Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Basenyeshejwe inzu babagamo bizejwe amabati none umwaka urihiritse

radiotv10by radiotv10
08/09/2022
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Basenyeshejwe inzu babagamo bizejwe amabati none umwaka urihiritse
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Karusimbi mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko ubuyobozi bwabasabye gusenya inzu babagamo, bubasaba kuzamura izindi bubizeza isakaro none barategereje baraheba, umwaka urirenze badafite aho barambika umusaya.

Aba baturage babwiye RADIOTV10 ko abafite iki kibazo bagera muri 20, bakavuga ko abayobozi bo mu nzego z’ibanze ndetse n’abo mu z’umutekano baje bakabasaba gusenya inzu babagamo ngo kuko zari zishaje, bakabasaba kuzamura izindi ndetse babizeza amabati.

Aba baturage bavuga ko babyumvise bwangu, bagahita bazamura ibigega [inzu zidasakaye] bagategereza ko bahabwa iyi nkunga y’amabati bakayiheba.

Umwe uvuga ko yari afite inzu yari isakaje amabati ariko ko nubwo yari ashaje atari kubura kuyibamo we n’abana be.

Ati “Umurenge waraje uratubwira ngo nidusenye baduhe amabati none twarayategereje turayabura.”

Uyu muturage ubu ari mu nzu yagondagonze mu mabati yakuye kuri iyo nzu yasenyeshejwe n’ubuyobozi.

Undi muturage avuga ko ubwo abayobozi babasabaga kuzamura ibigega, yagurishije akarima ke, agahita azamura mu buryo bwihuse, agashyiraho n’ibiti by’imishoro kugira ngo amabati naza azahite ayashyiraho ariko ko ubu inzu ishaje idasakawe.

Ati “Igikanka [inzu yazamuwe ntisakarwe] kimaze umwaka, tuba turi kubyigana, ntaho twicara, igisigaye kiba ari ukuvuga ngo twirundanye. Hari abaryama hari n’abarara bicaye kuko uburiri aba ari bumwe.”

Undi muturage avuga ko iki kibazo cyatumye abana be bamuta kuko bari banze kuguma muri iyi mibereho yo kutagira aho kwegeka umusaya.

Ati “Nk’ubu abana banjye uko ari bane baratorongeye sinzi aho baba, bavuye mu mashuri kubera kubura ahantu barara.”

Umuryango umwe ubu usigaye uba muri aka kazu kabamo abantu barindwi

Aba baturage bavuga ko ubwo Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame yasuraga Intara y’Iburengerazuba [mu Karere ka Nyamasheke], bashatse kumugezaho iki kibazo ariko ubuyobozi bukabakomakoma.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bushenge, Mukarabahira Jeannine yahakanye ibivugwa n’aba baturage ko ubuyobozi ari bwo bwabasabye gusenya inzu babagamo, bukabizeza amabati.

Avuga ko aba baturage bashobora kuba baragendeye ku makuru y’igihuha. Ati “Burya umuturage ashobora no kubonana na mugenzi we hari ubufasha yahawe, akavuga ati ‘najye reka mbigenze gutyo wenda ubufasha buzaza’ ariko ntakuri kwabyo nakubwira.”

Uyu muyobozi avuga ko iki kibazo bakize ndetse ko cyageze no ku buyobozi bw’Akarere mu gihe Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage, Mukankusi Athanasie we avuga ko iki kibazo atari akizi.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 15 =

Previous Post

Uganda: Igitaramo kivugwaho gukongeza ubusambanyi n’ubutinganyi hamenyekanye icyatumye kidahagarikwa nkuko byifuzwaga

Next Post

Uri i Burundi avuze umwuka uhari nyuma y’ikikango cya ‘Coup d’Etat’ n’impinduka za Guverinoma

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uri i Burundi avuze umwuka uhari nyuma y’ikikango cya ‘Coup d’Etat’ n’impinduka za Guverinoma

Uri i Burundi avuze umwuka uhari nyuma y’ikikango cya ‘Coup d’Etat’ n’impinduka za Guverinoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.