Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyarugunga: Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bishimiye intsinzi ya Perezida Kagame baniyemeza kuzakomeza gahunda z’Umuryango

radiotv10by radiotv10
27/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Nyarugunga: Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bishimiye intsinzi ya Perezida Kagame baniyemeza kuzakomeza gahunda z’Umuryango
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, bahuriye mu gitaramo cyo kwishimira intsinzi ya Chairman wabo, Perezida Paul Kagame cyaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo ubusabane ndetse no kwibukiranya gahunda z’uyu Muryango kugira ngo bazakomezanye n’Intore izirusha intambwe mu kuzishyira mu bikorwa.

Ni igitaramo cyabaye ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 26 Nyakanga 2024, nyuma y’iminsi itatu Komisiyo y’Igihugu y’Amatora itangaje ibya burundu byavuye mu Matora ya Perezida wa Repubulila, bigaragaza ko Perezida Paul Kagame yatsinze ku majwi 99,18%.

Aba banyamuryango ba FRP-Inkotanyi bo mu Murenge wa Nyarugunga, bavuga ko bishimiye kuba Umukandida wabo yaregukanye intsinzi nubwo bari babyiteze kandi bakishimira amajwi yagize asatira 100%.

Chairperson wa FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Nyarugunga, Tumukunde Monica, avuga ko urugendo rw’amatora ya Perezida, barutangiranye na Chairman wabo Paul Kagame, kuva mu kwiyamamaza kugeza no mu matora, ndetse ko na nyuma yayo bazakomezanya mu gushyira mu bikorwa gahunda z’Umuryango zose zigamije iterambere.

Yagize ati “Nyuma yo kwizihiza intsinzi abanyamuryango bariteguye, barambaye, bambariye gutsinda biteguye gukomeza gushyira gahunda za Leta mu bikorwa ndetse n’iz’Umuryango muri rusange.”

Yavuze ko bakurikije igikundiro Chairman wabo afite mu Banyarwanda ndetse na we akaba atarigeze abatenguha na rimwe, bishimangira ko Umuryango FPR-Inkotanyi uzakomeza kugeza ku Banyarwanda ibyiza muri iyi myaka itanu iri imbere.

Vice Chairperson w’Umuryango FPR-Inkotanyi mu Karere ka Kicukiro, Mugunga Williams, yashimiye izi ntore za Nyarugunga zakomeje kugaragaza ubushake n’imbaraga mu gushyigikira gahunda zose z’Umuryango.

Yavuze kandi ko ibi bishimangirwa no kuba Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Nyarugunga, babaye aba mbere mu gukora igitaramo nk’iki cyo kwishimira intsinzi, kandi ko Abanyamuryango ndetse n’Abanyarwanda bose bakwiye kuyishimira.

Mugunga uvuga ko uku kwishimira intsinzi bigomba no kujyana no guterekereza ku kazi gategereje Abanyarwanda mu myaka itanu iri imbere, yagize ati “Iriya ntsinzi ni iyacu kuko twaramutoye kandi twasabwaga kumushyigikira.”

Muri iki gitaramo cyo kwishimira intsinzi ya Perezida Paul Kagame, akaba Chairman wa FPR-Inkotanyi, cyaranzwe kandi no kubyina no gusabana mu Banyamuryango babyina zimwe mu ndirimbo zamamaye cyane mu bikorwa byo kumwamamaza, nka ‘Azabatsinda Kagame’ yagumye mu mitwe y’Abanyarwanda benshi, ndetse banataramirwa n’abahanzi barimo Jules Sentore uzwi mu njyana ya gakondo.

Byari ibyishimo gusa gusa

Umuhanzi Jules Sentore yabibafashijemo

Tumukunde Monica avuga ko kwishimira intsinzi byari ngombwa

Banakase umutsima muri ibi bihe by’umunezero
Gutarama kandi bijyanya no kwica akanyotsa
Hanatanzwe impano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 2 =

Previous Post

Sobanukirwa iby’ingenzi ku kigo kigisha amahoro ku Isi kigiye kubakwa Rwanda n’ibyo cyitezweho

Next Post

Rutsiro: Abagabo bahishuye ibyo bakorerwa n’abagore babo bakaryumaho n’impamvu baba badashaka ko bimenyekana

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutsiro: Abagabo bahishuye ibyo bakorerwa n’abagore babo bakaryumaho n’impamvu baba badashaka ko bimenyekana

Rutsiro: Abagabo bahishuye ibyo bakorerwa n’abagore babo bakaryumaho n’impamvu baba badashaka ko bimenyekana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.