Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntabwo Itegeko ryo mu Rwanda risobanura ibiterasoni bihanwa- Me Evode

radiotv10by radiotv10
23/08/2022
in MU RWANDA
0
Ntabwo Itegeko ryo mu Rwanda risobanura ibiterasoni bihanwa- Me Evode
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamategeko Me Evode Kayitana usanzwe akora umwuga mu kunganira abandi mu mategeko, avuga ko ingingo y’itegeko ivuga ko cyaha cyo gukora ibiterasoni mu ruhame, iteye urujijo kuko itagaragaza urutonde ry’ibikorwa byafatwa nk’ibiterasoni cyangwa igipimo fatizo cyabyo.

Urubanza ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo ruregwamo Mugabekazi Liliane wavuzwe cyane kubera ikanzu yajyanye mu gitaramo yagaragazaga ibice bimwe by’ibanga, rwaravuzwe cyane mu cyumweru gishize.

Uyu mwari w’Umunyurwandakazi ukurikiranyweho icyaha cyo gukora ibiterasoni mu ruhame, waburanishijwe tariki 18 Kanama 2022 mu rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, yari yasabiwe gufungwa by’agateganyo ndetse Umucamanza apfundikira uru rubanza yemeza ko rwagombaga gusomwa ejo ku wa Kabiri tariki 23 Kanama 2022.

Isomwa ry’uru rubanza ryaje kuba ku munsi wakurikiye uw’iburanisha mu buryo butunguranye, Urukiko rwemeza ko uyu mukobwa arekurwa agakurikiranwa ari hanze.

Itegeko No68/2018 ryo ku wa 30/08/2018, riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo yaryo y’ 143 ifite umutwe ugira uti “Gukora ibiterasoni mu ruhame”, ivuga ko “Umuntu wese ukora ibiterasoni mu ruhame aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igihano cy’igifungo kitari munsi y’amezi atandatu (6) ariko kitarenze imyaka ibiri (2).”

Umunyamategeko Me Evode Kayitana usanzwe akora akazi ko kunganira abandi mu mategeko, mu kiganiro yagiranye na TV10, yavuze ko itegeko ryo mu Rwanda ridasobanura mu buryo butomoye iby’iki cyaha.

Me Evode Kayitana avuga ko ubundi itegeko rishyiraho ibyaha n’ibihano, avuga ko ibyaha bigombwa kwandikwa mu buryo bwumvikana.

Ati “Kwica ni ukwica, gutanga sheki itazigamiye birumvikana, gufata ku ngufu birumvikana ariko hari igihe ibyaha bimwe na bimwe binanirana kubisobanura, bakavuga bati…tuvuge ‘ibiterasoni’ cyangwa bakavuga ngo ‘n’ibindi bisa na byo’ ntabwo wamenya ibyo ari byo.”

Uyu munyamategeko avuga ko nko mu Bihugu bimwe ahagiye haba imanza zabaga ziburanishwamo ibyaha nk’ibi, bagiye bagaragaza ibikorwa bigize iki cyaha cyo gukora ibiterasoni.

Ati “Nko kwambara ubusa mu ruhame, cyangwa kwerekane igitsina mu ruhame, ibyo ni ibyaha bagiye bahana muri iki cyaha cyo gukora ibiterasoni.”

Me Evode Kayitana uvuga ko hari n’Ibihugu byagiye bishyiraho urutonde rw’ibikorwa bigize ibiterasoni, yagize ati “Ariko mu Rwanda bavuga ibiterasoni gusa ntabwo itegeko rivuga ibyo biterasoni ni ibihe.”

Avuga ko ubusanzwe inzego nyubahirizategeko ari zo ziba zikwiye kureba mu bushishozi bwazo, zikareba niba icyo gikorwa giteye isoni koko, zikaba ari zo zijyana mu rwego rw’ubucamanza uwakoze icyo gikorwa.

Me Evode Kayitana avuga ko iri tegeko riteganya iki cyaha, ryashyizweho rigamije kurengera imyifatire iboneye mu muryango nyarwanda hagendewe ku muco.

Ati “Birumvikana nta Gihugu cyabaho abantu bambara ubusa, kugeza ubu iki Gihugu ntakibaho ku Isi.”

Uyu munyamategeko usanzwe akora akazi ko kunganira abakekwaho ibyaha, avuga ko aramutse avuze agendeye mu murongo w’umwuga we, abona ibyakozwe na Mugabekazi Liliane, bitagize icyaha.

Ati “Kuko iki cyaha gishingira ku muco w’Igihugu. Ibiterasoni mu muco nyarwanda ni ibihe? Byatuma umuntu ajya muri Gereza […] nk’umwavoko ashobora kuvuga ati ‘uriya mukobwa bafunze ejobundi ukuntu yari yambaye, njye ndabona wenda umwana wanjye ntiyabyambara ariko ntibyatuma umuntu ajya muri Gereza’.”

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

Umugandekazi wari waburiye mu Rwanda hamenyekanye uko yabonetse

Next Post

Rutshuru: Abanye-Congo ngo barambiwe guhora babona FARDC ikubitwa inshuro na M23

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutshuru: Abanye-Congo ngo barambiwe guhora babona FARDC ikubitwa inshuro na M23

Rutshuru: Abanye-Congo ngo barambiwe guhora babona FARDC ikubitwa inshuro na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.