• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

radiotv10by radiotv10
18/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyezamu Pavelh Ndzila w’ikipe ya Rayon Sports yagiyemo avuye muri APR FC na yo yinjiyemo ari umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu ya Congo Brazaville, yatangaje impamvu atagikinira ikipe y’Igihugu cye.

Mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, Ndzila yavuze ko hari amakimbirane hagati y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru na Minisiteri ya Siporo muri Congo Brazaville, ibintu byagize ingaruka mbi ku musaruro w’ikipe y’Igihugu.

Ati “Nahagaritse gukinira ikipe y’Igihugu. Gusa nshobora kugaruka igihe ibibazo biri hagati ya Federasiyo na Minisiteri byaba byakemutse, kuko byangije ikipe y’Igihugu. Kubera iyo mpamvu nahisemo kubivamo.”

Uyu munyezamu yakomeje avuga ko aherutse guhamagarwa n’abashinzwe ikipe y’Igihugu ngo bamenye uko ameze, ariko yanze kwitabira kuko ibibazo bikiri mu nzego z’ubuyobozi bitarakemuka.

Ati “Bampamagaye bambaza niba nakomeza, ariko ndabyanga. Sinshobora kujya mu Ikipe y’Igihugu mu gihe ibintu bitarajya ku murongo. Kugeza ubu, Ikipe y’Igihugu yitabirwa n’abakinnyi bakina imbere mu Gihugu gusa, nta n’umwe bakinisha wo hanze kandi turabafite benshi.”

Pavelh Ndzila yagize ibanga ikibazo gihari kugira ngo bitamugiraho ingaruka, ariko ashimangira ko ari byo byatumye bamwe mu bakinnyi bakina hanze, na we arimo, bafata umwanzuro wo kudakomeza kwitabira.

Ati “Ni amakimbirane ari hagati y’abayobozi. Si byiza kubisobanura neza, ariko icyo nzi ni uko ayo makimbirane ari yo yatumye benshi bareka kuza, nanjye ubwanjye.”

Pavelh Ndzila aheruka gukinira ikipe y’Igihugu ya Congo Brazzaville mu mwaka wa 2024, ubwo yari amaze kwinjira muri APR FC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

Next Post

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.