Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ntacibwa intege n’ibyo avugwaho n’abandi bagabo ahubwo abona bakwiye kumwigiraho

radiotv10by radiotv10
05/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ntacibwa intege n’ibyo avugwaho n’abandi bagabo ahubwo abona bakwiye kumwigiraho
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi avuga ko kuva umwana we yavuka ari we umwijyanira kumukingiza no kumuvuza kuko yasobanunikwe ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye, bikamutera no kudaha agaciro abagabo bagenzi be babimusekera.

Ntahomvukiye Felix, yaganiriye n’Umunyamakuru wa RADIOTV10 ubwo yamusangaga ku Kigo Nderabuzima cya Nyakabuye ahatangirwa inkingo z’abana.

Yari ari ku murongo ategereje ko umwana we akingirwa, ari we wenyine w’igitsinagabo wazanye gukingiza umwana, mu gihe abandi bose barenga 50 bari ababyeyi b’igitsinagore.

Mu mvugo yumvikanamo kuba atewe ishema no kuba ajya gukingiza umwana we, Ntahomvukiye avuga ko abikora kuko yamaze gucengerwa n’ihame ry’uburinganire ku buryo ibyo umugore yakora n’umugabo akwiye kubikora.

Ati “Abantu ni uburinganire. Hagati yanjye n’umugore tugomba kuba tureshya. Abanseka nyuma bagera aho bagasanga ibyo nkora ari byo.”

Bamwe mu bagore bahahurira n’uyu mugabo, bavuga ko kumubona yizanira umwana bibashimisha, ku buryo hari n’abifuza ko abagabo babo na bo bagira imyumvire nk’iye, kuko byajya bituma abana badasiba inkingo kuko ba nyina bagize impamvu zikomeye zituma batabazana.

Nyiransengiyumva Epiphanie ati “Hari abagabo bagenzi be bamwita inganzwa bakavuga ko bo batazana abana hano ngo kuko ari aba ba nyina. Hari abana bajya basiba inkingo kuko ba nyina batabonetse ugasanga ba Se baravuga ngo niba nyina atabonetse ibyo bimurebe.”

Rutayisire Fidele uyobora Umuryango utari uwa Leta uteza imbere ihame ry’uburinganire no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina bigizwemo uruhare n’abahabo n’abahungu (RWAMREC) asanga Ntahomvukiye ari urugero rwiza abandi bagabo bakwigiraho, kuko kwita ku mwana nk’uko abikora bituma umwana akura neza cyane cyane mu bwenge.

Agira ati “Abamuseka ni uko bakiri imbata z’imyumvire tuvoma mu muco. Imyumvire mibi ya ndi igabo ivuga ko imirimo yo kwita ku mwana ari imirimo y’umugore itareba umugabo. Iyo umubyeyi w’umupapa agize uruhare mu kwita ku mwana kugera nko ku myaka itanu, wa mwana akura neza n’iyo ajyiye ku ishuri atsinda neza.”

Rutayisire akomeza avuga ko abandi bagabo bakwiye kwigira kuri Ntahomvukiye bakajya bagira uruhare mu kwita ku bana babo nka we batabirekeye abagore gusa.

Avuga ko kuva umwana we yavuka ari we umwizanira kumukingiza
Iyo inzara imwishe amuha igikoma yamupfunyikiye
Abandi bose baba ari abagore, akaba ari we mugabo rukumbi uba ahari
Rutayisire Fidele asaba abandi bagabo kumwigiraho

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 12 =

Previous Post

Umuvugizi wa RDF yahaye ikiganiro Abadepite baherutse kurahirira kwinjira mu Nteko y’u Rwanda

Next Post

Perimi za ‘Automatique’ zifujwe kuva cyera mu Rwanda zigiye gutangira gukorerwa

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru nziza ku cyifuzo cyakunze gutangwa ku bizamini bya ‘Permis’ mu Rwanda

Perimi za ‘Automatique’ zifujwe kuva cyera mu Rwanda zigiye gutangira gukorerwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.