Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntitwaba munyangire ku batubaye hafi imyaka 100- Museveni yahaye u Burusiya isezerano rikomeye

radiotv10by radiotv10
27/07/2022
in MU RWANDA
0
Ntitwaba munyangire ku batubaye hafi imyaka 100- Museveni yahaye u Burusiya isezerano rikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yavuze ko u Burusiya bwabaye hafi Umugabane wa Afurika igihe kinini bityo udashobora kuba munyangire ngo wange iki Gihugu mu gihe wanababariye abawukolonije.

Yabivuze kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Nyakanga 2022 ubwo yakirara Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya Sergey Lavrov, uri mu ruzinduko muri Afurika.

Museveni ukunze kugaruka mu mateka yo hambere, yavuze ko u Burusiya bwafashije Ibihugu bimwe byo ku Mugabane wa Afurika kwigobotora ba gashakabuhake bawukolonije imyaka myinshi.

Yagarutse ku ishyaka rya ANC rifite amateka muri Afurika y’Epfo, avuga ko u Burusiya bwatangiye kuba hafi ya Afurika ubwo uyu mutwe wa Politiki washingwaga.

Yavuze ko kuva mu 1917 ubwo habaga impinduramatwara za Bolshevik, ari bwo u Burusiya bwatangiye gufasha Afurika kwigobotora ubukoloni, avuga ko nubwo abakozi izi mpinduramatwara batavugwaho rumwe ariko ko bafashije uyu Mugabane ufatwa nk’uwasigaye inyuma.

Agira ati “Abanya-Uganda ndetse nanjye ubwanjye duhaye ikaze nyakubahwa Sergey Lavrov, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya. U Burusiya bwadufashije mu rugamba rwo kurwanya ubukoloni mu gihe cy’imyaka 100 kandi ibyo ndabishimira no kuba bwarakomeje kubanira neza Uganda.”

Ati “None ni gute wahita udasaba kurwanya abo bantu batubaye hafi mu myaka 100 yose? Ko twababariye abadukoreye ibintu bibi tukaba turi no gukorana na bo, ni gute tutabikorera abatarigeze batugirira nabi?”

Ubwo u Burusiya bwashozaga intambara muri Ukraine, Ibihugu by’ibihangange ku Isi, byarahagurutse byamagana iki Gihugu ndetse binagifatira imyanzuro yo kugikomanyiriza mu bijyanye n’ubucuruzi mpuzamahanga.

Perezida Museveni ubwo yakirara Lavrov, yagarutse ku byo iki Gihugu cyafashije Umugabane wa Afurika, avuga ko uyu Mugabane wifuza gukorana na cyo nkuko ikorana n’abandi bose.

Yagize ati “Twifuza gukorana ubucuruzi n’u Burusiya kandi tunifuza guhahirana n’Ibihugu byose byo ku Isi, ntidushaka kuba ba munyangire, oya, ntitwifuza ko abanzi bacu baba abanzi b’abandi.”

Sergey Lavrov wagiriye uruzinduko muri Uganda avuye muri Congo Brazzaville, ari kugenderera Ibihugu binyuranye byo ku Mugabane wa Afurika mu rwego rwo gutegura inama izahuza u Burusiya na Afurika iteganyijwe mu mpera z’uyu mwaka izabera i Addis Ababa muri Ethiopia.

Ni inama iba igamije kurebera hamwe inguni z’ishoramari hagati y’iki Gihugu ndetse n’Ibihugu bya Afurika.

Museveni yakiriye Sergey Lavrov n’itsinda ayoboye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 17 =

Previous Post

N’abasirikare ntibatanzwe…Bitwikiriye kwamagana MONUSCO bayisahura kuva kuri matela kugeza ku kiyiko

Next Post

Abamaze kugwa mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO biyongereye bagera kuri 15 barimo n’abasirikare

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi
IBYAMAMARE

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abamaze kugwa mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO biyongereye bagera kuri 15 barimo n’abasirikare

Abamaze kugwa mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO biyongereye bagera kuri 15 barimo n’abasirikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.