Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Nyuma yuko Urwego rwa Leta rwinjiye mu bibazo bya Rayon indi kipe yarwiyambaje

radiotv10by radiotv10
26/11/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Nyuma yuko Urwego rwa Leta rwinjiye mu bibazo bya Rayon indi kipe yarwiyambaje
Share on FacebookShare on Twitter

Uwari mu buyobozi bw’Ikipe ya AS Kigali iherutse kubona ubuyobozi bushya we akaba atabwemera, yandikiye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, arusaba kwinjira mu bibazo biri mu buyobozi bw’iyi kipe.

Ni nyuma yuko ku Cyumweru tariki 23 Ugushyingo 2025 habaye amatora ya Komite Nyobozi ya AS Kigali, yarangiye Jean Chrysostome Rindiro ari we utorewe kuba Perezida, agasimbura Dr. Rubagumya Emmanuel wari uri kuri izi nshingano by’agateganyo, wari wazifashe nyuma yuko Shema Ngoga Fabrice amaze gutorerwa kuba Perezida wa FERWAFA.

Aya matora kandi yasize Anne-Lise Alida Kankindi atorewe kuba Visi Perezida, Umunyamabanga Mukuru aba Fabrice Habanabakize, Chantal Habiyakare atorerwa kuba Umubitsi, naho Jonathan Harindintwari atorwa nk’Umujyanama mu bya Tekinike ndetse na Yves Sangano watorewe kuba Umujyanama mu by’amategeko.

Itorwa ry’iyi Komite Nyobozi itemerwa na Dr. Rubagumya Emmanuel wari Perezida w’Agateganyo, ryakurikiwe n’urwandiko rurerure yanditse, agaragazamo ko aba batowe bishyizeho.

Muri uru rwandiko, Dr. Rubagumya Emmanuel yandikiye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, arusaba ko rwabyinjiramo kugira ngo ibi bibazo bikemuke.

Hari aho agira ati “Tukaba dusaba ko mwaza kudufasha gukemura ibibibazo kuko tubona gukorera mu mwuka nk’uyu bizaduteza ibibazo bikomeye ndetse iyo komite tutazi ikimara kujyaho yagiye aho dukorera yiinjira ku gahato bahindura ingufuri. Ibyo byose bituma haba urujijo kuko hasa n’ahari Komite Nyobozi ebyiri kandi twebwe iyo yashyizweho binyuranyije n’amategeko ntituyemera.”

Muri iyi baruwa kandi, Dr. Rubagumya yagarutse ku bibazo biri muri iyi kipe, birimo umwenda wa miliyoni zirenga 130 Frw w’abakozi ba AS Kigali, ndetse n’umwenda wa miliyoni 90 Frw wafashwe muri Banki ya Kigali mu buryo butazwi.

Uru rwandiko uyu wahoze mu buyobozi bwa AS Kigali, ruje mu gihe RGB yamaze no kwinjira mu bibazo bya Rayon Sports na yo yari imaze iminsi ivugwamo ibibazo bishingiye ku bwumvikane bucye bwari hagati y’abagize inzego z’umuryango w’iyi Kipe.

Uru rwego kandi rwamaze gufata icyemezo cyo gusesa inzego zose za Rayon Sports, rushyiraho komite y’inzibacyuho iyobowe na Murenzi Abdallah, yahawe amezi atatu kugira ngo ishyire ibintu ku murongo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Related Posts

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

by radiotv10
26/11/2025
0

Nyuma yuko Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports buhannye Kapiteni w'iyi kipe, Amissi Cédric kubera imyitwarire ye igayitse avugwaho kugaragaza, uyu rutahizamu...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

by radiotv10
26/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, rwongeye gusesa inzego zose z’Umuryango w’Ikipe ya Rayon Sports, rushyiraho komite y’inzibacyuho iyobowe Murenzi Abdallah, yahawe...

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

by radiotv10
25/11/2025
0

Umukinnyi w’Umunya-Senegal, Idrissa Gana Gueye ukinira Everton yo mu Bwongereza waherewe ikarita itukura mu mukino wabahuje na Manchester United nyuma...

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

by radiotv10
25/11/2025
0

Haruna Niyonzima wakiniye amakipe anyuranye mu Rwanda no mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, avuga ko gutsindwa kw’amakipe akomeye mu Rwanda...

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare muri Afurika (CAC) ku nshuro ya mbere mu mateka yashyize hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu...

IZIHERUKA

Nyuma yuko Urwego rwa Leta rwinjiye mu bibazo bya Rayon indi kipe yarwiyambaje
FOOTBALL

Nyuma yuko Urwego rwa Leta rwinjiye mu bibazo bya Rayon indi kipe yarwiyambaje

by radiotv10
26/11/2025
0

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma yuko Urwego rwa Leta rwinjiye mu bibazo bya Rayon indi kipe yarwiyambaje

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.