Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntitwaba munyangire ku batubaye hafi imyaka 100- Museveni yahaye u Burusiya isezerano rikomeye

radiotv10by radiotv10
27/07/2022
in MU RWANDA
0
Ntitwaba munyangire ku batubaye hafi imyaka 100- Museveni yahaye u Burusiya isezerano rikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yavuze ko u Burusiya bwabaye hafi Umugabane wa Afurika igihe kinini bityo udashobora kuba munyangire ngo wange iki Gihugu mu gihe wanababariye abawukolonije.

Yabivuze kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Nyakanga 2022 ubwo yakirara Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya Sergey Lavrov, uri mu ruzinduko muri Afurika.

Museveni ukunze kugaruka mu mateka yo hambere, yavuze ko u Burusiya bwafashije Ibihugu bimwe byo ku Mugabane wa Afurika kwigobotora ba gashakabuhake bawukolonije imyaka myinshi.

Yagarutse ku ishyaka rya ANC rifite amateka muri Afurika y’Epfo, avuga ko u Burusiya bwatangiye kuba hafi ya Afurika ubwo uyu mutwe wa Politiki washingwaga.

Yavuze ko kuva mu 1917 ubwo habaga impinduramatwara za Bolshevik, ari bwo u Burusiya bwatangiye gufasha Afurika kwigobotora ubukoloni, avuga ko nubwo abakozi izi mpinduramatwara batavugwaho rumwe ariko ko bafashije uyu Mugabane ufatwa nk’uwasigaye inyuma.

Agira ati “Abanya-Uganda ndetse nanjye ubwanjye duhaye ikaze nyakubahwa Sergey Lavrov, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya. U Burusiya bwadufashije mu rugamba rwo kurwanya ubukoloni mu gihe cy’imyaka 100 kandi ibyo ndabishimira no kuba bwarakomeje kubanira neza Uganda.”

Ati “None ni gute wahita udasaba kurwanya abo bantu batubaye hafi mu myaka 100 yose? Ko twababariye abadukoreye ibintu bibi tukaba turi no gukorana na bo, ni gute tutabikorera abatarigeze batugirira nabi?”

Ubwo u Burusiya bwashozaga intambara muri Ukraine, Ibihugu by’ibihangange ku Isi, byarahagurutse byamagana iki Gihugu ndetse binagifatira imyanzuro yo kugikomanyiriza mu bijyanye n’ubucuruzi mpuzamahanga.

Perezida Museveni ubwo yakirara Lavrov, yagarutse ku byo iki Gihugu cyafashije Umugabane wa Afurika, avuga ko uyu Mugabane wifuza gukorana na cyo nkuko ikorana n’abandi bose.

Yagize ati “Twifuza gukorana ubucuruzi n’u Burusiya kandi tunifuza guhahirana n’Ibihugu byose byo ku Isi, ntidushaka kuba ba munyangire, oya, ntitwifuza ko abanzi bacu baba abanzi b’abandi.”

Sergey Lavrov wagiriye uruzinduko muri Uganda avuye muri Congo Brazzaville, ari kugenderera Ibihugu binyuranye byo ku Mugabane wa Afurika mu rwego rwo gutegura inama izahuza u Burusiya na Afurika iteganyijwe mu mpera z’uyu mwaka izabera i Addis Ababa muri Ethiopia.

Ni inama iba igamije kurebera hamwe inguni z’ishoramari hagati y’iki Gihugu ndetse n’Ibihugu bya Afurika.

Museveni yakiriye Sergey Lavrov n’itsinda ayoboye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

N’abasirikare ntibatanzwe…Bitwikiriye kwamagana MONUSCO bayisahura kuva kuri matela kugeza ku kiyiko

Next Post

Abamaze kugwa mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO biyongereye bagera kuri 15 barimo n’abasirikare

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abamaze kugwa mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO biyongereye bagera kuri 15 barimo n’abasirikare

Abamaze kugwa mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO biyongereye bagera kuri 15 barimo n’abasirikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.