Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma yo kwakira Minisitiri w’Ingabo, Perezida w’u Burundi yanakiriye ukuriye Gatulika mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
17/03/2022
in MU RWANDA
0
Nyuma yo kwakira Minisitiri w’Ingabo, Perezida w’u Burundi yanakiriye ukuriye Gatulika mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yakiriye Musenyeri Antoine Karidinali Kambanda, Arikiyepisikopi wa Kigali, ugiriye uruzinduko muri iki Gihugu nyuma y’iminsi micye kigenderewe n’intumwa z’u Rwanda zari ziyobowe na Minisitiri w’Ingabo, Maj Gen Albert Murasira.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi, kuri uyu wa Kane tariki 17 Werurwe 2022 byatangaje ko Perezida Evariste Ndayishimiye yakiriye mu biro bye Musenyeri Antoine Karidinali Kambanda.

Ubutumwa bwanyujijwe kuri Twitter y’Ibiro by’Umukuru w’u Burundi, bugira buti “Umukuru w’Igihugu Nyakubahwa Evariste Ndayishimiye yakiriye mu biro bye by’i Gitega, nyiricyubahiro Musenyeri Antoine Karidinali Kambanda, Arikiyepisikopi wa Kigali uri mu ruzinduko mu Burundi mu ihuriro rya Kiliziya Gatulika hagati y’u Rwanda n’u Burundi.”

Ubu butumwa buherekejwe n’ifoto igaragaza Perezida Ndayishimiye n’umugore we Angeline Ndayishimiye bari kumwe na Musenyeri Antoine Karidinali Kambanda waherekejwe na Musenyeri Philippe Rukamba, Umushumba wa Diyoseze ya Butare ndetse na bamwe mu bihayimana bo mu Burundi.

Perezida Evariste Ndayishimiye na Madamu we Angeline Ndayishimiye basanzwe ari abakristu ba Kiliziya Gatulika, bakaba bakunze no kugaragara bitabiriye igitambo cya misa.

Perezida Evariste Ndayishimiye yakiriye Musenyeri Antoine Karidinali Kambanda nyuma y’iminsi ibiri yakiriye Minisititi w’Ingabo z’u Rwanda, Maj Gen Albert Murasira wamushyikirije ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame.

Ibi byose bibaye mu gihe u Burundi n’u Rwanda bari mu nzira zo kuzahura umubano umaze imyaka irindwi urimo igitotsi cyanahungabanyije imigenderanire n’imikoranire y’Ibihugu byombi.

Ubwo Ndayishimiye yakiraga Maj Gen Murasira akamushyikiriza ubutumwa bwa Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 14 =

Previous Post

Guverinoma yasobanuye impamvu ibicuruzwa biturura Uganda bitaratangira kuboneka mu Rwanda

Next Post

Imwe mu ngamba zo kwirinda COVID mu Rwanda yakuweho

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri
IBYAMAMARE

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imwe mu ngamba zo kwirinda COVID mu Rwanda yakuweho

Imwe mu ngamba zo kwirinda COVID mu Rwanda yakuweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.