Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame i Bahamas yitabiriye ibikorwa birimo n’ibyo yaherewemo ishimwe ry’icyubahiro (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
10/07/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame i Bahamas yitabiriye ibikorwa birimo n’ibyo yaherewemo ishimwe ry’icyubahiro (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe w’Igihugu cya Bahamas kizihiza Yubile y’imyaka 50 y’Ubwigenge, banitabira ibirori byo kwizihiza iyi sabukuru, aho Umukuru w’u Rwanda yanahawe umudadi w’Ishimwe ry’icyubahiro n’ubucuti afitanye na Guverinoma y’iki Gihugu ndetse n’Abaturage bacyo.

Ni ibiganiro byabaye ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 09 Nyakanga 2023, nk’uko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda, mu butumwa bwashyizwe ku mbuga nkoranyambaga.

Ubu butumwa buvuga ko “muri uyu mugoroba [wo ku Cyumweru] i Nassou, Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe, Davis.”

Perezidansi y’u Rwanda ikomeza ivuga ko Perezida Kagame yashimiye mugenzi we Philip Davis ku bwa Yubile y’imyaka 50 y’ubwigenge bw’iki Gihugu cya Bahamas.

Perezida Kagame kandi “yamushimiye kuba yarasuye u Rwanda muri CHOGM umwaka ushize. Ibiganiro kandi byanagarutse ku gukomeza imikoranire hagati ya Bahamas n’u Rwanda mu kurushaho kubaka umubano usanzwe hagati y’Ibihugu byombi.”

Ibi biganiro bibayeho muri Bahamas bari kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 y’ubwigenge bw’iki Gihugu, aho ku wa Gatanu w’icyumweru twaraye dusoje, tariki 08 Nyakanga 2023, habaye umusangiro wo kwizihiza iyi yubile y’imyaka 50, wateguwe na Minisitiri w’Intebe wa Bahamas, Philip Davis na Madamu we Ann Marie Davis, wanitabiriwe na Perezida Kagame.

Perezidandi y’u Rwanda kandi yatangaje ko kuri iki Cyumweru, Perezida Kagame yanifatanyije n’Umunyacyubahiro Cornelius Smith akaba ari Guverineri wa Commonwealth muri Bahamas, ndetse na Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu, Philip Davis, uwa Grenada, Dickon Mitchell , uwa Haiti Ariel Henry, ndetse n’Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth Patricia Scotland, mu birori byo kwizihiza iyi Yubile y’ubwigenge bwa Bahamas.

Ibiro b’Umukuru w’u Rwanda bikomeza bivuga ko “Muri ibi birori, Guverineri Mukuru Cornelius Smith na Minisitiri w’Intebe, bahaye ishimwe ry’umudari w’icyubahiro Perezida Kagame mu kuzirikana ubucuti afitanye na Guverinoma n’Abaturage ba Bahamas.”

Perezida Paul Kagame ubwo yasuraga Jamaica muri Mata umwaka ushize wa 2022, yanabonanye na Minisitiri w’Intebe wa Bahamas, Philip Davis, bagirana ibiganiro.

Iki Gihugu cya Bahamas kiri mu Nyanja ya Atrantic, kikaba kimwe mu Birwa biri muri iyi Nyanja, bibarizwa ku Mugabane wa America, aho iki gituwe n’abaturage bakabakaba ibihumbi 394.

Ni kimwe mu Bihugu kandi bigize Umuryango w’ibikoresho Ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth) ubu uyobowe na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, mu gihe cy’imyaka ibiri, watangiye izi nshingano muri Kamena umwaka ushize wa 2022.

Perezida Kagame kuri iki Cyumweru yakiriwe na Minisitiri w’Intebe wa Bahamas
Bagiranye ibiganiro bigamije kuzamura umubano w’Ibihugu byombi

Mu birori byo kwizihiza iyi sabukuru

Perezida Kagame kandi yahawe ishimwe

 

KU WA GATANU

Ku wa Gatanu Perezida Kagame yari yitabiriye umusangiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − 3 =

Previous Post

U Burundi bwakiriye inkuru y’akababaro n’urujiro kuri Ambasaderi wabwo mu Misiri

Next Post

Ikipe y’ibigwi i Burayi yinjije rurangiranwa mu bwugarizi uzayirambamo

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe y’ibigwi i Burayi yinjije rurangiranwa mu bwugarizi uzayirambamo

Ikipe y’ibigwi i Burayi yinjije rurangiranwa mu bwugarizi uzayirambamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.