Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyanza: Umuturage ubayeho ubuzima atishimiye arashinja umuyobozi gutuma atabuvamo

radiotv10by radiotv10
13/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyanza: Umuturage ubayeho ubuzima atishimiye arashinja umuyobozi gutuma atabuvamo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, avuga ko Umuyobozi w’Umudugudu yamugurishije inka yari yahawe muri gahunda ya Girinka, n’isakaro yari yahawe, none akomeje kuzahazwa n’imibereho mibi, nyamara yari yizeye ko agiye kuyisezerera.

Sibonama Phenias utuye mu Mudugudu wa Nyesonga mu Kagari ka Butansinda, avuga ko yari yahawe inka, ariko Umuyobozi w’Umudugudu akamugira inama ngo azayigurishe aguremo intama, akabyanga.

Avuga ko uwbo yabyangaga, uyu muyobozi yaje “mu rugo arayinyaga arayigurisha aguramo indi ya macye andi arayirira, indi yaguranishije araza arayishorera ayijyana ku Murenge. Yajijyanye tutabivuganye ni mu buryo bwo kuyinyaga.”

Yanahawe amabati yo gusakarisha inzu ye yari yasenywe n’ibiza, ariko agiye kuyafata aho yari yayabikije, abwirwa ko Umuyobozi w’Umudugudu wabo ndete n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari, bayajyanye.

Ati “Ngiye kumva numva ngo amabati yanjye Mudugudu wacu na Gitifu w’Akagari ka Butansinda ngo baraje barayafata barayajyana.”

Umuyobozi w’Umudugudu, Maniraguha Damascene, ushinjwa n’uyu muturage, avuga ko amabati koko ko yayahawe, ariko ko atahise yubaka inzu, biba ngombwa ko baba bayahaye undi wari wamaze kubaka. Ati “Niyubaka azayahabwa.”

Naho inka yari yahawe muri Girinka, ariko akaza kuyimunyaga, Umuyobozi w’Umudugudu avuga ko uyu muturage yari yananiwe kuyorora, ndetse ko ari we wayitangiye.

Umukozi Ushinzwe Imari n’Ubutegetsi mu Murenge wa Kigoma, Munyakazi Emmanuel, avuga ko ubuyobozi bw’Umurenge butari buzi iki kibazo.

Ati “Tugiye gukurikirana niba harabaye uburiganya ku Mudugudu, umuturage asubizwe uburenganzira bwe.”

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 6 =

Previous Post

Ruhago nyarwanda yagize ibyago ibura uwayigiriye akamaro katumye haboneka abakinnyi bakomeye

Next Post

Umugaba Mukuru wa RDF yasuye APR FC ifite urugamba rw’umukino utoroshye

Related Posts

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
06/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugaba Mukuru wa RDF yasuye APR FC ifite urugamba rw’umukino utoroshye

Umugaba Mukuru wa RDF yasuye APR FC ifite urugamba rw’umukino utoroshye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.