Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

NRM ifite benshi bansimbura- Museveni yahumurije abakeka ko ari gutegura Muhoozi kuzamusimbura

radiotv10by radiotv10
12/08/2022
in MU RWANDA
0
NRM ifite benshi bansimbura- Museveni yahumurije abakeka ko ari gutegura Muhoozi kuzamusimbura
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yamaze impungenge abakeka ko ari gutegura umuhungu we Gen Muhoozi Kainerugaba kugira ngo azamusimbure, avuga ko mu ishyaka rye harimo benshi bamusimbura.

Perezida Museveni yabivuze mu kiganiro yagiranye na BBC aho yavuze ko aho kugira ngo ategure Muhoozi Kainerugaba kugira ngo azamusimbure ahubwo yateguje ishyaka rye rya NRM gutegura abazamusimbura.

Museveni yavuze ibi mu gihe benshi mu banyapolitiki byumwihariko abatavuga rumwe na we, bemeza ko ari gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzamusimbura.

Benshi banabyemeje mu minsi ishize ubwo Muhoozi yagaragaraga mu bikorwa bya politiki y’Igihugu cye birimo kugira uruhare mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda.

Uyu muhungu wa Museveni usanzwe ari n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda, yanagaragaye yasuye abakuru b’Ibihugu bitandukanye barimo Paul Kagame w’u Rwanda, Abdel Fattah el Sisi wa Misiri ndetse na Uhuru Kenyatta wa Kenya uri gusoza manda ze.

Museveni muri iki kiganiro yagiranye na BBC, yagize ati “Sinigeze na rimwe mvuga ko NRM yabuze abayobozi. Kuva cyera navuze ko bahari kandi azava muri NRM.”

Akomeza ibyo kuba yifuza ko azasimburwa n’umuhungu we ndetse ko ari kumutegura mu bikorwa akomeje kugaragaramo, Museveni yakomeje agira ati “Oya, ari gukora akazi ke kandi mu gihe cye.”

Yakomeje agira ati “Urumva nakora ikoza ryo gutegura umuntu ku giti cye aho gutegura NRM? Njye nateguye NRM ndetse n’igisirikare. Bazamenya uzatuyobora igihe nikigera.”

Muri iki kiganiro, Perezida Museveni yavuze ibigwi umuhungu we Muhoozi, avuga ko yakuriye mu majye ubwo bari mu ishyamba ndetse ko ubwo barwanaga urumba rwo kubohora Igihugu yari Kadogo kandi ko ibyo yakoraga byose yabyitwaragamo neza.

Museveni n’umuhungu we Muhoozi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 4 =

Previous Post

Hamenyekanye inkuru nziza kuri Teta Sandra wari urembejwe n’inkoni za Weasel

Next Post

DRC: Batakambiye America bayisaba kujyayo gucukura amabuye y’agaciro

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Batakambiye America bayisaba kujyayo gucukura amabuye y’agaciro

DRC: Batakambiye America bayisaba kujyayo gucukura amabuye y’agaciro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.