Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma yo kwakira Minisitiri w’Ingabo, Perezida w’u Burundi yanakiriye ukuriye Gatulika mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
17/03/2022
in MU RWANDA
0
Nyuma yo kwakira Minisitiri w’Ingabo, Perezida w’u Burundi yanakiriye ukuriye Gatulika mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yakiriye Musenyeri Antoine Karidinali Kambanda, Arikiyepisikopi wa Kigali, ugiriye uruzinduko muri iki Gihugu nyuma y’iminsi micye kigenderewe n’intumwa z’u Rwanda zari ziyobowe na Minisitiri w’Ingabo, Maj Gen Albert Murasira.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi, kuri uyu wa Kane tariki 17 Werurwe 2022 byatangaje ko Perezida Evariste Ndayishimiye yakiriye mu biro bye Musenyeri Antoine Karidinali Kambanda.

Ubutumwa bwanyujijwe kuri Twitter y’Ibiro by’Umukuru w’u Burundi, bugira buti “Umukuru w’Igihugu Nyakubahwa Evariste Ndayishimiye yakiriye mu biro bye by’i Gitega, nyiricyubahiro Musenyeri Antoine Karidinali Kambanda, Arikiyepisikopi wa Kigali uri mu ruzinduko mu Burundi mu ihuriro rya Kiliziya Gatulika hagati y’u Rwanda n’u Burundi.”

Ubu butumwa buherekejwe n’ifoto igaragaza Perezida Ndayishimiye n’umugore we Angeline Ndayishimiye bari kumwe na Musenyeri Antoine Karidinali Kambanda waherekejwe na Musenyeri Philippe Rukamba, Umushumba wa Diyoseze ya Butare ndetse na bamwe mu bihayimana bo mu Burundi.

Perezida Evariste Ndayishimiye na Madamu we Angeline Ndayishimiye basanzwe ari abakristu ba Kiliziya Gatulika, bakaba bakunze no kugaragara bitabiriye igitambo cya misa.

Perezida Evariste Ndayishimiye yakiriye Musenyeri Antoine Karidinali Kambanda nyuma y’iminsi ibiri yakiriye Minisititi w’Ingabo z’u Rwanda, Maj Gen Albert Murasira wamushyikirije ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame.

Ibi byose bibaye mu gihe u Burundi n’u Rwanda bari mu nzira zo kuzahura umubano umaze imyaka irindwi urimo igitotsi cyanahungabanyije imigenderanire n’imikoranire y’Ibihugu byombi.

Ubwo Ndayishimiye yakiraga Maj Gen Murasira akamushyikiriza ubutumwa bwa Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Guverinoma yasobanuye impamvu ibicuruzwa biturura Uganda bitaratangira kuboneka mu Rwanda

Next Post

Imwe mu ngamba zo kwirinda COVID mu Rwanda yakuweho

Related Posts

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imwe mu ngamba zo kwirinda COVID mu Rwanda yakuweho

Imwe mu ngamba zo kwirinda COVID mu Rwanda yakuweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.