• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO BASKETBALL

Mugabe Aristide wabaye kapiteni w’Ikipe y’Igihugu yasezeye burundu basketball

radiotv10by radiotv10
10/02/2026
in BASKETBALL, SIPORO
0
Mugabe Aristide wabaye kapiteni w’Ikipe y’Igihugu yasezeye burundu basketball
Share on FacebookShare on Twitter

Mugabe Aristide wakiniye amakipe anyuranye mu mukino wa Basketball n’iy’Igihugu yanabereye Kapiteni wayo, yatangaje ko yahagaritse burundu gukina uyu mukino nk’uwabigize umwuga.

Uyu mukinnyi uzwi mu makipe anyuranye ya Basketball, yabitangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Gashyantare, mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga.

Mugabe Aristide yagize ati “Nyuma y’imyaka 18, ntangaje ko ngiye mu kiruhuko mu gukina umukino wa Basketball.”

Uyu mukinnyi umaze igihe yaranatangiye umwuga w’ubutoza, yakomeje ashima Imana muri iki gihe amaze akina uyu mukino wa Bastetball kimwe n’abandi bose bamufashije muri uru rugendo.

Yavuze kandi ko ashimira umuryango we, inshuti ndetse n’abatoza yanyuze imbere, kimwe n’abo bakinanye bose, ndetse n’abafana muri rusange.

Asezeye burundu gukina Basketball nyuma y’imyaka ine asezeye mu ikipe y’Igihugu yanabereye kapiteni, gusa akaba yarakunze kuyiba hafi mu mikino mpuzamahanga yabaga ifite.

Aristide wari umaze imyaka 18 akina uyu mukino wa Basketball, yatangiriye mu ikipe ya Rusizi BBC mu mwaka wa 2007, ayivamo muri 2009 ubwo yerekezaga muri Espoir BBC, aza kujya muri Patriots muri 2015 yanamenyekanyemo cyane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 7 =

Previous Post

How Rwanda’s Digital ID will let citizens control their personal information

Next Post

Rubavu: Impungenge z’abamaze imyaka itandatu mu nzu bubakiwe zituma barara badasinziriye

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Rubavu: Impungenge z’abamaze imyaka itandatu mu nzu bubakiwe zituma barara badasinziriye

Rubavu: Impungenge z'abamaze imyaka itandatu mu nzu bubakiwe zituma barara badasinziriye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.