Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntibikwiye kugera aho- Perezida yasabye Abayobozi kudategereza ko abaturage batabaza ku mbuga nkoranyambaga

radiotv10by radiotv10
26/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ntibikwiye kugera aho- Perezida yasabye Abayobozi kudategereza ko abaturage batabaza ku mbuga nkoranyambaga
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yasabye Abasenateri bagize Sena nshya n’abandi bayobozi mu nzego zinyuranye kudategereza ko ibibazo by’abaturage bimenyekana ari uko babyitangarije ku mbuga nkoranyambaga, ahubwo ko bakwiye kubimenya mbere yo gutabaza.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 26 Nzeri 2024 ubwo yakiraga indahiro z’Abasenateri 20 muri 26 bagize Sena nshya y’u Rwanda.

Perezida Kagame avuga ko Abasenateri bagize iyi Sena nshya Abasenateri bagomba gukorana, ndetse bakibuka ko bakorera abaturage.

Yavuze ko mu nshingano zabo, bagomba kwibuka ko umuturage agomba kuza ku isonga, kandi hakirindwa ko hari n’umwe usigara inyuma.

Perezida Kagame kandi yavuze ko binashimishije kubona iyi Sena nshya y’u Rwanda yajemo umubare munini w’abategarugori kurusha uko byari bimeze muri manda icyuye igihe.

Ati “Nashimye kubona muri Sena dufite umubare w’abategarugori utubutse, birashimishije no mu zindi nzego, hakwiye kubamo umubare uhagije.

Umukuru w’u Rwanda yibukije abayobozi bari mu nzego nk’izi, ko bagomba kwirinda kunyura inzira y’ubusamo ngo bakoreshe nabi ububasha bafite, ngo babe bakurura bishyira.

Ati “Turashaka kugira ngo dukore ibintu neza, binyuze mu mucyo biganisha Abanyarwanda aheza kuri benshi. Kubazwa inshingano rero bifite uburemere.”

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rufite bicye, kandi ko bigomba gukoreshwa neza kugira ngo bigirire umusaruro abaturage kuko ari bo bakorera.

Yavuze ko Abayobozi nkabo badakwiye gutegereza ko abaturage bazamura amajwi y’ibibazo bafite, ahubwo na bo bakajya bamanuka bakabikurikirana bakamenya ibigomba gukemurwa bitagombye gutegereza ko abaturage batabaza ku mbuga nkoranyambaga.

Ati “Ndasaba nanone gukurikirana, ibintu byo kujya tubona ibibazo by’abaturage hirya, ni byiza twabonye internet dufite ikoranabuhanga. Kujya tumenya ibibazo by’Abanya binyuze mu mbuga nkoranyambaga, ukabona umuntu yohereje ikintu avuga ati ‘ariko mwadutabaye aha muri aka Karere muri uyu Murenge ko ibintu bitameze neza…’ ntabwo bikwiye kugera aho, dukwiye kuba tubizi kubera ko ni cyo Sena n’izindi nzego zibereyeho. Ntabwo ari ukugira ngo ibintu bibasange hano muri iyi Ngoro twicayemo, dukwiye kugera kuri bariya baturage.”

Perezida Kagame yasabye n’abandi bayobozi bose guhora iteka bibuka inshingano zabo, kandi iteka inyungu z’umuturage zikaza imbere, ndetse n’ibibazo Abanyarwanda bafite bikamenyekana kandi bikanakemuka mu maguru mashya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 16 =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Menya Perezida na ba Visi Perezida ba Sena nshya y’u Rwanda

Next Post

Ibyaranze umunsi wa mbere Congo n’u Rwanda byitaba Urukiko mu rubanza rw’ibirego by’ibimaze imyaka 25

Related Posts

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year
IMIBEREHO MYIZA

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyaranze umunsi wa mbere Congo n’u Rwanda byitaba Urukiko mu rubanza rw’ibirego by’ibimaze imyaka 25

Ibyaranze umunsi wa mbere Congo n’u Rwanda byitaba Urukiko mu rubanza rw’ibirego by’ibimaze imyaka 25

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.