Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Niba hatangajwe gusa izamuka rya Lisansi na Mazutu nta bindi bigomba kuzamuka- Guverinoma

radiotv10by radiotv10
04/04/2022
in Uncategorized
0
Niba hatangajwe gusa izamuka rya Lisansi na Mazutu nta bindi bigomba kuzamuka- Guverinoma
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko mu gihe hatangajwe izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli gusa, hadakwiye kugaragara ababyuririraho ngo bahite bazamura n’ibiciro by’ibindi nk’ingendo kuko mu gutwara abagenzi hari nkunganire yashyizwemo na Leta.

Byatangajwe n’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda mu kiganiro yagiranye na RADIO 10 mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 04 Mata 2022.

Alain Mukuralinda yavuze ko izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ritabaye ubu ahubwo ko ryatangiye ubwo Isi yari itangiye kuva mu cyorezo cya COVID-19 kuko inganda zatangiye gukora ku bwinshi bigatuma igipimo cyo gukenera ibikomoka kuri peteroli kizamuka.

Yavuze ko kuva muri Gicurasi umwaka ushize ubwo iri zamuka ryari ritangiye, Guverinoma y’u Rwanda yatangiye gushyiramo amafaranga yo kunganira uru rwego kugira ngo ibiciro biri hejuru bidahungabanya imibereho y’Abanyarwanda.

Ati “Kugeza uyu munsi, imaze gushyiramo miliyari 15 Frw yigomwa imisoro kugira ngo ibiciro bitazamuka ku buryo buhanitse cyane. Hari ukuba yafata amafaranga amwe ikayongeramo cyangwa se ikareka imisoro. Ibyo yagiye ibikora.”

Mukuralinda avuga ko izamuka ry’ibi biciro ry’ubu ryo ryatewe n’intambara iri kubera muri Ukraine ariko ko na ryo ritazamutse ku gipimo cyagombaga kubaho kuko nab wo Guverinoma y’u Rwanda yashyizemo nkunganire.

Ati “Ari yo mpamvu Linsansi yagombaga kuzamukaho amafaranga 218 ariko noneho yazamutseho 103, mazutu yagombaga kuzamuka 282 yazamutseho 167 mu gihe cy’amezi abiri.”

Akomeza agira ati “Niba Guverinoma yavuze ko hazamutse ibikomoka kuri Peteroli [Lisansi na Mazutu] ni ibyo bigomba kuzamuka byonyine. Niba transport [amafaranga y’ingendo] ntabwo yazamutse kuko ntayo bavuze mu byazamutse nta n’ibindi bigomba kuzamuka.”

Mukuralinda avuga ko mu gihe Guverinoma itaratangaza izamuka ry’ibiciro by’ibindi, nta muntu ukwiye kuririra ku izamuka ry’ibikomoka kuri peteroli ngo abizamure.

Ati “Kuko hari izindi miliyari 29 Frw Leta yatanze cyangwa se yanigomwe. Icyiciro cy’ingendo na cyo cyahawemo ayo mafaranga kugira ngo ibiciro niba bigomba no kuzamuka ntibizamuke ku murengera.”

Mukuralinda yavuze ko nibiba ngombwa ko n’ibindi biciro bizamuka, bizakorwa ariko ko mu gihe bitaratangazwa n’inzego zibifite mu nshingano, nta n’umuntu ukwiye kubizamura.

IKIGANIRO CYOSE MUKURALINDA YAGIRANYE NA RADIO 10

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + one =

Previous Post

U Rwanda rwigeze kumwirukana rumwoherereza Uganda- Mugabe yavuze byinshi kuri Mukombozi wirukanywe na Uganda

Next Post

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Zambia yakiranywe urugwiro aganirira na mugenzi we ahantu hanogeye ijisho

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga
IMIBEREHO MYIZA

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

by radiotv10
12/05/2025
0

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

12/05/2025
Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Perezida Kagame muri Zambia yakiranywe urugwiro aganirira na mugenzi we ahantu hanogeye ijisho

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Zambia yakiranywe urugwiro aganirira na mugenzi we ahantu hanogeye ijisho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.