Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntibikwiye kugera aho- Perezida yasabye Abayobozi kudategereza ko abaturage batabaza ku mbuga nkoranyambaga

radiotv10by radiotv10
26/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ntibikwiye kugera aho- Perezida yasabye Abayobozi kudategereza ko abaturage batabaza ku mbuga nkoranyambaga
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yasabye Abasenateri bagize Sena nshya n’abandi bayobozi mu nzego zinyuranye kudategereza ko ibibazo by’abaturage bimenyekana ari uko babyitangarije ku mbuga nkoranyambaga, ahubwo ko bakwiye kubimenya mbere yo gutabaza.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 26 Nzeri 2024 ubwo yakiraga indahiro z’Abasenateri 20 muri 26 bagize Sena nshya y’u Rwanda.

Perezida Kagame avuga ko Abasenateri bagize iyi Sena nshya Abasenateri bagomba gukorana, ndetse bakibuka ko bakorera abaturage.

Yavuze ko mu nshingano zabo, bagomba kwibuka ko umuturage agomba kuza ku isonga, kandi hakirindwa ko hari n’umwe usigara inyuma.

Perezida Kagame kandi yavuze ko binashimishije kubona iyi Sena nshya y’u Rwanda yajemo umubare munini w’abategarugori kurusha uko byari bimeze muri manda icyuye igihe.

Ati “Nashimye kubona muri Sena dufite umubare w’abategarugori utubutse, birashimishije no mu zindi nzego, hakwiye kubamo umubare uhagije.

Umukuru w’u Rwanda yibukije abayobozi bari mu nzego nk’izi, ko bagomba kwirinda kunyura inzira y’ubusamo ngo bakoreshe nabi ububasha bafite, ngo babe bakurura bishyira.

Ati “Turashaka kugira ngo dukore ibintu neza, binyuze mu mucyo biganisha Abanyarwanda aheza kuri benshi. Kubazwa inshingano rero bifite uburemere.”

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rufite bicye, kandi ko bigomba gukoreshwa neza kugira ngo bigirire umusaruro abaturage kuko ari bo bakorera.

Yavuze ko Abayobozi nkabo badakwiye gutegereza ko abaturage bazamura amajwi y’ibibazo bafite, ahubwo na bo bakajya bamanuka bakabikurikirana bakamenya ibigomba gukemurwa bitagombye gutegereza ko abaturage batabaza ku mbuga nkoranyambaga.

Ati “Ndasaba nanone gukurikirana, ibintu byo kujya tubona ibibazo by’abaturage hirya, ni byiza twabonye internet dufite ikoranabuhanga. Kujya tumenya ibibazo by’Abanya binyuze mu mbuga nkoranyambaga, ukabona umuntu yohereje ikintu avuga ati ‘ariko mwadutabaye aha muri aka Karere muri uyu Murenge ko ibintu bitameze neza…’ ntabwo bikwiye kugera aho, dukwiye kuba tubizi kubera ko ni cyo Sena n’izindi nzego zibereyeho. Ntabwo ari ukugira ngo ibintu bibasange hano muri iyi Ngoro twicayemo, dukwiye kugera kuri bariya baturage.”

Perezida Kagame yasabye n’abandi bayobozi bose guhora iteka bibuka inshingano zabo, kandi iteka inyungu z’umuturage zikaza imbere, ndetse n’ibibazo Abanyarwanda bafite bikamenyekana kandi bikanakemuka mu maguru mashya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + eighteen =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Menya Perezida na ba Visi Perezida ba Sena nshya y’u Rwanda

Next Post

Ibyaranze umunsi wa mbere Congo n’u Rwanda byitaba Urukiko mu rubanza rw’ibirego by’ibimaze imyaka 25

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyaranze umunsi wa mbere Congo n’u Rwanda byitaba Urukiko mu rubanza rw’ibirego by’ibimaze imyaka 25

Ibyaranze umunsi wa mbere Congo n’u Rwanda byitaba Urukiko mu rubanza rw’ibirego by’ibimaze imyaka 25

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.