Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntitwaba munyangire ku batubaye hafi imyaka 100- Museveni yahaye u Burusiya isezerano rikomeye

radiotv10by radiotv10
27/07/2022
in MU RWANDA
0
Ntitwaba munyangire ku batubaye hafi imyaka 100- Museveni yahaye u Burusiya isezerano rikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yavuze ko u Burusiya bwabaye hafi Umugabane wa Afurika igihe kinini bityo udashobora kuba munyangire ngo wange iki Gihugu mu gihe wanababariye abawukolonije.

Yabivuze kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Nyakanga 2022 ubwo yakirara Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya Sergey Lavrov, uri mu ruzinduko muri Afurika.

Museveni ukunze kugaruka mu mateka yo hambere, yavuze ko u Burusiya bwafashije Ibihugu bimwe byo ku Mugabane wa Afurika kwigobotora ba gashakabuhake bawukolonije imyaka myinshi.

Yagarutse ku ishyaka rya ANC rifite amateka muri Afurika y’Epfo, avuga ko u Burusiya bwatangiye kuba hafi ya Afurika ubwo uyu mutwe wa Politiki washingwaga.

Yavuze ko kuva mu 1917 ubwo habaga impinduramatwara za Bolshevik, ari bwo u Burusiya bwatangiye gufasha Afurika kwigobotora ubukoloni, avuga ko nubwo abakozi izi mpinduramatwara batavugwaho rumwe ariko ko bafashije uyu Mugabane ufatwa nk’uwasigaye inyuma.

Agira ati “Abanya-Uganda ndetse nanjye ubwanjye duhaye ikaze nyakubahwa Sergey Lavrov, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya. U Burusiya bwadufashije mu rugamba rwo kurwanya ubukoloni mu gihe cy’imyaka 100 kandi ibyo ndabishimira no kuba bwarakomeje kubanira neza Uganda.”

Ati “None ni gute wahita udasaba kurwanya abo bantu batubaye hafi mu myaka 100 yose? Ko twababariye abadukoreye ibintu bibi tukaba turi no gukorana na bo, ni gute tutabikorera abatarigeze batugirira nabi?”

Ubwo u Burusiya bwashozaga intambara muri Ukraine, Ibihugu by’ibihangange ku Isi, byarahagurutse byamagana iki Gihugu ndetse binagifatira imyanzuro yo kugikomanyiriza mu bijyanye n’ubucuruzi mpuzamahanga.

Perezida Museveni ubwo yakirara Lavrov, yagarutse ku byo iki Gihugu cyafashije Umugabane wa Afurika, avuga ko uyu Mugabane wifuza gukorana na cyo nkuko ikorana n’abandi bose.

Yagize ati “Twifuza gukorana ubucuruzi n’u Burusiya kandi tunifuza guhahirana n’Ibihugu byose byo ku Isi, ntidushaka kuba ba munyangire, oya, ntitwifuza ko abanzi bacu baba abanzi b’abandi.”

Sergey Lavrov wagiriye uruzinduko muri Uganda avuye muri Congo Brazzaville, ari kugenderera Ibihugu binyuranye byo ku Mugabane wa Afurika mu rwego rwo gutegura inama izahuza u Burusiya na Afurika iteganyijwe mu mpera z’uyu mwaka izabera i Addis Ababa muri Ethiopia.

Ni inama iba igamije kurebera hamwe inguni z’ishoramari hagati y’iki Gihugu ndetse n’Ibihugu bya Afurika.

Museveni yakiriye Sergey Lavrov n’itsinda ayoboye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

N’abasirikare ntibatanzwe…Bitwikiriye kwamagana MONUSCO bayisahura kuva kuri matela kugeza ku kiyiko

Next Post

Abamaze kugwa mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO biyongereye bagera kuri 15 barimo n’abasirikare

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abamaze kugwa mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO biyongereye bagera kuri 15 barimo n’abasirikare

Abamaze kugwa mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO biyongereye bagera kuri 15 barimo n’abasirikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.