• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

radiotv10by radiotv10
10/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko bahawe amatara akoresha imirasire y’izuba, nyuma yo gusabwa amafaranga y’ifatabuguzi n’ay’ukwezi yo gukupurirwa, ariko ntibyateye kabiri, ahita apfa.

Aba baturage batuye byumwihariko mu Tugari tutarageramo umuriro w’amashanyarazi, bavuga ko nyuma yo guhabwa ibi bikoresho, babikoresheje igihe gito.

Mukamugema, utuye mu Kagari ka Karama, yagize ati “Badusabye amafaranga mbere yo guhabwa amatara, bongera batubwira ko buri kwezi tugomba kongeraho andi yo kutukupurira. Barayaduhaye, turayatahana, yaka amezi abiri gusa, nyuma dutanga amafaranga ngo badukupurire ariko twarategereje turaheba.”

Habyarimana Emmanuel avuga ko batewe impungenge n’imikorere y’ayo matara, kuko nubwo bayacomekaho umuriro, ataka.

Ati “Amatara arinjiramo umuriro ariko ntaducane. Birakupye, banze kudukupurira. Tuba dufite ubwoba ko bizadutwika bikatwika inzu, kuko buri munsi umuriro ujya mu matara tudakoresha.”

Mukabutera Florida na we avuga ko ikibazo cyabo kimaze igihe kandi batumva impamvu kidakemuka.

Ati “Twagiye ku Murenge inshuro nyinshi tubibabwira, ntibyakemuka. Ubu umwaka urenga urashize tubivuga ntagikorwa. Niba batadukupurira ngo dukoreshe amatara, nibadusubize amafaranga twatanze.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyanika, Ndagijimana Jean Marie Vianney, yemeza ko iki kibazo kizwi, avuga ko urutonde rw’abaturage bahuye na cyo rwakozwe kugira ngo gikemurwe.

Ati “Twakoze urutonde rw’abaturage bahuye n’icyo kibazo, turushyikiriza Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu (REG) kugira ngo gikurikirane iki kibazo kuko ari bo ayo ma-companies yagiranye amasezerano na bo. Mu byo turi busabe, turasaba REG gukurikirana izi companies kugira ngo zikemure ikibazo cy’aba baturage.”

Aba baturage bavuga ko bamaze igihe batabona serivisi bagombaga guhabwa kandi barayishyuriye, bagasaba inzego zibishinzwe kubafasha gukemura iki kibazo, kuko kumara igihe mu mwijima bibangamiye imibereho yabo.

Mukabutera Florida abona ibi ari akarengane
Amatara aramanitse ariko ntiyaka
N’ibyuma bituma babona umuriro w’imirasire y’izuba birahari ariko ngo ntibikora
Basaba ko bikemuka
Ngo nibitabonerwa umuti basubizwe amafaranga yabo

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Imyitwarire y’Igisirikare cy’u Burundi ikomeje guteza impungenge ku Banyamulenge muri Congo

Next Post

Abasitari bazwi mu bya ‘Prank’ batanze umucyo ku bashobora kubihuza no kwambikana impeta bakoze

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Abasitari bazwi mu bya ‘Prank’ batanze umucyo ku bashobora kubihuza no kwambikana impeta bakoze

Abasitari bazwi mu bya ‘Prank’ batanze umucyo ku bashobora kubihuza no kwambikana impeta bakoze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.