Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamirambo: Abanyeshuri bagaragaye bagwa hasi ubwo bari bavuye ku Ishuri hamenyekanye impamvu

radiotv10by radiotv10
08/06/2022
in MU RWANDA
1
Nyamirambo: Abanyeshuri bagaragaye bagwa hasi ubwo bari bavuye ku Ishuri hamenyekanye impamvu
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu banyeshuri b’abakobwa biga mu ishuri rya ESSI (Ecole Secondaire Scientifique Islamique) Nyamirambo rizwi nko kwa Kadafi riherereye mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, bagaragaye bahuye n’ikibazo cyo kugwa hasi ubwo bari bavuye ku ishuri, bituma bamwe bakeka ko ari uburwayi bw’amayobera, gusa ubuyobozi bw’iri shuri bwemeje ko aba bana bagize ikibazo cy’ihungabana.

Iki kibazo cyagaragaye kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Kamena 2022 ubwo aba banyeshuri bari bavuye ku ishuri, bagahuraga n’iki kibazo bari mu muhanda bataha.

Umwe mu baturage babonye aba bana ubwo bahuraga n’iki kibazo, yabwiye RADIOTV10 ko ubwo yari ari kwigendera mu bice biherereyemo iri shuri i Nyamirambo, yabonye umwana umwe muri aba banyeshuri yikubita hasi.

Uyu muturage avuga ko yahise abwira abanyeshuri bagenzi b’uyu kumufata ndetse na we akajya kubafasha bakamuterura bakamushyira ku ruhande.

Yagize ati “Mu gihe tukimufata turi kumwegeka ku gasima kari aho, nahindukiye mbona undi na we afashwe gutyo araguye, ndebye hirya mbona n’abandi benshi bari kugwa, ngiye kumva numva abanyeshuri baravuze bati ‘birongeye birongeye’.”

Uyu muturage yavuze ko yamenye amakuru ko iki kibazo cyatangiye gufata aba bana ku wa Gatanu w’icyumweru gishize.

Umuyobozi w’ishuri rya ESSI Nyamirambo, Nyamuturano Abdou, yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo gishingiye ku ihungabana ryaturutse ku gikorwa cyo Kwibuka cyabaye ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 03 Kamena 2022.

Muri iki gikorwa cyo kwibuka cyari cyabere kuri iri shuri, cyatangiwemo ibiganiro bitandukanye birimo ibyagarutse ku mateka ashaririye y’ibyabaye mu Rwanda.

Nyamuturano Abdou yavuze ko ubwo habaga iki gikorwa cyo kwibuka, abana 11 bahuye n’ikibazo cy’ihingabana bagafashwa n’abajyanama ndetse n’abaganga b’iri shuri.

Yavuze ko iri hungabana ryongeye kuba ku bandi bana bane kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Kamena ubwo bari bavuye ku ishuri.

Uyu muyobozi w’iri shuri yavuze ko aba bana bahuye n’iki kibazo bari bakiri hafi y’ishuri, bagahita basubizwayo kugira ngo bitabweho n’ivuriro ry’ishuri ndetse ko uyu munsi ku wa Gatatu tariki 08 Kamena bagarutse gukurikirana amasomo.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Semi says:
    4 years ago

    Bangi!!!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Rubavu: Hari umuyobozi umaze icyumweru batazi aho aherereye, Meya yagize icyo abivugaho

Next Post

Polisi yafunze uwagaragaye yatsikamiye umuturage mu buryo bwa kinyamaswa ahagarikiwe n’umusekirite

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi yafunze uwagaragaye yatsikamiye umuturage mu buryo bwa kinyamaswa ahagarikiwe n’umusekirite

Polisi yafunze uwagaragaye yatsikamiye umuturage mu buryo bwa kinyamaswa ahagarikiwe n’umusekirite

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.