• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

radiotv10by radiotv10
19/01/2026
in MU RWANDA
0
Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Ngoma bari baherutse kugaragaza ikibazo cy’inzu mberabyombi biyubakiye ku bufatanye n’Ubuyobozi yari yangiritse ikabura uyitaho ndetse n’ibikorwa byakorerwagamo bibateza imbere bigahagarara, bagarukanye amashimwe bavuga ko ubuvugizi bakorewe bwatanze umusaruro.

Mu mpera z’umwaka ushize wa 2025, ni bwo hari abaturage bo mu Murenge wa Murama babwiye RADIOTV10 ko babangamirwa cyane n’uko inzu mberabyombi bubatse ku bufatanye n’ubuyobozi bagamije kujya bakoreramo inama no kuyikodesha ku bayikenera, yaje kwangirika ku buryo yari yarabuze gikurikirana.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma bwari bwabwiye Radio TV10 ko igiye kuvugururwa kimwe n’izindi nyubako za Leta.

Kuri ubu aba baturage bongeye kubwira Radio10 na TV10 ko bishimira ko ubuyobozi bwayivuguruye bukayisana ku buryo kuyicaramo muri iyi minsi bishimishije.

Uwitwa Annoncitha Gasagate ati “Umuyobozi dufite uyu munsi ndamushima cyane. Yasanze isa nabi arayikora neza, arayidekora iba salle nzima. Bari batangiye no kuyiganya kuyikoreramo ibyo byose nakubwiye (kuyikodesha no kuyikoreramo inama), ubu ngubu ni nyabagendwa. Iyo tuyicayemo tuba twumva twishimye.”

Undi witwa Mukantwari Veredianne yunzemo ati “Yari imeze nabi, abana nacu bari barahangayitse bajya gukodesha aho bakorera ubukwe, biratubabaza. Ubu irasa neza, numva n’ifoto wayijyanye uravuga uti mfite ifoto nziza.”

Abaturage bashima uruhare rw’itangamakuru ndetse n’ubuyobozi bwabafashije kugira ngo iki kibazo gikemurwe, kandi nabo bafite uruhare mu gukomeza kubungabunga ibikorwaremezo bahawe.

Bavugaga ko inzu yabo yangiritse ikabura uyitaho

Byahise bihinduka ubu inzu imeze neza ndetse iranakora
Bishimira ubuvugizi bakorewe

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Next Post

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.