Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame i Bahamas yitabiriye ibikorwa birimo n’ibyo yaherewemo ishimwe ry’icyubahiro (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
10/07/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame i Bahamas yitabiriye ibikorwa birimo n’ibyo yaherewemo ishimwe ry’icyubahiro (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe w’Igihugu cya Bahamas kizihiza Yubile y’imyaka 50 y’Ubwigenge, banitabira ibirori byo kwizihiza iyi sabukuru, aho Umukuru w’u Rwanda yanahawe umudadi w’Ishimwe ry’icyubahiro n’ubucuti afitanye na Guverinoma y’iki Gihugu ndetse n’Abaturage bacyo.

Ni ibiganiro byabaye ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 09 Nyakanga 2023, nk’uko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda, mu butumwa bwashyizwe ku mbuga nkoranyambaga.

Ubu butumwa buvuga ko “muri uyu mugoroba [wo ku Cyumweru] i Nassou, Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe, Davis.”

Perezidansi y’u Rwanda ikomeza ivuga ko Perezida Kagame yashimiye mugenzi we Philip Davis ku bwa Yubile y’imyaka 50 y’ubwigenge bw’iki Gihugu cya Bahamas.

Perezida Kagame kandi “yamushimiye kuba yarasuye u Rwanda muri CHOGM umwaka ushize. Ibiganiro kandi byanagarutse ku gukomeza imikoranire hagati ya Bahamas n’u Rwanda mu kurushaho kubaka umubano usanzwe hagati y’Ibihugu byombi.”

Ibi biganiro bibayeho muri Bahamas bari kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 y’ubwigenge bw’iki Gihugu, aho ku wa Gatanu w’icyumweru twaraye dusoje, tariki 08 Nyakanga 2023, habaye umusangiro wo kwizihiza iyi yubile y’imyaka 50, wateguwe na Minisitiri w’Intebe wa Bahamas, Philip Davis na Madamu we Ann Marie Davis, wanitabiriwe na Perezida Kagame.

Perezidandi y’u Rwanda kandi yatangaje ko kuri iki Cyumweru, Perezida Kagame yanifatanyije n’Umunyacyubahiro Cornelius Smith akaba ari Guverineri wa Commonwealth muri Bahamas, ndetse na Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu, Philip Davis, uwa Grenada, Dickon Mitchell , uwa Haiti Ariel Henry, ndetse n’Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth Patricia Scotland, mu birori byo kwizihiza iyi Yubile y’ubwigenge bwa Bahamas.

Ibiro b’Umukuru w’u Rwanda bikomeza bivuga ko “Muri ibi birori, Guverineri Mukuru Cornelius Smith na Minisitiri w’Intebe, bahaye ishimwe ry’umudari w’icyubahiro Perezida Kagame mu kuzirikana ubucuti afitanye na Guverinoma n’Abaturage ba Bahamas.”

Perezida Paul Kagame ubwo yasuraga Jamaica muri Mata umwaka ushize wa 2022, yanabonanye na Minisitiri w’Intebe wa Bahamas, Philip Davis, bagirana ibiganiro.

Iki Gihugu cya Bahamas kiri mu Nyanja ya Atrantic, kikaba kimwe mu Birwa biri muri iyi Nyanja, bibarizwa ku Mugabane wa America, aho iki gituwe n’abaturage bakabakaba ibihumbi 394.

Ni kimwe mu Bihugu kandi bigize Umuryango w’ibikoresho Ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth) ubu uyobowe na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, mu gihe cy’imyaka ibiri, watangiye izi nshingano muri Kamena umwaka ushize wa 2022.

Perezida Kagame kuri iki Cyumweru yakiriwe na Minisitiri w’Intebe wa Bahamas
Bagiranye ibiganiro bigamije kuzamura umubano w’Ibihugu byombi

Mu birori byo kwizihiza iyi sabukuru

Perezida Kagame kandi yahawe ishimwe

 

KU WA GATANU

Ku wa Gatanu Perezida Kagame yari yitabiriye umusangiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 6 =

Previous Post

U Burundi bwakiriye inkuru y’akababaro n’urujiro kuri Ambasaderi wabwo mu Misiri

Next Post

Ikipe y’ibigwi i Burayi yinjije rurangiranwa mu bwugarizi uzayirambamo

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe y’ibigwi i Burayi yinjije rurangiranwa mu bwugarizi uzayirambamo

Ikipe y’ibigwi i Burayi yinjije rurangiranwa mu bwugarizi uzayirambamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.