Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntibiteze kubaho-Ubutumwa bwa Perezida ku washaka gusubiza Abanyarwanda muri Jenoside

radiotv10by radiotv10
17/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ntibiteze kubaho-Ubutumwa bwa Perezida ku washaka gusubiza Abanyarwanda muri Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ntagishobora gutuma u Rwanda rusubira cyangwa rusubizwa mu byabaye mu myaka 30 ishize, kabone n’iyo byaba bikozwe n’umunyabubasha hatitawe ku bushobozi yaba afite bwose.

Perezida wa Repubulika yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 16 Mutarama 2025 mu kiganiro yagiranye n’abahagarariye mu Rwanda imiryango mpuzamahanga n’Ibihugu byabo.

Perezida Kagame yasangije aba badipomate ishusho y’u Rwanda, mu karere, ku bijyanye n’ingingo zinyuranye zirimo amahoro n’umutekano, yavuze ku myitwarire ikunze kuranga Ibihugu by’ibihangange, bihora bitoza ibindi indangagaciro n’amahame bigomba kugenderaho.

Ati “Mu mibanire yacu n’abandi, hari abantu bavuga indangagaciro, inyungu, ko abantu bagomba kubigerago ku kigero cyo hejuru, ibyo ndabyemera ko abantu bagomba kurangwa n’ibyo, ariko iyo uvuze ibyo, uba ushatse kuvuga iki? indangagaciro, inyungu? Zagenderwaho n’abantu bose zigomba kuba zisa?”

Yavuze ko abantu bagira indangagaciro bagenderaho aho kuba bagendera ku zo bahatiwe n’Igihugu runaka cyangwa uwo ari we wese.

Yavuze kandi iyo umuntu arebye ibiri kubera ku Isi muri iki gihe, bigaragaza ko nta ndangagaciro zisa zibaho, kuko n’abazigisha, na bo bafite ibibazo.

Ati “mpita nibaza nti ‘ese hari igihe aho indangagaciro inyungu abo bantu bavuga ziba zimwe ku buryo hari iziruta izindi, ku buryo abantu bazigenderaho.”

 

Jenoside ntishoboka n’iyo yazanwa n’umunyabubasha

Perezida Paul Kagame yavuze ko umutwe wa FDLR wasize uhekuye u Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye abarenga miliyoni imwe, bakorana n’ubutegetsi bwa Congo, kugira ngo bazagaruke kurangiza umugambi wabo, ariko ko ibyo batekereza n’ibyo bifuza bidashobora kugerwaho.

Yavuze ko u Rwanda rwababaye bihagije ku buryo rudashobora kugira ikindi. Ati “Dushobora guhura n’ibindi bibazo, mu buryo bumwe cyangwa ubundi, ariko ntibizongera ntibizongera ko ibyabaye mu myaka 30 byakongera kuba ukundi, tutitaye ku budahangarwa uko bwaba bungana kose bw’uwashaka kubigarura.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko uwashaka gusubiza u Rwanda mu byabaye, cyeretse aramutse ahanaguye iki Gihugu ku ikarita y’Isi, ariko ko kongera kuzana Jenoside, byo ari inzozi zidashoboka.

Perezida Kagame kandi avuga ko Ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika byari bikwiye na byo kwiyumvamo izi mbaraga zo kutavugirwamo no kutavogerwa.

Yavuze ko yagiye agirana ibiganiro n’abayobozi banyuranye kuri uyu Mugabane, bakavugana ku kuba Ibihugu bigomba kwigira, bikikemurira ibibazo, aho gutegereza ak’imuhana kuko kaza imvura ihise.

Ariko ko ikibabaje ari uko hari abatabyumva uko, ahubwo bagakomeza kugendera ku byo babibwemo, bagahora bashinja bagenzi babo ibinyoma, kuko bananiwe kwikemurira ibibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

Nta na rimwe yigeze atorwa muri manda zombi- Perezida Kagame avuga kuri Tshisekedi

Next Post

Abapolisi b’u Rwanda biganjemo ab’igitsinagore bagiye mu butumwa bw’amahoro bwa LONI

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri
IBYAMAMARE

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abapolisi b’u Rwanda biganjemo ab’igitsinagore bagiye mu butumwa bw’amahoro bwa LONI

Abapolisi b’u Rwanda biganjemo ab’igitsinagore bagiye mu butumwa bw’amahoro bwa LONI

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.