Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ninde uzabazwa amarira y’Abanyakigali bahagarara amasaha n’amasaha bategereje imodoka?- Impaka zongeye

radiotv10by radiotv10
25/07/2022
in MU RWANDA
0
Ninde uzabazwa amarira y’Abanyakigali bahagarara amasaha n’amasaha bategereje imodoka?- Impaka zongeye
Share on FacebookShare on Twitter

Ikibazo cy’abatega imodoka rusange mu Mujyi wa Kigali bamara amasaha n’amasaha bahagaze muri za Gare batereje imodoka za rusange, kimaze kuba nk’ivanjiri iterwa umwaka umwe ugashira undi ukaza, bigakomeza gutyo, ababishinzwe na bo bagakomeza kwicara mu biro byabo kandi bagahembwa mu misoro y’abo baturarwanda baba babiriye icyura muri gare.

Iki kibazo kimaze igihe kivugwa, n’ubu kiracyameze uko, nta mpinduka n’imwe irabaho mu gihe abarira bo bakomeza kwihanagura ariko ku bwo kubura uko bagira bagakomeza guteza izi modoka.

Ni ikibazo cyongeye kugarukwaho mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje nyuma yuko Umunyamakuru Nshimyumukiza Janvier uzwi nka Popote yongeye kukivugaho mu butumwa yashyize kuri Twitter ye kuri iki Cyumweru tariki 24 Nyakanga 2022.

Yagize ati “Iyi mirongo ibwira iki ababishinzwe mu Mujyi wa Kigali na RURA? Mu ntara ho hari competition, sosiyete imwe yigira nabi ukayoboka indi ariko muri Kigali wagira ngo aya makampani yaguze imihanda bayongeza abagenzi. Monopoly iri muri transport yungura nde?”

Iyi mirongo ibwira iki ababishinzwe muri @CityofKigali na @RURA_RWANDA ? Mu ntara ho hari competition, sosiyete imwe yigira nabi ukayoboka indi arko muri Kigali wagira ngo aya makampani yaguze imihanda bayongeza abagenzi. Monopoly iri muri transport yungura nde?

— Janvier POPOTE (@JanvierPopote) July 24, 2022

Uwitwa Joseph Tuyishime uri mu batanze igitekerezo kuri ubu butumwa, yavuze ko abagakwiye gukemura iki kibazo, batajya batega imodoka za rusange bityo ko badashobora kumva uburemere bwacyo.

Yagize ati “Bibaye itegeko ko nabo bakoresha public transport ikibazo cyahita gikemuka. Gusa njye ibyo mwita monopoly ntakibazo mbona twagakwiye kubigiraho! Ikibazo ni uko ntamodoka zihagije zihari! ntibaramenya agaciro k’igihe cyacu duta muri gare cyangwa ku byaba!”

Uwitwa Fabien Miracle Ntigurirwa we yavuze ko RURA yo isa n’iyateye umugongo iki kibazo kandi ari yo yakagikemuye.

Yagize ati “Gutaginga [kumenyesha] RURA rwose ujye ubireka nta rimwe bajya bagaragaza ko ibintu babibonye knd biri munshingano zabo gukemura ikibazo cya transport birababaje igihe tugezemo kubona umuntu amara amasaha 2 ku murongo knd agiye mu kazi. ibi bidindiza iterambere ry’igihugu.”

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali na bwo bwaje gutanga igitekerezo kuri ibi byinshi byanengaga imikorere ya serivisi zo gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali, bwizeza ko iki kibazo kigiye gushakirwa umuti.

Baturage b'Umujyi wa Kigali,
Turabashimira ku bwo gutanga ibitekerezo bigamije kunoza uburyo bwo gutwara abantu. Turabizeza ko turimo kuganira n'inzego zibishinzwe,na kampani zitwara abantu, mu rwego rwo gushakira umuti nyawo iki kibazo cy'ingendo mu Mujyi wacu.
Murakoze. pic.twitter.com/VFMPV5ilLJ

— City of Kigali (@CityofKigali) July 25, 2022

Bwagize buti “Turabashimira ku bwo gutanga ibitekerezo bigamije kunoza uburyo bwo gutwara abantu. Turabizeza ko turimo kuganira n’inzego zibishinzwe, na kampani zitwara abantu, mu rwego rwo gushakira umuti nyawo iki kibazo cy’ingendo mu Mujyi wacu.”

Ni ubutumwa nabwo bwongeye gutangwaho ibitekerezo, abantu bibaza icyabuze ngo ibyo bibazo bikemuke kuko bimaze igihe bivugwa.

Uwitwa Ruhumuriza 92 yagize ati “Ngo murimo kuganira? Ikibazo kimaze imyaka nyagateke none ngo muri kuganira? Ubwo reka dutegereze indi myaka 200 wenda nibwo kizacyemuka. Nubundi tegereza aturanye na heba kandi umusonga w’undi ntukubuza gusinzira. Maye se ko mwe mutajya mutega bus ubundi byabashishikaza bite?”

Uwitwa Nsenga Yabesi yagize ati “Muve mu magambo mushyire mu bikorwa kuko enough is enough igihe mwahereye twararushye!”

Uwitwa Aime Prosper ati “Birakabije rwose mukwiriye kubifatira umwanzuro urambye, kuko igihugu nk’u Rwanda gishaka gutera imbere ntabwo umuturage yari akwiriye gutakaza amasaha abiri cyangwa atatu ari ku murongo ategereje Bus.”

Naho konti yitwa CSF Foundation na yo yagize iti “Icyo muzihutira gukosora ni ugukuraho monopole ikomeye muri transports kuko bisa nkaho mwita ku bashoramari mukibagirwa abaturage kandi ari bo bakiriya bakwiye ibyiza no kubahwa. Imirongo miremire no gutegereza imodoka igihe kirerekire turabirambiwe kuko sibyo muri iyi generation.”

Iki kibazo cy’abaturage bamara umwanya munini aho bategera imodoka mu Mujyi wa Kigali, cyanagarutsweho mu nteko y’abaturage yabaye tariki 05 Mata 2022 yari yitabiriwe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungurije ushinzwe imiturire n’Ibikorwa Remezo, Dr Mpabwanamuguru Merard yari yagaragaje ko iki kibazo kigiye kuvugutirwa umuti, aho yari yavuze ko mu cyumweru cyari gukurikira icyari kirimo, hari hateganyijwe yagombaga guhuza Umujyi wa Kigali, RURA, RTDA na kompanyi zitwara abagenzi, bakarebera hamwe uko bakemura ibi bibazo.

Dr Mpabwanamuguru yari yavuze ko hari ibishobora gukemurwa mu gihe cya vuba ariko ko hari n’ibinsi bisaba igihe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + nine =

Previous Post

Nditeguye kandi n’Igihugu cyanjye cyantanzemo Umukandida-Mushikiwabo yemeje ko azongera guhatanira kuyobora Francophonie

Next Post

Kwamagana MONUSCO byafashe indi sura, Abanye-Congo bariye karungu bigabiza ibiro byayo barayisahura

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwamagana MONUSCO byafashe indi sura, Abanye-Congo bariye karungu bigabiza ibiro byayo barayisahura

Kwamagana MONUSCO byafashe indi sura, Abanye-Congo bariye karungu bigabiza ibiro byayo barayisahura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.