• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

radiotv10by radiotv10
12/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika mu nama y’Abayobozi Bakuru b’Ibigo by’Ubucuruzi izwi nka Africa CEO Forum.

Iyi nama yitabiriwe na Perezida Kagame, yanitabiriwe n’Abakuru b’Ibihugu binyuranye byo ku Mugabane wa Afurika, barimo Alassane Dramane Ouattara wa Côte d’Ivoire, Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo, na Bassirou Diomaye Faye, ndetse na  Mohamed Ould Ghazouani wa Mauritanie.

Amakuru dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, yatangajwe kuri uyu wa Mbere, avuga ko “Perezida Kagame yageze i Abidjan muri Côte d’Ivoire, aho yagiye kwifatanya n’Abakuru b’Ibihugu banyuranye bo ku Mugabane wa Afurika ndetse n’abayobozi b’Ibigo by’ubucuruzi 2 000, abashoramari, ndetse n’abafata ibyemezo bya Politiki baturutse muri Afurika no mu bindi bice by’Isi mu Ihuriro ngarukamwaka rya Africa CEO Forum.”

Biteganyijwe ko Perezida Paul Kagame ari umwe mu Banyacyubahiro baza kugira uruhare mu kiganiro gitangirwa muri iyi nama gifite insanganyamatsiko igaruka kuri politiki zikwiye kwifashishwa mu gukomeza inzira y’iterambere ku Mugabane wa Afurika n’uburyo byagerwaho bitewe n’ibibazo biri ku Isi muri ibi bihe.

Ihuriro nk’iri Africa CEO Forum ry’umwaka ushize wa 2024 ryari ryabereye i Kigali mu Rwanda, aho Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame ubwo yaritangizaga, yagaragaje ko kugira ngo Afurika ibashe guhangana n’imbogamizi zikiyizitira mu iterambere ryayo, Ibihugu by’uyu Mugabane bikwiye guhuza imbaraga, kuko binasangiye izo mbogamizi.

Umukuru w’u Rwanda yari yagaragaje ko Afurika ifite 20% by’abatuye Isi, kandi ko mu myaka ya 2050 bazaba bageze kuri 25%, kandi icyo gihe uyu Mugabane ukazaba ufite ubukungu bwihagazeho, ariko ko bitazikora, ahubwo ko Abanyafurika bakwiye guhindura imyumvire n’imikorere.

Perezida Kagame na Alassane Ouattara bahuye

Ni inama yitabiriwe n’Abakuru b’Ibihugu binyuranye muri Afurika

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

Next Post

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.