Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntacyo wabanganya: Batumarana amezi 9 mu nda, bakatubyara, bakaducira incuro,…Umunsi w’abagore waje ute?

radiotv10by radiotv10
08/03/2022
in MU RWANDA
0
Ntacyo wabanganya: Batumarana amezi 9 mu nda, bakatubyara, bakaducira incuro,…Umunsi w’abagore waje ute?

Photo/Internet

Share on FacebookShare on Twitter

Abahanga bemeza ko umugore afatiye runini imibereho ya muntu kuko uretse kumubyara, anagira uruhare rukomeye mu kurema imbamutima, intekerezo n’imyitwarire bye. Tariki 08 Werurwe; ni Umunsi Mpuzamahanga w’abagore. Watangiye kwizihizwa ryari? Waje ute?…

Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore watangiye kwizihizwa ku rwego mpuzamahanga mu 1977 nyuma yo kwemezwa n’Umuryango w’Abibumbye.

Uyu Munsi Mpuzamahanga ufite igisobanuro gikomeye mu Rwanda kuko usanze iki Gihugu cyarateye intambwe itagereranywa mu guha ijambo n’agaciro abari n’abategarugori bari barahejwe mu butegetsi bwabanjirije Leta y’Ubumwe bw’Abanyarwanda.

Uje usanga mu Rwanda umubare munini w’abagore mu nzego zinyuranye zifata ibyemezo zinakomeye nko muri Guverinoma ubu bagera kuri 50%, mu nteko ishingamategeko bakaba bagera muri 60% ndetse mu bayobozi b’Uturere ubu bakaba bagera muri 35% (11/30) naho Abayobozi b’Intara n’Umujyi wa Kigali na bo baka bagera muri 40% (2/5).

 

Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore waje ute?

Tariki 08 Werurwe 1917 ubwo hariho ibihe by’impinduramatwara mu Burusiya, abagore barigaragambije basaba uburenganzira bw’Umugore wari ukomeje gukandamizwa no guhezwa muri byinshi.

Ibi byatumye mu 1921 hatangizwa kwizihiza uyu munsi w’abagore mu bice bya Asia ndetse ugenda ukwira mu mfuruka zinyuranye z’Isi aho mu 1909 muri Leta Zunze Ubumwe za America batangiye kuwizihiza tariki 28 Gashyantare ariko bo bawita Umunsi w’Abagore ku rwego rw’Igihugu.

Kubera ihezwa ndetse n’ikandamizwa ryakomeje gukorerwa abagore muri iyo myaka, byatumye mu 1977 Umuryango w’Abibumbye ushyiraho umunsi mpuzamahanga w’abagore ugirwa tariki 08 Werurwe nk’itariki yakoreweho imyigaragambyo y’abagore baharaniraga uburenganzira bwabo.

Kuva icyo gihe, Ibihugu binyuranye bagiye bitangira kwizihiza uyu munsi mpuzamahanga aho mu Rwanda watangiye kwizihizwa mu 2004.

Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore w’uyu mwaka wizihijwe mu gihe Isi yugarijwe n’ingaruka z’imihindagukire y’ikirere, ukaba waranahujwe n’iki kibazo kuko ufite insanganyamatsiko igira iti “Uburinganire n’ubwuzuzanye mu mihindagurikire y’ibihe.”

AMWE MU MAFOTO YASHYIZWE KU MBUGA NKORANYAMBAGA Z’IBIGO BYA LETA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + twelve =

Previous Post

Nubwo turi aba mbere urugamba ruracyari rwose- Gen.Mubarakh yahaye abakinnyi ba APR ubutumwa bukomeye

Next Post

Ngororero: Abanyeshuri bari bakatiwe imyaka 5 bikavugisha benshi bagabanyirijwe ibihano bahita barekurwa

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

IZIHERUKA

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo
MU RWANDA

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngororero: Abanyeshuri bari bakatiwe imyaka 5 bikavugisha benshi bagabanyirijwe ibihano bahita barekurwa

Ngororero: Abanyeshuri bari bakatiwe imyaka 5 bikavugisha benshi bagabanyirijwe ibihano bahita barekurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.