Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyanza: Agapfundikizo k’ikaramu katumye iwabo w’umwana wari ku ishuri hataha inkuru mbi

radiotv10by radiotv10
15/06/2023
in MU RWANDA
0
Nyanza: Agapfundikizo k’ikaramu katumye iwabo w’umwana wari ku ishuri hataha inkuru mbi
Share on FacebookShare on Twitter

Agapfundikizo k’ikaramu kishe umwana w’imyaka icyenda ubwo yakamiraga ari ku ishuri mu masomo ku Rwunge rw’amashuri rwa Nyarutovu mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza.

Uyu mwana w’umuhungu wigaga mu mwaka wa kabiri w’amashuri abanza, yahitanywe n’agapfundikizo k’ikaramu ubwo yari ku ishuri, akagahekenya agakinisha, agahita akamira.

Aho kugira ngo kamanuke kagana mu nda, kahise kayobera mu muyoboro w’ubuhumekero, ari na yo ntandaro yo kuba yahise yitaba Imana.

Nyakwigendera witwa Dushime Patrick, yigaga muri Groupe Scolaire Nyarutovu, ishuri riherereye mu Kagari ka Ngwa mu Murenge wa Mukingo.

Kayigi Ange uyobora Umurenge wa Mukingo, yemeje aya makuru ababaje, avuga ko uyu mwana yitabye Imana ku bw’impanuka y’agapfundikizo k’ikaramu.

Yagize ati “Yakamize karayoba aho kunyura mu nzira y’ibiryo, kanyura mu nzira y’ubuhumekero, karahafunga ntiyabona uko ahumeka.”

Ubuyobozi bwa GS Nyarutovu, na bwo bwemeje ko bagize ibi byago, buvuga ko uyu mwana akimara kumira agapfundikizo bihutiye kumujyana ku Kigo Nderabuzima cya Gatagara, na ho bahise bamwohereza mu Bitaro bya Nyanza, ariko bikarangira yitabye Imana.

Kabayiza Louis uyobora iri shuri, yavuze ko nyuma y’uko nyakwigendera aguye mu Bitaro bya Nyanza, hategerejwe ko akorerwa isuzuma rya nyuma, kugira ngo umuryango we umushyingure.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − three =

Previous Post

Bwa mbere America yavuze ku Munyarwanda wafashwe wari warashyiriweho 5.000.000$

Next Post

Amavubi yarahiriye kumwenyuza Abanyarwanda amanutse aho agomba gucira impaka (AMAFOTO)

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando
AMAHANGA

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

26/12/2025
Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amavubi yarahiriye kumwenyuza Abanyarwanda amanutse aho agomba gucira impaka (AMAFOTO)

Amavubi yarahiriye kumwenyuza Abanyarwanda amanutse aho agomba gucira impaka (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.