Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyarugunga: Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bishimiye intsinzi ya Perezida Kagame baniyemeza kuzakomeza gahunda z’Umuryango

radiotv10by radiotv10
27/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Nyarugunga: Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bishimiye intsinzi ya Perezida Kagame baniyemeza kuzakomeza gahunda z’Umuryango
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, bahuriye mu gitaramo cyo kwishimira intsinzi ya Chairman wabo, Perezida Paul Kagame cyaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo ubusabane ndetse no kwibukiranya gahunda z’uyu Muryango kugira ngo bazakomezanye n’Intore izirusha intambwe mu kuzishyira mu bikorwa.

Ni igitaramo cyabaye ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 26 Nyakanga 2024, nyuma y’iminsi itatu Komisiyo y’Igihugu y’Amatora itangaje ibya burundu byavuye mu Matora ya Perezida wa Repubulila, bigaragaza ko Perezida Paul Kagame yatsinze ku majwi 99,18%.

Aba banyamuryango ba FRP-Inkotanyi bo mu Murenge wa Nyarugunga, bavuga ko bishimiye kuba Umukandida wabo yaregukanye intsinzi nubwo bari babyiteze kandi bakishimira amajwi yagize asatira 100%.

Chairperson wa FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Nyarugunga, Tumukunde Monica, avuga ko urugendo rw’amatora ya Perezida, barutangiranye na Chairman wabo Paul Kagame, kuva mu kwiyamamaza kugeza no mu matora, ndetse ko na nyuma yayo bazakomezanya mu gushyira mu bikorwa gahunda z’Umuryango zose zigamije iterambere.

Yagize ati “Nyuma yo kwizihiza intsinzi abanyamuryango bariteguye, barambaye, bambariye gutsinda biteguye gukomeza gushyira gahunda za Leta mu bikorwa ndetse n’iz’Umuryango muri rusange.”

Yavuze ko bakurikije igikundiro Chairman wabo afite mu Banyarwanda ndetse na we akaba atarigeze abatenguha na rimwe, bishimangira ko Umuryango FPR-Inkotanyi uzakomeza kugeza ku Banyarwanda ibyiza muri iyi myaka itanu iri imbere.

Vice Chairperson w’Umuryango FPR-Inkotanyi mu Karere ka Kicukiro, Mugunga Williams, yashimiye izi ntore za Nyarugunga zakomeje kugaragaza ubushake n’imbaraga mu gushyigikira gahunda zose z’Umuryango.

Yavuze kandi ko ibi bishimangirwa no kuba Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Nyarugunga, babaye aba mbere mu gukora igitaramo nk’iki cyo kwishimira intsinzi, kandi ko Abanyamuryango ndetse n’Abanyarwanda bose bakwiye kuyishimira.

Mugunga uvuga ko uku kwishimira intsinzi bigomba no kujyana no guterekereza ku kazi gategereje Abanyarwanda mu myaka itanu iri imbere, yagize ati “Iriya ntsinzi ni iyacu kuko twaramutoye kandi twasabwaga kumushyigikira.”

Muri iki gitaramo cyo kwishimira intsinzi ya Perezida Paul Kagame, akaba Chairman wa FPR-Inkotanyi, cyaranzwe kandi no kubyina no gusabana mu Banyamuryango babyina zimwe mu ndirimbo zamamaye cyane mu bikorwa byo kumwamamaza, nka ‘Azabatsinda Kagame’ yagumye mu mitwe y’Abanyarwanda benshi, ndetse banataramirwa n’abahanzi barimo Jules Sentore uzwi mu njyana ya gakondo.

Byari ibyishimo gusa gusa

Umuhanzi Jules Sentore yabibafashijemo

Tumukunde Monica avuga ko kwishimira intsinzi byari ngombwa

Banakase umutsima muri ibi bihe by’umunezero
Gutarama kandi bijyanya no kwica akanyotsa
Hanatanzwe impano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 10 =

Previous Post

Sobanukirwa iby’ingenzi ku kigo kigisha amahoro ku Isi kigiye kubakwa Rwanda n’ibyo cyitezweho

Next Post

Rutsiro: Abagabo bahishuye ibyo bakorerwa n’abagore babo bakaryumaho n’impamvu baba badashaka ko bimenyekana

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutsiro: Abagabo bahishuye ibyo bakorerwa n’abagore babo bakaryumaho n’impamvu baba badashaka ko bimenyekana

Rutsiro: Abagabo bahishuye ibyo bakorerwa n’abagore babo bakaryumaho n’impamvu baba badashaka ko bimenyekana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.