Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyanza: Bambuwe ibyangombwa by’inzu bubakiwe bakibihabwa none ibyakurikiyeho byabashyize mu kaga

radiotv10by radiotv10
18/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyanza: Bambuwe ibyangombwa by’inzu bubakiwe bakibihabwa none ibyakurikiyeho byabashyize mu kaga
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage barimo abatishoboye n’abirukanywe muri Tanzania batujwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bavuga ko inzu zabo zangiritse ariko bakaba barabuze uburyo bwo kuzisana kuko bambuwe ibyangombwa byazo nyamara bari babihawe ariko bidateye kabiri bakabyamburwa.

Aba baturage batujwe mu Mudugudu wa Nyesonga mu Kagari ka Butansinda mu Murenge wa Kigoma, bavuga ko babanje guhabwa ibyangombwa by’inzu, ariko bakaza kubyamburwa, none ubu nta burenganzira bazifiteho.

Mukakarangwa Yozefa ati “Inzu yanjye yarasenyutse, mba nayishyizeho amabuye hejuru irenda gusenyuka, ngize amahirwe bansanira.”

Bamwe bavuga ko banakwisanira, ariko kuko batazifiteho uburenganzira ntacyo bazikoraho, kuko bambuwe ibyangombwa byazo.

Undi ati “Ibyangombwa barabiduhaye nanjye barabimpa, hashize iminsi baraza barabinyambura bavuga ko bagiye kubikosora none twategereje ko babiduha turaheba. Ubu ntitwemerewe gusana kuko gusana bisaba ko uba ufite icyangombwa kikwemerera gusana kandi ntibakiguha udafite icyangombwa cy’ubutaka.”

Umuyobozi Ushinzwe Imari n’Ubutegetsi mu Murenge wa Kigoma, Munyakazi Emmanuel wasigariyeho Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge, avuga ko bazasanira aba baturage.

Ati “Buri mwaka tureba inzu zangiritse tukazisana. Abo baturage na bo tuzareba uko zimeze tuzisane.”

Ku byangombwa by’ubutaka byambuwe aba baturage, uyu muyobozi yagize ati “Bahawe ubufasha na Leta bakubakirwa birakigwaho kuko ushobora kubibaha bakagurisha inzu, ni yo mpamvu tugomba gutegereza itegeko cyangwa amabwiriza cyane ko inzu ziba zubatse mu butaka bwa Leta.”

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 11 =

Previous Post

AMAKURU AGEZWEHO: RwandAir igiye guhagarika ingendo zose zerecyeza i Cape Town muri Afurika y’Epfo

Next Post

Kirehe: Bizejwe inkunga yo kwikura mu bukene none batahiye gusinya

Related Posts

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi
AMAHANGA

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

by radiotv10
13/12/2025
0

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Abamaze imyaka 10 birukanywe muri Tanzania bagaragaje ikibazo cy’inyubako batujwemo

Kirehe: Bizejwe inkunga yo kwikura mu bukene none batahiye gusinya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.