Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nubwo dusezerewe ariko ntacyahungabanya Igihugu cyacu duhari- Gen (Rtd) Kabarebe

radiotv10by radiotv10
07/09/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Ubutumwa bukomeye bwa Gen Kabarebe kuri RDF ubwo yasezerwagaho
Share on FacebookShare on Twitter

General (Rtd) James Kabarebe uri mu basirikare bo hejuru baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Abajenerali bagize uruhare mu rugamba rwo kubohora Igihugu, yahaye isezerano Abanyarwanda ko nubwo basezerewe ariko ntagishobora guhungabanya umutekano w’u Rwanda bahari.

Ni ijambo rya Gen (Rtd) James Kabarebe ubwo habaga umuhango wa RDF wo gusezerera aba basirikare barimo Gen (Rtd) Fred Ibingira.

Hasezerewe kandi Lt Gen (Rtd) Charles Kayonga, Lt Gen (Rtd) Frank Mushyo Kamanzi, Maj Gen (Rtd) Martin Nzaramba, Maj Gen (Rtd) Eric Murokore, Maj Gen (Rtd) Augustin Turagara, Maj Gen (Rtd) Charles Karamba, Maj Gen (Rtd) Albert Murasira, Brig Gen (Rtd) Chris Murari, Brig Gen (Rtd) Didace Ndahiro na Brig Gen (Rtd) Emmanuel Ndahiro.

Gen (Rtd) James Kabarebe, watanze ubutumwa mu izina rya bagenzi be, yavuze ko bamwe mu basezerewe bamaze igihe kinini mu gisirikare ndetse ko banarwanye urugamba rwo kubohora u Rwanda.

Avuga ko bishimira kuba barakoranye na Perezida Paul Kagame wayoboye uru rugamba, ndetse bakanakorana na nyuma ari Umukuru w’Igihugu.

Ati “Ni amahirwe adasanzwe, kubera ko ni umuntu udasanzwe. Uko turi hano, abenshi ni abantu babaye mu rugamba rwo kubohora Igihugu cyacu ari bato kuva rutangira, bazi agaciro duha nyakubahwa, bazi aho yadukuye hatoroshye.”

Yakomeje avuga ko Perezida Kagame yubatse RDF kuva kuri RPA, kandi ko aho igeze ubu, ari igisirikare gikomeye, gitera ishema ukirimo, utakirimo ndetse n’ugisezerewemo.

Ati “Turahamya ko uwasezera mu ngabo wese ari natwe tugiye uyu munsi, dufite icyizere kidakuka ko Igihugu cyacu gihagaze neza mu buryo bw’ubwirinzi.”

Avuga ko gusezererwa muri RDF, ari umuco kugira ngo n’abakiri bato babone amahirwe yo gukorera igisirikare n’Igihugu, ariko ko ababa bagiye n’ubundi bakomeza kubaba hafi.

Ati “Gusezererwa mu gisirikare, ntabwo bivuze ko umuntu aretse igisirikare. Igisirikare wakivamo ariko cyo ntabwo cyakuvamo. Ni ukuvuga ko n’abasezerewe uyu munsi, igisirikare ntikizigera kibavamo.”

Akomeza agira ati “Aho bagiye, ubumenyi bafite, ubunararibonye bajyanye, ubushake, ubwitange, urukundo rw’Igihugu, icyaba icyo ari cyo cyose isaha iyo ari yo yose [usibye ko batanagiye kure, bari hafi y’ingabo] ntacyashobora guhungabanya umutekano w’Igihugu cyacu aba bagabo bose bahari.”

Gen (Rtd) James Kabarebe yavuze ko uretse n’ibyo kandi, uko igisirikare cy’u Rwanda gihagaze ubu, gitanga icyizere ko Igihugu kirinzwe no mu myaka myinshi iri imbere.

Ubwo Gen [Rtd] James Kabarebe yasezerwagaho
Gen (Rtd) Fred Ibingira na we yarasezerewe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − seventeen =

Previous Post

SG wa FERWACY ushinjwa gutekinikira umugore we akagenda muri delegasiyo y’u Rwanda yabyisobanuyeho

Next Post

Kayonza: Abagore bahishuye icyatumye bahaguruka bakiyemeza gukora icyo batamenyereweho

Related Posts

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Abagore bahishuye icyatumye bahaguruka bakiyemeza gukora icyo batamenyereweho

Kayonza: Abagore bahishuye icyatumye bahaguruka bakiyemeza gukora icyo batamenyereweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.