Friday, July 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Operasiyo Iranzi Jean Claude muri USA: Antha avuze ukuri kutari kuzwi

radiotv10by radiotv10
30/05/2022
in SIPORO
0
Operasiyo Iranzi Jean Claude muri USA: Antha avuze ukuri kutari kuzwi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, Umukinnyi wa Rayon Sports n’Ikipe y’Igihugu, Iranzi Jean Claude yerecyeje muri Leta Zunze Ubumwe za America. Hamenyekanye amakuru mpamo y’ikimujyanye ndetse hanasobanurwa niba azagaruka cyangwa atazagaruka.

Iranzi Jean Claude yuriye rutemikirere mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 28 Gicurasi 2022 aho yari aherekejwe n’umuryango we ukamugeza ku kibuga cy’Indege i Kanombe.

Umunyamakuru wacu, Mucyo Biganiro Antha, usanzwe ari inshuti ya Iranzi Jean Claude, yavuze ko urugendo rw’uyu mukinnyi yarugize ibanda rikomeye ku bushake bwe.

Antha yavuze ko Iranzi ajya kugenda, yabanje kumuganiriza akamubitsa ibanga azamena ubwo azaba amaze kugera muri Leta Zunze Ubumwe za America ubu akaba yamaze kugerayo muri Leta ya Indiana.

Iranzi Jean Claude yagiye muri Leta Zunze Ubumwe za America ku butumire bwa Buyoya wakinnye umupira w’amaguru mu Rwanda ubu utuye muri Leta Zunze Ubimwe za America.

Uyu Buyoya waganiriye na Iranzi Jean Claude uburyo azagera muri Leta Zunze Ubumwe za America akigumirayo ashakishirizayo imibereho, yamusabye kwegeranya ibyangombwa byose by’amakipe yakiniye ndetse n’ubutumire bw’Ikipe y’Igihugu Amavubi.

Ngo ibi byangombwa ni byo yajyanye ku Kigo cy’Igihugu gishinzwe abinjira n’abasohoka kugira ngo yemeze ko atazigera acika, bituma bamuha Visa.

Biganiro Antha, yagize ati “Iranzi yabonye Visa ku wa Kabiri w’icyumweru cyashize, arayibika abigira ibanga, ku wa Gatandatu ni bwo yari afite urugendo, saa mbiri z’ijoro ni bwo yari ageze ku kibuga cy’indege n’umuryango we gusa, ntawundi muntu ubizi.”

Antha avuga ko ubwo Iranzi yari akigera mu ndege yamwandikiye ubutumwa amumenyesha iri banga rye ko agiye gushakishiriza imibereho muri USA.

Ati “Arambwira ati ‘nshuti yanjye, ibi bintu nkubwiye ntabwo nshaka ko ubivuga, uzabivuge nagezeyo’ arambwira ati ‘ngiye mu mujyi nyine’. Irangi yagiye Rayon Sports itabizi, nanjye iyo mbivuga nari kuba muvuyemo.”

Antha wabaraga inkuru y’igenda rya Iranzi, yagize ati “Iranzi agiye mu bukwe bwa Buyoya ariko iyo umaze kugerayo, ufata ubutumire n’ibindi bitandukanye wajyanye ukabishyira ku ruhande, ugahita utangira akazi ugatangira gushaka ibindi byangombwa byo kuba hariya tutakwirirwa tuvuga mu mazina, mu yandi magambo, abakunzi b’ikipe ya Rayon Sports, aba APR, abakunzi ba Iranzi Jean Claude, Iranzi Jean Claude kwaheri n’umupira w’amaguru.”

Iranzi yamaze kugera muri USA yakirwa na Buyoya

OPERASIYO YOSE YUMVE HANO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − ten =

Previous Post

Karasira yabwiye Urukiko ko atazigera aburana atarakira uburwayi afite burimo ubwo mu mutwe

Next Post

Musanze: V/Mayor yabajijwe ikibazo n’Umunyamakuru araruca ararumira ahita ahindukira amwereka mu mugongo arigendera

Related Posts

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

by radiotv10
03/07/2025
0

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC inafite igikombe cya Shampiyona initegura kuzahagararira u Rwanda mu marushanwa nyafurika, yatangiye imyitozo igaragaramo...

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

by radiotv10
02/07/2025
0

Umukinnyi wa Basketball, Obadiah Noel ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za America, wakiniye ikipe ya APR BBC mu mikino ya...

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

by radiotv10
27/06/2025
0

Nyuma y'iminsi myinshi hibazwa ahazaza ha kizigenza Cristiano Ronaldo dore ko yari afite amasezerano azarangirana n’uku kwezi, byarangiye yemeye kuguma...

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

by radiotv10
27/06/2025
0

Ikipe ya Police Volleyball Club yafunguye ku mugaragaro irerero (academy) ryayo ry’abahungu n’abakobwa, mu kigo cy’Amashuri cya Lycée de Kigali,...

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

by radiotv10
26/06/2025
0

Imiterere mishya ya Kylian Mbappe iteye impungenge abafana ba Real Madrid, nyuma yo gutakaza ibilo bitanu kubera uburwayi bwa virusi,...

IZIHERUKA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma
IMIBEREHO MYIZA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

03/07/2025
AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

03/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

03/07/2025
Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

02/07/2025
Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

02/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: V/Mayor yabajijwe ikibazo n’Umunyamakuru araruca ararumira ahita ahindukira amwereka mu mugongo arigendera

Musanze: V/Mayor yabajijwe ikibazo n’Umunyamakuru araruca ararumira ahita ahindukira amwereka mu mugongo arigendera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.