Saturday, November 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

radiotv10by radiotv10
05/11/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri n’umucuruzi bakurikiranywe ho kunyereza ibiro 50 bya  kawunga igenewe kugaburirwa abana biga muri icyo kigo.

Byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki ya 4 Ugushyingo mu kagali k’impala ubwo abanyonzi babiri bari batwaye imifuka ya kawunga itamenyerewe ku isoko babazwa aho bayikuye bakavuga ko iturutse mu ishuli ribanza rya Nyarutovu.

Semivumbi Samson na Kagibwami Emmanuel basanzwe ari abatetsi bahise bemerera ubuyobozi ko ibiro 50 byafashwe bagiye babigabanya ku ngano batekera abanyeshuli kandi ko bari babyoherereje umucuruzi wo mu murenge wa Shangi basanzwe baha ibyo bibye muri ubwo buryo bakagabana amafaranga nk’uko umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bushenge Habumugisha Hyacinthe abivuga.

Ati “Icyaha bahise bacyemera. bavuze ko babahaga ibyo guteka bo bakagenda bapyetaho ibiro runaka bashingiye ku mubare w’abana babaga basibye nko ku minsi y’isoko ,, bakabikora gutyo kugeza bujuje imifuka ibiri”.

Umucuruzi witwa Iraboneye Jeanne ucururiza mu isantere ya Mugera mu murenge wa Shangi wahise utangwa n’aba batetsi bavuga ko yari inshuro ya gatatu bakoranye muri ubwo buryo we yemeye ko bwari ubwambere bari bakoranye.

Aba batetsi bavuze ko bamuhaye ibiro 25 bya kawunga inshuro ebyiri naho kuri iyi nshuro bakaba bari bamwoherereje ibiro 50 kandi ko yari yabishyuye ibihumbi mirongo itatu (30.000frw).

Bose uko ari batanu bahise bajyanwa kuri RIB Sitasiyo Shangi ndeste n’iyo mifuka ibiri ya kuwanga bari bibye ibikwa kuri iyo sitasiyo mu gihe hakiri gukorwa iperereza ngo baryozwe iki cyaha .

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bushenge Habumugisha Hyacinthe  yaboneyeho kugira inama abandi bakozi bo mu bikoni mu bigo by’amashuli ndetse n’ababaha ibyo gutekera abana ko bagombwa kwitwararika kuko ubuyobozi buri maso

Ati “Turasaba ko abayobozi b’ibigo kujya bakurikirana bakamenya ibyavuye mu bubiko ko ari byo byatetswe. Abakozi bo mu gikoni nabo bagomba kumenya ko ibyo kunusura hari inzego ziri maso zitazabura kubatahura”.

Ibi bibaye mu gihe hakunze kumvikana abana biga mu bigo bitandukanye bavuga ko barya ku ishuli ntibahage ariko ntihamenyekane ikibitera kuko haba haragenwe ingano hashingiwe ku mubare w’abana biga mu kigo runaka.

Bivugwa ko aba batetsi ndeste n’abo bafatanyije muri icyo cyaha ubwo barekezwaga kuri RIB ya Shangi aho bafungiye bagiye baherekejwe n’abanyeshuli bo kuri icyi kigo babaseka kubera kurya ibiryo byabo kandi bamwe ari ababyeyi.

Bafatanywe ibyibwe
N’amagare bakoreshaga babitunda yafashwe

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − seven =

Previous Post

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Next Post

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.