Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntacyo wabanganya: Batumarana amezi 9 mu nda, bakatubyara, bakaducira incuro,…Umunsi w’abagore waje ute?

radiotv10by radiotv10
08/03/2022
in MU RWANDA
0
Ntacyo wabanganya: Batumarana amezi 9 mu nda, bakatubyara, bakaducira incuro,…Umunsi w’abagore waje ute?

Photo/Internet

Share on FacebookShare on Twitter

Abahanga bemeza ko umugore afatiye runini imibereho ya muntu kuko uretse kumubyara, anagira uruhare rukomeye mu kurema imbamutima, intekerezo n’imyitwarire bye. Tariki 08 Werurwe; ni Umunsi Mpuzamahanga w’abagore. Watangiye kwizihizwa ryari? Waje ute?…

Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore watangiye kwizihizwa ku rwego mpuzamahanga mu 1977 nyuma yo kwemezwa n’Umuryango w’Abibumbye.

Uyu Munsi Mpuzamahanga ufite igisobanuro gikomeye mu Rwanda kuko usanze iki Gihugu cyarateye intambwe itagereranywa mu guha ijambo n’agaciro abari n’abategarugori bari barahejwe mu butegetsi bwabanjirije Leta y’Ubumwe bw’Abanyarwanda.

Uje usanga mu Rwanda umubare munini w’abagore mu nzego zinyuranye zifata ibyemezo zinakomeye nko muri Guverinoma ubu bagera kuri 50%, mu nteko ishingamategeko bakaba bagera muri 60% ndetse mu bayobozi b’Uturere ubu bakaba bagera muri 35% (11/30) naho Abayobozi b’Intara n’Umujyi wa Kigali na bo baka bagera muri 40% (2/5).

 

Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore waje ute?

Tariki 08 Werurwe 1917 ubwo hariho ibihe by’impinduramatwara mu Burusiya, abagore barigaragambije basaba uburenganzira bw’Umugore wari ukomeje gukandamizwa no guhezwa muri byinshi.

Ibi byatumye mu 1921 hatangizwa kwizihiza uyu munsi w’abagore mu bice bya Asia ndetse ugenda ukwira mu mfuruka zinyuranye z’Isi aho mu 1909 muri Leta Zunze Ubumwe za America batangiye kuwizihiza tariki 28 Gashyantare ariko bo bawita Umunsi w’Abagore ku rwego rw’Igihugu.

Kubera ihezwa ndetse n’ikandamizwa ryakomeje gukorerwa abagore muri iyo myaka, byatumye mu 1977 Umuryango w’Abibumbye ushyiraho umunsi mpuzamahanga w’abagore ugirwa tariki 08 Werurwe nk’itariki yakoreweho imyigaragambyo y’abagore baharaniraga uburenganzira bwabo.

Kuva icyo gihe, Ibihugu binyuranye bagiye bitangira kwizihiza uyu munsi mpuzamahanga aho mu Rwanda watangiye kwizihizwa mu 2004.

Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore w’uyu mwaka wizihijwe mu gihe Isi yugarijwe n’ingaruka z’imihindagukire y’ikirere, ukaba waranahujwe n’iki kibazo kuko ufite insanganyamatsiko igira iti “Uburinganire n’ubwuzuzanye mu mihindagurikire y’ibihe.”

AMWE MU MAFOTO YASHYIZWE KU MBUGA NKORANYAMBAGA Z’IBIGO BYA LETA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − ten =

Previous Post

Nubwo turi aba mbere urugamba ruracyari rwose- Gen.Mubarakh yahaye abakinnyi ba APR ubutumwa bukomeye

Next Post

Ngororero: Abanyeshuri bari bakatiwe imyaka 5 bikavugisha benshi bagabanyirijwe ibihano bahita barekurwa

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya
FOOTBALL

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngororero: Abanyeshuri bari bakatiwe imyaka 5 bikavugisha benshi bagabanyirijwe ibihano bahita barekurwa

Ngororero: Abanyeshuri bari bakatiwe imyaka 5 bikavugisha benshi bagabanyirijwe ibihano bahita barekurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.