Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

NRM ifite benshi bansimbura- Museveni yahumurije abakeka ko ari gutegura Muhoozi kuzamusimbura

radiotv10by radiotv10
12/08/2022
in MU RWANDA
0
NRM ifite benshi bansimbura- Museveni yahumurije abakeka ko ari gutegura Muhoozi kuzamusimbura
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yamaze impungenge abakeka ko ari gutegura umuhungu we Gen Muhoozi Kainerugaba kugira ngo azamusimbure, avuga ko mu ishyaka rye harimo benshi bamusimbura.

Perezida Museveni yabivuze mu kiganiro yagiranye na BBC aho yavuze ko aho kugira ngo ategure Muhoozi Kainerugaba kugira ngo azamusimbure ahubwo yateguje ishyaka rye rya NRM gutegura abazamusimbura.

Museveni yavuze ibi mu gihe benshi mu banyapolitiki byumwihariko abatavuga rumwe na we, bemeza ko ari gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzamusimbura.

Benshi banabyemeje mu minsi ishize ubwo Muhoozi yagaragaraga mu bikorwa bya politiki y’Igihugu cye birimo kugira uruhare mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda.

Uyu muhungu wa Museveni usanzwe ari n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda, yanagaragaye yasuye abakuru b’Ibihugu bitandukanye barimo Paul Kagame w’u Rwanda, Abdel Fattah el Sisi wa Misiri ndetse na Uhuru Kenyatta wa Kenya uri gusoza manda ze.

Museveni muri iki kiganiro yagiranye na BBC, yagize ati “Sinigeze na rimwe mvuga ko NRM yabuze abayobozi. Kuva cyera navuze ko bahari kandi azava muri NRM.”

Akomeza ibyo kuba yifuza ko azasimburwa n’umuhungu we ndetse ko ari kumutegura mu bikorwa akomeje kugaragaramo, Museveni yakomeje agira ati “Oya, ari gukora akazi ke kandi mu gihe cye.”

Yakomeje agira ati “Urumva nakora ikoza ryo gutegura umuntu ku giti cye aho gutegura NRM? Njye nateguye NRM ndetse n’igisirikare. Bazamenya uzatuyobora igihe nikigera.”

Muri iki kiganiro, Perezida Museveni yavuze ibigwi umuhungu we Muhoozi, avuga ko yakuriye mu majye ubwo bari mu ishyamba ndetse ko ubwo barwanaga urumba rwo kubohora Igihugu yari Kadogo kandi ko ibyo yakoraga byose yabyitwaragamo neza.

Museveni n’umuhungu we Muhoozi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + fifteen =

Previous Post

Hamenyekanye inkuru nziza kuri Teta Sandra wari urembejwe n’inkoni za Weasel

Next Post

DRC: Batakambiye America bayisaba kujyayo gucukura amabuye y’agaciro

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Batakambiye America bayisaba kujyayo gucukura amabuye y’agaciro

DRC: Batakambiye America bayisaba kujyayo gucukura amabuye y’agaciro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.