Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nubwo dusezerewe ariko ntacyahungabanya Igihugu cyacu duhari- Gen (Rtd) Kabarebe

radiotv10by radiotv10
07/09/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Ubutumwa bukomeye bwa Gen Kabarebe kuri RDF ubwo yasezerwagaho
Share on FacebookShare on Twitter

General (Rtd) James Kabarebe uri mu basirikare bo hejuru baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Abajenerali bagize uruhare mu rugamba rwo kubohora Igihugu, yahaye isezerano Abanyarwanda ko nubwo basezerewe ariko ntagishobora guhungabanya umutekano w’u Rwanda bahari.

Ni ijambo rya Gen (Rtd) James Kabarebe ubwo habaga umuhango wa RDF wo gusezerera aba basirikare barimo Gen (Rtd) Fred Ibingira.

Hasezerewe kandi Lt Gen (Rtd) Charles Kayonga, Lt Gen (Rtd) Frank Mushyo Kamanzi, Maj Gen (Rtd) Martin Nzaramba, Maj Gen (Rtd) Eric Murokore, Maj Gen (Rtd) Augustin Turagara, Maj Gen (Rtd) Charles Karamba, Maj Gen (Rtd) Albert Murasira, Brig Gen (Rtd) Chris Murari, Brig Gen (Rtd) Didace Ndahiro na Brig Gen (Rtd) Emmanuel Ndahiro.

Gen (Rtd) James Kabarebe, watanze ubutumwa mu izina rya bagenzi be, yavuze ko bamwe mu basezerewe bamaze igihe kinini mu gisirikare ndetse ko banarwanye urugamba rwo kubohora u Rwanda.

Avuga ko bishimira kuba barakoranye na Perezida Paul Kagame wayoboye uru rugamba, ndetse bakanakorana na nyuma ari Umukuru w’Igihugu.

Ati “Ni amahirwe adasanzwe, kubera ko ni umuntu udasanzwe. Uko turi hano, abenshi ni abantu babaye mu rugamba rwo kubohora Igihugu cyacu ari bato kuva rutangira, bazi agaciro duha nyakubahwa, bazi aho yadukuye hatoroshye.”

Yakomeje avuga ko Perezida Kagame yubatse RDF kuva kuri RPA, kandi ko aho igeze ubu, ari igisirikare gikomeye, gitera ishema ukirimo, utakirimo ndetse n’ugisezerewemo.

Ati “Turahamya ko uwasezera mu ngabo wese ari natwe tugiye uyu munsi, dufite icyizere kidakuka ko Igihugu cyacu gihagaze neza mu buryo bw’ubwirinzi.”

Avuga ko gusezererwa muri RDF, ari umuco kugira ngo n’abakiri bato babone amahirwe yo gukorera igisirikare n’Igihugu, ariko ko ababa bagiye n’ubundi bakomeza kubaba hafi.

Ati “Gusezererwa mu gisirikare, ntabwo bivuze ko umuntu aretse igisirikare. Igisirikare wakivamo ariko cyo ntabwo cyakuvamo. Ni ukuvuga ko n’abasezerewe uyu munsi, igisirikare ntikizigera kibavamo.”

Akomeza agira ati “Aho bagiye, ubumenyi bafite, ubunararibonye bajyanye, ubushake, ubwitange, urukundo rw’Igihugu, icyaba icyo ari cyo cyose isaha iyo ari yo yose [usibye ko batanagiye kure, bari hafi y’ingabo] ntacyashobora guhungabanya umutekano w’Igihugu cyacu aba bagabo bose bahari.”

Gen (Rtd) James Kabarebe yavuze ko uretse n’ibyo kandi, uko igisirikare cy’u Rwanda gihagaze ubu, gitanga icyizere ko Igihugu kirinzwe no mu myaka myinshi iri imbere.

Ubwo Gen [Rtd] James Kabarebe yasezerwagaho
Gen (Rtd) Fred Ibingira na we yarasezerewe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − fifteen =

Previous Post

SG wa FERWACY ushinjwa gutekinikira umugore we akagenda muri delegasiyo y’u Rwanda yabyisobanuyeho

Next Post

Kayonza: Abagore bahishuye icyatumye bahaguruka bakiyemeza gukora icyo batamenyereweho

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Abagore bahishuye icyatumye bahaguruka bakiyemeza gukora icyo batamenyereweho

Kayonza: Abagore bahishuye icyatumye bahaguruka bakiyemeza gukora icyo batamenyereweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.