Monday, April 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Niba hatangajwe gusa izamuka rya Lisansi na Mazutu nta bindi bigomba kuzamuka- Guverinoma

radiotv10by radiotv10
04/04/2022
in Uncategorized
0
Niba hatangajwe gusa izamuka rya Lisansi na Mazutu nta bindi bigomba kuzamuka- Guverinoma
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko mu gihe hatangajwe izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli gusa, hadakwiye kugaragara ababyuririraho ngo bahite bazamura n’ibiciro by’ibindi nk’ingendo kuko mu gutwara abagenzi hari nkunganire yashyizwemo na Leta.

Byatangajwe n’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda mu kiganiro yagiranye na RADIO 10 mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 04 Mata 2022.

Alain Mukuralinda yavuze ko izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ritabaye ubu ahubwo ko ryatangiye ubwo Isi yari itangiye kuva mu cyorezo cya COVID-19 kuko inganda zatangiye gukora ku bwinshi bigatuma igipimo cyo gukenera ibikomoka kuri peteroli kizamuka.

Yavuze ko kuva muri Gicurasi umwaka ushize ubwo iri zamuka ryari ritangiye, Guverinoma y’u Rwanda yatangiye gushyiramo amafaranga yo kunganira uru rwego kugira ngo ibiciro biri hejuru bidahungabanya imibereho y’Abanyarwanda.

Ati “Kugeza uyu munsi, imaze gushyiramo miliyari 15 Frw yigomwa imisoro kugira ngo ibiciro bitazamuka ku buryo buhanitse cyane. Hari ukuba yafata amafaranga amwe ikayongeramo cyangwa se ikareka imisoro. Ibyo yagiye ibikora.”

Mukuralinda avuga ko izamuka ry’ibi biciro ry’ubu ryo ryatewe n’intambara iri kubera muri Ukraine ariko ko na ryo ritazamutse ku gipimo cyagombaga kubaho kuko nab wo Guverinoma y’u Rwanda yashyizemo nkunganire.

Ati “Ari yo mpamvu Linsansi yagombaga kuzamukaho amafaranga 218 ariko noneho yazamutseho 103, mazutu yagombaga kuzamuka 282 yazamutseho 167 mu gihe cy’amezi abiri.”

Akomeza agira ati “Niba Guverinoma yavuze ko hazamutse ibikomoka kuri Peteroli [Lisansi na Mazutu] ni ibyo bigomba kuzamuka byonyine. Niba transport [amafaranga y’ingendo] ntabwo yazamutse kuko ntayo bavuze mu byazamutse nta n’ibindi bigomba kuzamuka.”

Mukuralinda avuga ko mu gihe Guverinoma itaratangaza izamuka ry’ibiciro by’ibindi, nta muntu ukwiye kuririra ku izamuka ry’ibikomoka kuri peteroli ngo abizamure.

Ati “Kuko hari izindi miliyari 29 Frw Leta yatanze cyangwa se yanigomwe. Icyiciro cy’ingendo na cyo cyahawemo ayo mafaranga kugira ngo ibiciro niba bigomba no kuzamuka ntibizamuke ku murengera.”

Mukuralinda yavuze ko nibiba ngombwa ko n’ibindi biciro bizamuka, bizakorwa ariko ko mu gihe bitaratangazwa n’inzego zibifite mu nshingano, nta n’umuntu ukwiye kubizamura.

IKIGANIRO CYOSE MUKURALINDA YAGIRANYE NA RADIO 10

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

U Rwanda rwigeze kumwirukana rumwoherereza Uganda- Mugabe yavuze byinshi kuri Mukombozi wirukanywe na Uganda

Next Post

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Zambia yakiranywe urugwiro aganirira na mugenzi we ahantu hanogeye ijisho

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira
AMAHANGA

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

by radiotv10
13/04/2026
0

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

13/04/2026
Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

13/04/2026
13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/2026
Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

13/04/2026
Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

13/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Perezida Kagame muri Zambia yakiranywe urugwiro aganirira na mugenzi we ahantu hanogeye ijisho

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Zambia yakiranywe urugwiro aganirira na mugenzi we ahantu hanogeye ijisho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.