Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

NRM ifite benshi bansimbura- Museveni yahumurije abakeka ko ari gutegura Muhoozi kuzamusimbura

radiotv10by radiotv10
12/08/2022
in MU RWANDA
0
NRM ifite benshi bansimbura- Museveni yahumurije abakeka ko ari gutegura Muhoozi kuzamusimbura
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yamaze impungenge abakeka ko ari gutegura umuhungu we Gen Muhoozi Kainerugaba kugira ngo azamusimbure, avuga ko mu ishyaka rye harimo benshi bamusimbura.

Perezida Museveni yabivuze mu kiganiro yagiranye na BBC aho yavuze ko aho kugira ngo ategure Muhoozi Kainerugaba kugira ngo azamusimbure ahubwo yateguje ishyaka rye rya NRM gutegura abazamusimbura.

Museveni yavuze ibi mu gihe benshi mu banyapolitiki byumwihariko abatavuga rumwe na we, bemeza ko ari gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzamusimbura.

Benshi banabyemeje mu minsi ishize ubwo Muhoozi yagaragaraga mu bikorwa bya politiki y’Igihugu cye birimo kugira uruhare mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda.

Uyu muhungu wa Museveni usanzwe ari n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda, yanagaragaye yasuye abakuru b’Ibihugu bitandukanye barimo Paul Kagame w’u Rwanda, Abdel Fattah el Sisi wa Misiri ndetse na Uhuru Kenyatta wa Kenya uri gusoza manda ze.

Museveni muri iki kiganiro yagiranye na BBC, yagize ati “Sinigeze na rimwe mvuga ko NRM yabuze abayobozi. Kuva cyera navuze ko bahari kandi azava muri NRM.”

Akomeza ibyo kuba yifuza ko azasimburwa n’umuhungu we ndetse ko ari kumutegura mu bikorwa akomeje kugaragaramo, Museveni yakomeje agira ati “Oya, ari gukora akazi ke kandi mu gihe cye.”

Yakomeje agira ati “Urumva nakora ikoza ryo gutegura umuntu ku giti cye aho gutegura NRM? Njye nateguye NRM ndetse n’igisirikare. Bazamenya uzatuyobora igihe nikigera.”

Muri iki kiganiro, Perezida Museveni yavuze ibigwi umuhungu we Muhoozi, avuga ko yakuriye mu majye ubwo bari mu ishyamba ndetse ko ubwo barwanaga urumba rwo kubohora Igihugu yari Kadogo kandi ko ibyo yakoraga byose yabyitwaragamo neza.

Museveni n’umuhungu we Muhoozi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Hamenyekanye inkuru nziza kuri Teta Sandra wari urembejwe n’inkoni za Weasel

Next Post

DRC: Batakambiye America bayisaba kujyayo gucukura amabuye y’agaciro

Related Posts

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

by radiotv10
30/01/2026
0

In Kigali, many young people are working hard to build their future, and that alone is something positive. Even though...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces
AMAHANGA

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Batakambiye America bayisaba kujyayo gucukura amabuye y’agaciro

DRC: Batakambiye America bayisaba kujyayo gucukura amabuye y’agaciro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.