Aristide Mugabe wakiniye amakipe anyuranye ya Basketball n’iy’Igihugu yanabereye Kapiteni, yatangajwe nk’umutoza wungirije wa Kepler Basketball Club, nyuma y’amasaha macye atangaje ko asezeye burundu gukina nk’uwabigize umwuga.
Ibi byatangajwe n’ubuyobozi bwa Kaminuza Kepler bushinzwe iby’imikino kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Gashyantare 2026.
Mu itangazo ryatangajwe n’ubuyobozi bwa Kepler, ryanyujijwe ku mbuga nkoranyambaga, bwagize buti “akigera mu kiruhuko ahise atangira undi mwuga! Mudufashe kwakira umutoza Aristide Mugabe, kandi tumwifuriza isabukuru nziza.”

Mugabe ahawe akazi ko kuba umutoza wungirije wa Kepler Basketball Club nyuma yuko kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Gashyantare 2026 atangaje ko asezeye gukina nk’uwabigize umwuga, akaba yinjiye mu kiruhuko.
Mu butumwa butangaza iki cyemezo, Mugabe Aristide yari yagize ati “Nyuma y’imyaka 18, ntangaje ko ngiye mu kiruhuko mu gukina umukino wa Basketball.”
Mugabe umaze igihe yaranatangiye umwuga w’ubutoza, yakomeje ashima Imana muri iki gihe amaze akina uyu mukino wa Bastetball kimwe n’abandi bose bamufashije muri uru rugendo.
Aristide w’imyaka 37 y’amavuko watangiye gukina nk’uwabigize umwuga muri 2007, yahereye mu ikipe ya Rusizi BBC, aza kuyivamo muri 2009 ahita yerecyeza muri Espoir BBC na yo yavuyemo muri 2015, ahita ajya muri Patriots BBC, na yo yavuyemo muri 2023 agahita yereceza muri Kepler Basketball Club agiye gutangira kubera umutoza wungirije.
RADIOTV10










