Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamirambo: Abanyeshuri bagaragaye bagwa hasi ubwo bari bavuye ku Ishuri hamenyekanye impamvu

radiotv10by radiotv10
08/06/2022
in MU RWANDA
1
Nyamirambo: Abanyeshuri bagaragaye bagwa hasi ubwo bari bavuye ku Ishuri hamenyekanye impamvu
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu banyeshuri b’abakobwa biga mu ishuri rya ESSI (Ecole Secondaire Scientifique Islamique) Nyamirambo rizwi nko kwa Kadafi riherereye mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, bagaragaye bahuye n’ikibazo cyo kugwa hasi ubwo bari bavuye ku ishuri, bituma bamwe bakeka ko ari uburwayi bw’amayobera, gusa ubuyobozi bw’iri shuri bwemeje ko aba bana bagize ikibazo cy’ihungabana.

Iki kibazo cyagaragaye kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Kamena 2022 ubwo aba banyeshuri bari bavuye ku ishuri, bagahuraga n’iki kibazo bari mu muhanda bataha.

Umwe mu baturage babonye aba bana ubwo bahuraga n’iki kibazo, yabwiye RADIOTV10 ko ubwo yari ari kwigendera mu bice biherereyemo iri shuri i Nyamirambo, yabonye umwana umwe muri aba banyeshuri yikubita hasi.

Uyu muturage avuga ko yahise abwira abanyeshuri bagenzi b’uyu kumufata ndetse na we akajya kubafasha bakamuterura bakamushyira ku ruhande.

Yagize ati “Mu gihe tukimufata turi kumwegeka ku gasima kari aho, nahindukiye mbona undi na we afashwe gutyo araguye, ndebye hirya mbona n’abandi benshi bari kugwa, ngiye kumva numva abanyeshuri baravuze bati ‘birongeye birongeye’.”

Uyu muturage yavuze ko yamenye amakuru ko iki kibazo cyatangiye gufata aba bana ku wa Gatanu w’icyumweru gishize.

Umuyobozi w’ishuri rya ESSI Nyamirambo, Nyamuturano Abdou, yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo gishingiye ku ihungabana ryaturutse ku gikorwa cyo Kwibuka cyabaye ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 03 Kamena 2022.

Muri iki gikorwa cyo kwibuka cyari cyabere kuri iri shuri, cyatangiwemo ibiganiro bitandukanye birimo ibyagarutse ku mateka ashaririye y’ibyabaye mu Rwanda.

Nyamuturano Abdou yavuze ko ubwo habaga iki gikorwa cyo kwibuka, abana 11 bahuye n’ikibazo cy’ihingabana bagafashwa n’abajyanama ndetse n’abaganga b’iri shuri.

Yavuze ko iri hungabana ryongeye kuba ku bandi bana bane kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Kamena ubwo bari bavuye ku ishuri.

Uyu muyobozi w’iri shuri yavuze ko aba bana bahuye n’iki kibazo bari bakiri hafi y’ishuri, bagahita basubizwayo kugira ngo bitabweho n’ivuriro ry’ishuri ndetse ko uyu munsi ku wa Gatatu tariki 08 Kamena bagarutse gukurikirana amasomo.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Semi says:
    4 years ago

    Bangi!!!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Rubavu: Hari umuyobozi umaze icyumweru batazi aho aherereye, Meya yagize icyo abivugaho

Next Post

Polisi yafunze uwagaragaye yatsikamiye umuturage mu buryo bwa kinyamaswa ahagarikiwe n’umusekirite

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi yafunze uwagaragaye yatsikamiye umuturage mu buryo bwa kinyamaswa ahagarikiwe n’umusekirite

Polisi yafunze uwagaragaye yatsikamiye umuturage mu buryo bwa kinyamaswa ahagarikiwe n’umusekirite

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.