• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma y’imyaka 10 Obadiah Biraro ari Umugenzuzi Mukuru yasimbujwe, abandi bahawe imyanya barimo Uwacu Julienne

radiotv10by radiotv10
14/10/2021
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nyuma y’imyaka 10 Obadiah Biraro ari Umugenzuzi Mukuru yasimbujwe, abandi bahawe imyanya barimo Uwacu Julienne
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Ukwakira 2021, yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta wagizwe Alex Kamuhire wasimbuye Obadiah Biraro wari umaze imyaka 10 kuri uyu mwanya.

 

Ibi bikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida Paul Kagame aho yashyize mu myanya abayobozi bashya.

Obadiah Biraro wasimbuwe na Alex Kamuhire, yari Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta kuva tariki 01 Kamena 2011 mu gihe icyo gihe yari amaze imaka itandatu (6) ari Umugenzuzi Mukuru Wungirije.

 

Mu bandi bashyizwe mu myanya, barimo Uwacu Julienne wagizwe Umuyobozi Nshingwabikorwa ushinzwe agashami ko Kwigira (Executive Director/Community resilience Department) muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Insingano Mboneragihugu.

Uwacu Julienne wigeze kuba Minisitiri wa Siporo, yaherukaga kuba ayoboye Ikigega cyari gishinzwe gufasha Abarokotse Jenoside batishoboye cya FARG giherutse gukurwaho.

Nanone kandi Nadine Umutoni Gatsinzi wari Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Wungirije ushinzwe Ubukungu n’Imibereho myiza y’Abaturage, we yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Imikurire no kurengera umwana.

 

Inama y’Abaminisitiri kandi yagize ACP Rose Muhisoni Komiseri Mukuru wungirije w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa.

ACP Rose Muhisoni wari asanzwe ari Umuyobozi wungirije w’Ishami rya Polisi rishinzwe Imikoranire ya Polisi n’Abaturage, Community Policing, agiye muri RCS asimbuye Jeanne Chantal Ujeneza wagizwe Umuyobozi Mukuru wungirije wa Polisi ushinzwe Ubutegetsi n’Imari.

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Abaturage bo muri Nyagatare babangamiwe no gushyingura mu rugo nyuma y’uko irimbi riri kure

Next Post

Perezida  Kagame yahaye imbabazi Habumuremyi wabaye Minisitiri w‘Intebe wari umaze umwa afunze

Related Posts

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Next Post
Perezida  Kagame yahaye imbabazi Habumuremyi wabaye Minisitiri w‘Intebe wari umaze umwa afunze

Perezida  Kagame yahaye imbabazi Habumuremyi wabaye Minisitiri w‘Intebe wari umaze umwa afunze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.