Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntacyo wabanganya: Batumarana amezi 9 mu nda, bakatubyara, bakaducira incuro,…Umunsi w’abagore waje ute?

radiotv10by radiotv10
08/03/2022
in MU RWANDA
0
Ntacyo wabanganya: Batumarana amezi 9 mu nda, bakatubyara, bakaducira incuro,…Umunsi w’abagore waje ute?

Photo/Internet

Share on FacebookShare on Twitter

Abahanga bemeza ko umugore afatiye runini imibereho ya muntu kuko uretse kumubyara, anagira uruhare rukomeye mu kurema imbamutima, intekerezo n’imyitwarire bye. Tariki 08 Werurwe; ni Umunsi Mpuzamahanga w’abagore. Watangiye kwizihizwa ryari? Waje ute?…

Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore watangiye kwizihizwa ku rwego mpuzamahanga mu 1977 nyuma yo kwemezwa n’Umuryango w’Abibumbye.

Uyu Munsi Mpuzamahanga ufite igisobanuro gikomeye mu Rwanda kuko usanze iki Gihugu cyarateye intambwe itagereranywa mu guha ijambo n’agaciro abari n’abategarugori bari barahejwe mu butegetsi bwabanjirije Leta y’Ubumwe bw’Abanyarwanda.

Uje usanga mu Rwanda umubare munini w’abagore mu nzego zinyuranye zifata ibyemezo zinakomeye nko muri Guverinoma ubu bagera kuri 50%, mu nteko ishingamategeko bakaba bagera muri 60% ndetse mu bayobozi b’Uturere ubu bakaba bagera muri 35% (11/30) naho Abayobozi b’Intara n’Umujyi wa Kigali na bo baka bagera muri 40% (2/5).

 

Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore waje ute?

Tariki 08 Werurwe 1917 ubwo hariho ibihe by’impinduramatwara mu Burusiya, abagore barigaragambije basaba uburenganzira bw’Umugore wari ukomeje gukandamizwa no guhezwa muri byinshi.

Ibi byatumye mu 1921 hatangizwa kwizihiza uyu munsi w’abagore mu bice bya Asia ndetse ugenda ukwira mu mfuruka zinyuranye z’Isi aho mu 1909 muri Leta Zunze Ubumwe za America batangiye kuwizihiza tariki 28 Gashyantare ariko bo bawita Umunsi w’Abagore ku rwego rw’Igihugu.

Kubera ihezwa ndetse n’ikandamizwa ryakomeje gukorerwa abagore muri iyo myaka, byatumye mu 1977 Umuryango w’Abibumbye ushyiraho umunsi mpuzamahanga w’abagore ugirwa tariki 08 Werurwe nk’itariki yakoreweho imyigaragambyo y’abagore baharaniraga uburenganzira bwabo.

Kuva icyo gihe, Ibihugu binyuranye bagiye bitangira kwizihiza uyu munsi mpuzamahanga aho mu Rwanda watangiye kwizihizwa mu 2004.

Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore w’uyu mwaka wizihijwe mu gihe Isi yugarijwe n’ingaruka z’imihindagukire y’ikirere, ukaba waranahujwe n’iki kibazo kuko ufite insanganyamatsiko igira iti “Uburinganire n’ubwuzuzanye mu mihindagurikire y’ibihe.”

AMWE MU MAFOTO YASHYIZWE KU MBUGA NKORANYAMBAGA Z’IBIGO BYA LETA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 5 =

Previous Post

Nubwo turi aba mbere urugamba ruracyari rwose- Gen.Mubarakh yahaye abakinnyi ba APR ubutumwa bukomeye

Next Post

Ngororero: Abanyeshuri bari bakatiwe imyaka 5 bikavugisha benshi bagabanyirijwe ibihano bahita barekurwa

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngororero: Abanyeshuri bari bakatiwe imyaka 5 bikavugisha benshi bagabanyirijwe ibihano bahita barekurwa

Ngororero: Abanyeshuri bari bakatiwe imyaka 5 bikavugisha benshi bagabanyirijwe ibihano bahita barekurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.