Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntibikwiye kugera aho- Perezida yasabye Abayobozi kudategereza ko abaturage batabaza ku mbuga nkoranyambaga

radiotv10by radiotv10
26/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ntibikwiye kugera aho- Perezida yasabye Abayobozi kudategereza ko abaturage batabaza ku mbuga nkoranyambaga
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yasabye Abasenateri bagize Sena nshya n’abandi bayobozi mu nzego zinyuranye kudategereza ko ibibazo by’abaturage bimenyekana ari uko babyitangarije ku mbuga nkoranyambaga, ahubwo ko bakwiye kubimenya mbere yo gutabaza.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 26 Nzeri 2024 ubwo yakiraga indahiro z’Abasenateri 20 muri 26 bagize Sena nshya y’u Rwanda.

Perezida Kagame avuga ko Abasenateri bagize iyi Sena nshya Abasenateri bagomba gukorana, ndetse bakibuka ko bakorera abaturage.

Yavuze ko mu nshingano zabo, bagomba kwibuka ko umuturage agomba kuza ku isonga, kandi hakirindwa ko hari n’umwe usigara inyuma.

Perezida Kagame kandi yavuze ko binashimishije kubona iyi Sena nshya y’u Rwanda yajemo umubare munini w’abategarugori kurusha uko byari bimeze muri manda icyuye igihe.

Ati “Nashimye kubona muri Sena dufite umubare w’abategarugori utubutse, birashimishije no mu zindi nzego, hakwiye kubamo umubare uhagije.

Umukuru w’u Rwanda yibukije abayobozi bari mu nzego nk’izi, ko bagomba kwirinda kunyura inzira y’ubusamo ngo bakoreshe nabi ububasha bafite, ngo babe bakurura bishyira.

Ati “Turashaka kugira ngo dukore ibintu neza, binyuze mu mucyo biganisha Abanyarwanda aheza kuri benshi. Kubazwa inshingano rero bifite uburemere.”

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rufite bicye, kandi ko bigomba gukoreshwa neza kugira ngo bigirire umusaruro abaturage kuko ari bo bakorera.

Yavuze ko Abayobozi nkabo badakwiye gutegereza ko abaturage bazamura amajwi y’ibibazo bafite, ahubwo na bo bakajya bamanuka bakabikurikirana bakamenya ibigomba gukemurwa bitagombye gutegereza ko abaturage batabaza ku mbuga nkoranyambaga.

Ati “Ndasaba nanone gukurikirana, ibintu byo kujya tubona ibibazo by’abaturage hirya, ni byiza twabonye internet dufite ikoranabuhanga. Kujya tumenya ibibazo by’Abanya binyuze mu mbuga nkoranyambaga, ukabona umuntu yohereje ikintu avuga ati ‘ariko mwadutabaye aha muri aka Karere muri uyu Murenge ko ibintu bitameze neza…’ ntabwo bikwiye kugera aho, dukwiye kuba tubizi kubera ko ni cyo Sena n’izindi nzego zibereyeho. Ntabwo ari ukugira ngo ibintu bibasange hano muri iyi Ngoro twicayemo, dukwiye kugera kuri bariya baturage.”

Perezida Kagame yasabye n’abandi bayobozi bose guhora iteka bibuka inshingano zabo, kandi iteka inyungu z’umuturage zikaza imbere, ndetse n’ibibazo Abanyarwanda bafite bikamenyekana kandi bikanakemuka mu maguru mashya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 6 =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Menya Perezida na ba Visi Perezida ba Sena nshya y’u Rwanda

Next Post

Ibyaranze umunsi wa mbere Congo n’u Rwanda byitaba Urukiko mu rubanza rw’ibirego by’ibimaze imyaka 25

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyaranze umunsi wa mbere Congo n’u Rwanda byitaba Urukiko mu rubanza rw’ibirego by’ibimaze imyaka 25

Ibyaranze umunsi wa mbere Congo n’u Rwanda byitaba Urukiko mu rubanza rw’ibirego by’ibimaze imyaka 25

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.