Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyanza: Umuturage ubayeho ubuzima atishimiye arashinja umuyobozi gutuma atabuvamo

radiotv10by radiotv10
13/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyanza: Umuturage ubayeho ubuzima atishimiye arashinja umuyobozi gutuma atabuvamo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, avuga ko Umuyobozi w’Umudugudu yamugurishije inka yari yahawe muri gahunda ya Girinka, n’isakaro yari yahawe, none akomeje kuzahazwa n’imibereho mibi, nyamara yari yizeye ko agiye kuyisezerera.

Sibonama Phenias utuye mu Mudugudu wa Nyesonga mu Kagari ka Butansinda, avuga ko yari yahawe inka, ariko Umuyobozi w’Umudugudu akamugira inama ngo azayigurishe aguremo intama, akabyanga.

Avuga ko uwbo yabyangaga, uyu muyobozi yaje “mu rugo arayinyaga arayigurisha aguramo indi ya macye andi arayirira, indi yaguranishije araza arayishorera ayijyana ku Murenge. Yajijyanye tutabivuganye ni mu buryo bwo kuyinyaga.”

Yanahawe amabati yo gusakarisha inzu ye yari yasenywe n’ibiza, ariko agiye kuyafata aho yari yayabikije, abwirwa ko Umuyobozi w’Umudugudu wabo ndete n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari, bayajyanye.

Ati “Ngiye kumva numva ngo amabati yanjye Mudugudu wacu na Gitifu w’Akagari ka Butansinda ngo baraje barayafata barayajyana.”

Umuyobozi w’Umudugudu, Maniraguha Damascene, ushinjwa n’uyu muturage, avuga ko amabati koko ko yayahawe, ariko ko atahise yubaka inzu, biba ngombwa ko baba bayahaye undi wari wamaze kubaka. Ati “Niyubaka azayahabwa.”

Naho inka yari yahawe muri Girinka, ariko akaza kuyimunyaga, Umuyobozi w’Umudugudu avuga ko uyu muturage yari yananiwe kuyorora, ndetse ko ari we wayitangiye.

Umukozi Ushinzwe Imari n’Ubutegetsi mu Murenge wa Kigoma, Munyakazi Emmanuel, avuga ko ubuyobozi bw’Umurenge butari buzi iki kibazo.

Ati “Tugiye gukurikirana niba harabaye uburiganya ku Mudugudu, umuturage asubizwe uburenganzira bwe.”

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Ruhago nyarwanda yagize ibyago ibura uwayigiriye akamaro katumye haboneka abakinnyi bakomeye

Next Post

Umugaba Mukuru wa RDF yasuye APR FC ifite urugamba rw’umukino utoroshye

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda
MU RWANDA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugaba Mukuru wa RDF yasuye APR FC ifite urugamba rw’umukino utoroshye

Umugaba Mukuru wa RDF yasuye APR FC ifite urugamba rw’umukino utoroshye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.