubirakarira, uwo nyine arihangana ntakundi.”

Iyi gahunda yanenzwe na benshi barimo n’Umunyamabanga w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres aho bavugaga ko u Bwongereza bwikuyeho inshingano bwagombaga gukora, Leta y’u Rwanda ndetse n’u Bwongereza bakunze gusobanura impamvu yayo.

Guverinoma y’u Rwanda yakunze kuvuga ko uyu mutima wo gufasha, washibutse mu mateka atari meza Abanyarwanda banyuzemo aho kimwe mu gice cyabo kigeze kumara igihe cyarahejwe ku Gihugu cyabo, ikavuga ko mu gihe ibona hari icyo yakora ku bariho mu buzima bugoye, ntacyabuza u Rwanda gutanga amaboko yarwo.

 

Hari n’abazaba muri Hoteli
Piscine zo kwizimya izuba zirahari
Uburiri
Ababishaka bazajya banakora imyitozo ngororamubiri
Mu ruganiriro

Bazacumbikirwa mu nyubako zigezweho

Photos © RBA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 7 =

Previous Post

Nyamasheke: Abagore bane batonganiye ku Bitaro bapfa umurambo w’umuherwe wari warabashatse

Next Post

Ibicurane byabaye ibicurane: Hasobanuwe impamvu biri kugera ku bantu bikabazahaza

Related Posts

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

by radiotv10
01/12/2025
0

A new public transport system is set to begin operating in the City of Kigali, one that will ensure buses...

IZIHERUKA

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano
IBYAMAMARE

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
01/12/2025
0

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibicurane byabaye ibicurane: Hasobanuwe impamvu biri kugera ku bantu bikabazahaza

Ibicurane byabaye ibicurane: Hasobanuwe impamvu biri kugera ku bantu bikabazahaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.