Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ntacibwa intege n’ibyo avugwaho n’abandi bagabo ahubwo abona bakwiye kumwigiraho

radiotv10by radiotv10
05/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ntacibwa intege n’ibyo avugwaho n’abandi bagabo ahubwo abona bakwiye kumwigiraho
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi avuga ko kuva umwana we yavuka ari we umwijyanira kumukingiza no kumuvuza kuko yasobanunikwe ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye, bikamutera no kudaha agaciro abagabo bagenzi be babimusekera.

Ntahomvukiye Felix, yaganiriye n’Umunyamakuru wa RADIOTV10 ubwo yamusangaga ku Kigo Nderabuzima cya Nyakabuye ahatangirwa inkingo z’abana.

Yari ari ku murongo ategereje ko umwana we akingirwa, ari we wenyine w’igitsinagabo wazanye gukingiza umwana, mu gihe abandi bose barenga 50 bari ababyeyi b’igitsinagore.

Mu mvugo yumvikanamo kuba atewe ishema no kuba ajya gukingiza umwana we, Ntahomvukiye avuga ko abikora kuko yamaze gucengerwa n’ihame ry’uburinganire ku buryo ibyo umugore yakora n’umugabo akwiye kubikora.

Ati “Abantu ni uburinganire. Hagati yanjye n’umugore tugomba kuba tureshya. Abanseka nyuma bagera aho bagasanga ibyo nkora ari byo.”

Bamwe mu bagore bahahurira n’uyu mugabo, bavuga ko kumubona yizanira umwana bibashimisha, ku buryo hari n’abifuza ko abagabo babo na bo bagira imyumvire nk’iye, kuko byajya bituma abana badasiba inkingo kuko ba nyina bagize impamvu zikomeye zituma batabazana.

Nyiransengiyumva Epiphanie ati “Hari abagabo bagenzi be bamwita inganzwa bakavuga ko bo batazana abana hano ngo kuko ari aba ba nyina. Hari abana bajya basiba inkingo kuko ba nyina batabonetse ugasanga ba Se baravuga ngo niba nyina atabonetse ibyo bimurebe.”

Rutayisire Fidele uyobora Umuryango utari uwa Leta uteza imbere ihame ry’uburinganire no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina bigizwemo uruhare n’abahabo n’abahungu (RWAMREC) asanga Ntahomvukiye ari urugero rwiza abandi bagabo bakwigiraho, kuko kwita ku mwana nk’uko abikora bituma umwana akura neza cyane cyane mu bwenge.

Agira ati “Abamuseka ni uko bakiri imbata z’imyumvire tuvoma mu muco. Imyumvire mibi ya ndi igabo ivuga ko imirimo yo kwita ku mwana ari imirimo y’umugore itareba umugabo. Iyo umubyeyi w’umupapa agize uruhare mu kwita ku mwana kugera nko ku myaka itanu, wa mwana akura neza n’iyo ajyiye ku ishuri atsinda neza.”

Rutayisire akomeza avuga ko abandi bagabo bakwiye kwigira kuri Ntahomvukiye bakajya bagira uruhare mu kwita ku bana babo nka we batabirekeye abagore gusa.

Avuga ko kuva umwana we yavuka ari we umwizanira kumukingiza
Iyo inzara imwishe amuha igikoma yamupfunyikiye
Abandi bose baba ari abagore, akaba ari we mugabo rukumbi uba ahari
Rutayisire Fidele asaba abandi bagabo kumwigiraho

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − five =

Previous Post

Umuvugizi wa RDF yahaye ikiganiro Abadepite baherutse kurahirira kwinjira mu Nteko y’u Rwanda

Next Post

Perimi za ‘Automatique’ zifujwe kuva cyera mu Rwanda zigiye gutangira gukorerwa

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru nziza ku cyifuzo cyakunze gutangwa ku bizamini bya ‘Permis’ mu Rwanda

Perimi za ‘Automatique’ zifujwe kuva cyera mu Rwanda zigiye gutangira gukorerwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.