Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Niba hatangajwe gusa izamuka rya Lisansi na Mazutu nta bindi bigomba kuzamuka- Guverinoma

radiotv10by radiotv10
04/04/2022
in Uncategorized
0
Niba hatangajwe gusa izamuka rya Lisansi na Mazutu nta bindi bigomba kuzamuka- Guverinoma
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko mu gihe hatangajwe izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli gusa, hadakwiye kugaragara ababyuririraho ngo bahite bazamura n’ibiciro by’ibindi nk’ingendo kuko mu gutwara abagenzi hari nkunganire yashyizwemo na Leta.

Byatangajwe n’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda mu kiganiro yagiranye na RADIO 10 mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 04 Mata 2022.

Alain Mukuralinda yavuze ko izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ritabaye ubu ahubwo ko ryatangiye ubwo Isi yari itangiye kuva mu cyorezo cya COVID-19 kuko inganda zatangiye gukora ku bwinshi bigatuma igipimo cyo gukenera ibikomoka kuri peteroli kizamuka.

Yavuze ko kuva muri Gicurasi umwaka ushize ubwo iri zamuka ryari ritangiye, Guverinoma y’u Rwanda yatangiye gushyiramo amafaranga yo kunganira uru rwego kugira ngo ibiciro biri hejuru bidahungabanya imibereho y’Abanyarwanda.

Ati “Kugeza uyu munsi, imaze gushyiramo miliyari 15 Frw yigomwa imisoro kugira ngo ibiciro bitazamuka ku buryo buhanitse cyane. Hari ukuba yafata amafaranga amwe ikayongeramo cyangwa se ikareka imisoro. Ibyo yagiye ibikora.”

Mukuralinda avuga ko izamuka ry’ibi biciro ry’ubu ryo ryatewe n’intambara iri kubera muri Ukraine ariko ko na ryo ritazamutse ku gipimo cyagombaga kubaho kuko nab wo Guverinoma y’u Rwanda yashyizemo nkunganire.

Ati “Ari yo mpamvu Linsansi yagombaga kuzamukaho amafaranga 218 ariko noneho yazamutseho 103, mazutu yagombaga kuzamuka 282 yazamutseho 167 mu gihe cy’amezi abiri.”

Akomeza agira ati “Niba Guverinoma yavuze ko hazamutse ibikomoka kuri Peteroli [Lisansi na Mazutu] ni ibyo bigomba kuzamuka byonyine. Niba transport [amafaranga y’ingendo] ntabwo yazamutse kuko ntayo bavuze mu byazamutse nta n’ibindi bigomba kuzamuka.”

Mukuralinda avuga ko mu gihe Guverinoma itaratangaza izamuka ry’ibiciro by’ibindi, nta muntu ukwiye kuririra ku izamuka ry’ibikomoka kuri peteroli ngo abizamure.

Ati “Kuko hari izindi miliyari 29 Frw Leta yatanze cyangwa se yanigomwe. Icyiciro cy’ingendo na cyo cyahawemo ayo mafaranga kugira ngo ibiciro niba bigomba no kuzamuka ntibizamuke ku murengera.”

Mukuralinda yavuze ko nibiba ngombwa ko n’ibindi biciro bizamuka, bizakorwa ariko ko mu gihe bitaratangazwa n’inzego zibifite mu nshingano, nta n’umuntu ukwiye kubizamura.

IKIGANIRO CYOSE MUKURALINDA YAGIRANYE NA RADIO 10

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

U Rwanda rwigeze kumwirukana rumwoherereza Uganda- Mugabe yavuze byinshi kuri Mukombozi wirukanywe na Uganda

Next Post

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Zambia yakiranywe urugwiro aganirira na mugenzi we ahantu hanogeye ijisho

Related Posts

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

IZIHERUKA

Why do young people quit jobs after a few months?
MU RWANDA

Why do young people quit jobs after a few months?

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

17/09/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

17/09/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

17/09/2025
Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

17/09/2025
Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

17/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Perezida Kagame muri Zambia yakiranywe urugwiro aganirira na mugenzi we ahantu hanogeye ijisho

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Zambia yakiranywe urugwiro aganirira na mugenzi we ahantu hanogeye ijisho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why do young people quit jobs after a few months?

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.