Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma y’imyaka 10 Obadiah Biraro ari Umugenzuzi Mukuru yasimbujwe, abandi bahawe imyanya barimo Uwacu Julienne

radiotv10by radiotv10
14/10/2021
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nyuma y’imyaka 10 Obadiah Biraro ari Umugenzuzi Mukuru yasimbujwe, abandi bahawe imyanya barimo Uwacu Julienne
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Ukwakira 2021, yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta wagizwe Alex Kamuhire wasimbuye Obadiah Biraro wari umaze imyaka 10 kuri uyu mwanya.

 

Ibi bikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida Paul Kagame aho yashyize mu myanya abayobozi bashya.

Obadiah Biraro wasimbuwe na Alex Kamuhire, yari Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta kuva tariki 01 Kamena 2011 mu gihe icyo gihe yari amaze imaka itandatu (6) ari Umugenzuzi Mukuru Wungirije.

 

Mu bandi bashyizwe mu myanya, barimo Uwacu Julienne wagizwe Umuyobozi Nshingwabikorwa ushinzwe agashami ko Kwigira (Executive Director/Community resilience Department) muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Insingano Mboneragihugu.

Uwacu Julienne wigeze kuba Minisitiri wa Siporo, yaherukaga kuba ayoboye Ikigega cyari gishinzwe gufasha Abarokotse Jenoside batishoboye cya FARG giherutse gukurwaho.

Nanone kandi Nadine Umutoni Gatsinzi wari Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Wungirije ushinzwe Ubukungu n’Imibereho myiza y’Abaturage, we yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Imikurire no kurengera umwana.

 

Inama y’Abaminisitiri kandi yagize ACP Rose Muhisoni Komiseri Mukuru wungirije w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa.

ACP Rose Muhisoni wari asanzwe ari Umuyobozi wungirije w’Ishami rya Polisi rishinzwe Imikoranire ya Polisi n’Abaturage, Community Policing, agiye muri RCS asimbuye Jeanne Chantal Ujeneza wagizwe Umuyobozi Mukuru wungirije wa Polisi ushinzwe Ubutegetsi n’Imari.

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − one =

Previous Post

Abaturage bo muri Nyagatare babangamiwe no gushyingura mu rugo nyuma y’uko irimbi riri kure

Next Post

Perezida  Kagame yahaye imbabazi Habumuremyi wabaye Minisitiri w‘Intebe wari umaze umwa afunze

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida  Kagame yahaye imbabazi Habumuremyi wabaye Minisitiri w‘Intebe wari umaze umwa afunze

Perezida  Kagame yahaye imbabazi Habumuremyi wabaye Minisitiri w‘Intebe wari umaze umwa afunze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.