Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyarugunga: Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bishimiye intsinzi ya Perezida Kagame baniyemeza kuzakomeza gahunda z’Umuryango

radiotv10by radiotv10
27/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Nyarugunga: Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bishimiye intsinzi ya Perezida Kagame baniyemeza kuzakomeza gahunda z’Umuryango
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, bahuriye mu gitaramo cyo kwishimira intsinzi ya Chairman wabo, Perezida Paul Kagame cyaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo ubusabane ndetse no kwibukiranya gahunda z’uyu Muryango kugira ngo bazakomezanye n’Intore izirusha intambwe mu kuzishyira mu bikorwa.

Ni igitaramo cyabaye ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 26 Nyakanga 2024, nyuma y’iminsi itatu Komisiyo y’Igihugu y’Amatora itangaje ibya burundu byavuye mu Matora ya Perezida wa Repubulila, bigaragaza ko Perezida Paul Kagame yatsinze ku majwi 99,18%.

Aba banyamuryango ba FRP-Inkotanyi bo mu Murenge wa Nyarugunga, bavuga ko bishimiye kuba Umukandida wabo yaregukanye intsinzi nubwo bari babyiteze kandi bakishimira amajwi yagize asatira 100%.

Chairperson wa FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Nyarugunga, Tumukunde Monica, avuga ko urugendo rw’amatora ya Perezida, barutangiranye na Chairman wabo Paul Kagame, kuva mu kwiyamamaza kugeza no mu matora, ndetse ko na nyuma yayo bazakomezanya mu gushyira mu bikorwa gahunda z’Umuryango zose zigamije iterambere.

Yagize ati “Nyuma yo kwizihiza intsinzi abanyamuryango bariteguye, barambaye, bambariye gutsinda biteguye gukomeza gushyira gahunda za Leta mu bikorwa ndetse n’iz’Umuryango muri rusange.”

Yavuze ko bakurikije igikundiro Chairman wabo afite mu Banyarwanda ndetse na we akaba atarigeze abatenguha na rimwe, bishimangira ko Umuryango FPR-Inkotanyi uzakomeza kugeza ku Banyarwanda ibyiza muri iyi myaka itanu iri imbere.

Vice Chairperson w’Umuryango FPR-Inkotanyi mu Karere ka Kicukiro, Mugunga Williams, yashimiye izi ntore za Nyarugunga zakomeje kugaragaza ubushake n’imbaraga mu gushyigikira gahunda zose z’Umuryango.

Yavuze kandi ko ibi bishimangirwa no kuba Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Nyarugunga, babaye aba mbere mu gukora igitaramo nk’iki cyo kwishimira intsinzi, kandi ko Abanyamuryango ndetse n’Abanyarwanda bose bakwiye kuyishimira.

Mugunga uvuga ko uku kwishimira intsinzi bigomba no kujyana no guterekereza ku kazi gategereje Abanyarwanda mu myaka itanu iri imbere, yagize ati “Iriya ntsinzi ni iyacu kuko twaramutoye kandi twasabwaga kumushyigikira.”

Muri iki gitaramo cyo kwishimira intsinzi ya Perezida Paul Kagame, akaba Chairman wa FPR-Inkotanyi, cyaranzwe kandi no kubyina no gusabana mu Banyamuryango babyina zimwe mu ndirimbo zamamaye cyane mu bikorwa byo kumwamamaza, nka ‘Azabatsinda Kagame’ yagumye mu mitwe y’Abanyarwanda benshi, ndetse banataramirwa n’abahanzi barimo Jules Sentore uzwi mu njyana ya gakondo.

Byari ibyishimo gusa gusa

Umuhanzi Jules Sentore yabibafashijemo

Tumukunde Monica avuga ko kwishimira intsinzi byari ngombwa

Banakase umutsima muri ibi bihe by’umunezero
Gutarama kandi bijyanya no kwica akanyotsa
Hanatanzwe impano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 12 =

Previous Post

Sobanukirwa iby’ingenzi ku kigo kigisha amahoro ku Isi kigiye kubakwa Rwanda n’ibyo cyitezweho

Next Post

Rutsiro: Abagabo bahishuye ibyo bakorerwa n’abagore babo bakaryumaho n’impamvu baba badashaka ko bimenyekana

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

IZIHERUKA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe
AMAHANGA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutsiro: Abagabo bahishuye ibyo bakorerwa n’abagore babo bakaryumaho n’impamvu baba badashaka ko bimenyekana

Rutsiro: Abagabo bahishuye ibyo bakorerwa n’abagore babo bakaryumaho n’impamvu baba badashaka ko bimenyekana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.