Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nzajya gukorera ikiruhuko mu rwuri rwe- Muhoozi yavuze ko akumbuye Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
17/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nzajya gukorera ikiruhuko mu rwuri rwe- Muhoozi yavuze ko akumbuye Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

General Muhoozi Kainerugaba uherutse kuzamurwa mu mapeti agahabwa irya General riruta ayandi mu Gisirikare cya Uganda, yavuze ko akumbuye Perezida Paul Kagame, anatangaza aho azakorera ikiruhuko.

Muhoozi Kainerugaba wambitswe ipeti rya General aherutse guhabwa na Se Perezida Yoweri Kaguta Museveni akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo za Uganda, yagaragaje ko akumbuye Perezida Paul Kagame akunze kwita Sewabo.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, General Muhoozi yagize ati “Nkumbuye data wacu w’umunyabwenge kandi w’intangarugero! Nzajya gukorera ikihuko mu rwuri rwe. Ubundi njye kwagaza ishyo ry’Inyambo ananyungure ibitekerezo.”

General Muhoozi Kainerugaba wagize uruhare mu kubyutsa umubano w’u Rwanda na Uganda wari umaze igihe urimo igitotsi, muri uyu mwaka yagendereye u Rwanda inshuro ebyiri, zombi yanakiriwe na Perezida Paul Kagame, banagirana ibiganiro.

Mu ruzinduko rwa kabiri yagize muri Werurwe uyu mwaka, yanagabiwe Inka z’inyambo na Perezida Paul Kagame ubwo yamutemberezaga mu rwuri rwe tariki 15 Werurwe 2022.

Icyo gihe Muhoozi akimara kugera muri Uganda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku bwo kumugabira Inka z’Inyambo.

Mu butumwa bwe, icyo gihe yagize ati “Mu muco wacu duhuriyeho by’umwihariko nkatwe twakuriye mu miryango y’aborozi nka Banyankore, Banyarwanda, Karimojong, Dinka na Masai nta kintu gihebuje kigaragaza ubucuti nko kuba umuntu yakugabira Inka. Afande Kagame yampaye Inyana icumi mu nka ze z’Inyambo.”

Nyuma y’ukwezi kumwe agabiwe, Muhoozi yongeye gushimira Perezida Paul Kagame, anamumenyesha ko Inka zamugezeho amahoro.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter tariki 16 Mata 2022, bwari buherekejwe n’umushumba ashoreye Inka z’inyambo, Muhoozi yagize ati “Umunsi ubanziriza Ejobundi hashize nakiriye Inka zanjye nahawe na Nyakubahwa Paul Kagame. Ubu guhera uyu munsi ndi Inkotanyi.”

Muhoozi Kainerugaba aherutse guhabwa ipeti rya General ariko yamburwa inshingano zo kuba Umugaba Mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − two =

Previous Post

UK: Minisitiri w’Imari yirukanywe bitunguranye nyuma y’ukwezi n’igice ahawe inshingano

Next Post

Karongi: Batujwe muri etaje ariko bamwe baryama ku mashashi abandi ku byatsi

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

by radiotv10
24/11/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, avuga ko amaze imyaka 14 abariwe inguranye y’ubutaka bwe bwubatsweho...

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

by radiotv10
24/11/2025
0

In many homes, disagreements between parents often come from one simple but powerful source: the desire to raise children the...

10 Reasons why you should visit Rwanda

10 Reasons why you should visit Rwanda

by radiotv10
24/11/2025
0

Rwanda has become one of Africa’s most inspiring destinations, a place where natural beauty, safety, culture, and progress blend into...

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

by radiotv10
24/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yahuye na mugenzi we Faustin Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique, bagirana ibiganiro byagarutse ku mikoranire irimo...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Karongi: Batujwe muri etaje ariko bamwe baryama ku mashashi abandi ku byatsi

Karongi: Batujwe muri etaje ariko bamwe baryama ku mashashi abandi ku byatsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.