• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

radiotv10by radiotv10
26/11/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, rwongeye gusesa inzego zose z’Umuryango w’Ikipe ya Rayon Sports, rushyiraho komite y’inzibacyuho iyobowe Murenzi Abdallah, yahawe inshingano zirimo gusuzuma no kuvugurura amategeko y’uyu muryango.

Ni icyemezo cyatangajwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 25, aho uru Rwego RGB ruvuga ko cyafashwe nyuma yuko ubuyobozi bwarwo bugiranye inama n’ubuyobozi bw’ Umuryango wa Rayon Sports, hagamijwe gukemura ibibazo bikomeje kugaragara mu miyoborere, bigira ingaruka ku mikorere y’ikipe, imiyoborere yayo n’umusanzu wayo mu iterambere rya siporo.

Iri tangazo rivuga ko “Nyuma yo gusuzuma byimbitse ibi bibazo, inama yafashe umwanzuro wo guhagarika inzego zose zari ziyoboye umuryango wa Rayon Sports ari zo: Inama y’Ubutegetsi, Komite Nyobozi, Komite Ngenzuzi, ndetse n’Akanama gashinzwe gukemura amakimbirane.”

RGB kandi yashyizeho komite y’agateganyo ifite inshingano zo gusuzuma no kuvugurura amategeko y’Umuryango wa Rayon Sports; gusesengura no kuvugurura inzego z’imiyoborere hagenwa n’inshingano zazo.

Iyi komite y’agateganyo kandi ifite inshingano zo gukurikirana igenzura (external audit) ry’imikorere y’umuryango; gusigasira ubumwe n’ubusugire by’umurynago wa Rayon Sports mu gihe cy’ inzibacyuho; no gukurikirana ibikorwa n’imirimo yose y’umuryango mu gihe cy’amezi atatu.

RGB yahise igaragaza abagize iyi komite y’inzibacyuho, barimo Murenzi Abdallah, uyikuriye, Mc. Jean Bosco Nubumwe, Josce Akayezu, Gakwaya Olivier, na Nsabyimana Batiste.

RGB ikavuga ko “izakomeza gufasha Rayon Sports mu ishyirwa mu bikorwa ry’izi mpinduka hagamijwe gutuma ikipe ikora mu buryo burambye, bwa kinyamwuga kandi bujyanye n’amategeko ndetse n’amahame y’imiyoborere myiza.”

Uru rwego ruvuga ko izi ngamba zafashwe, ari intambwe nziza mu kugarura ituze mu muryango wa Rayon Sports wari umaze iminsi urimo kudahuza kwa bamwe mu bayobozi.

Murenzi Abdallah ni we uzaba akuriye Komite y’Inzibacyuho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 3 =

Previous Post

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Next Post

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.