Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame i Bahamas yitabiriye ibikorwa birimo n’ibyo yaherewemo ishimwe ry’icyubahiro (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
10/07/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame i Bahamas yitabiriye ibikorwa birimo n’ibyo yaherewemo ishimwe ry’icyubahiro (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe w’Igihugu cya Bahamas kizihiza Yubile y’imyaka 50 y’Ubwigenge, banitabira ibirori byo kwizihiza iyi sabukuru, aho Umukuru w’u Rwanda yanahawe umudadi w’Ishimwe ry’icyubahiro n’ubucuti afitanye na Guverinoma y’iki Gihugu ndetse n’Abaturage bacyo.

Ni ibiganiro byabaye ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 09 Nyakanga 2023, nk’uko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda, mu butumwa bwashyizwe ku mbuga nkoranyambaga.

Ubu butumwa buvuga ko “muri uyu mugoroba [wo ku Cyumweru] i Nassou, Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe, Davis.”

Perezidansi y’u Rwanda ikomeza ivuga ko Perezida Kagame yashimiye mugenzi we Philip Davis ku bwa Yubile y’imyaka 50 y’ubwigenge bw’iki Gihugu cya Bahamas.

Perezida Kagame kandi “yamushimiye kuba yarasuye u Rwanda muri CHOGM umwaka ushize. Ibiganiro kandi byanagarutse ku gukomeza imikoranire hagati ya Bahamas n’u Rwanda mu kurushaho kubaka umubano usanzwe hagati y’Ibihugu byombi.”

Ibi biganiro bibayeho muri Bahamas bari kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 y’ubwigenge bw’iki Gihugu, aho ku wa Gatanu w’icyumweru twaraye dusoje, tariki 08 Nyakanga 2023, habaye umusangiro wo kwizihiza iyi yubile y’imyaka 50, wateguwe na Minisitiri w’Intebe wa Bahamas, Philip Davis na Madamu we Ann Marie Davis, wanitabiriwe na Perezida Kagame.

Perezidandi y’u Rwanda kandi yatangaje ko kuri iki Cyumweru, Perezida Kagame yanifatanyije n’Umunyacyubahiro Cornelius Smith akaba ari Guverineri wa Commonwealth muri Bahamas, ndetse na Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu, Philip Davis, uwa Grenada, Dickon Mitchell , uwa Haiti Ariel Henry, ndetse n’Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth Patricia Scotland, mu birori byo kwizihiza iyi Yubile y’ubwigenge bwa Bahamas.

Ibiro b’Umukuru w’u Rwanda bikomeza bivuga ko “Muri ibi birori, Guverineri Mukuru Cornelius Smith na Minisitiri w’Intebe, bahaye ishimwe ry’umudari w’icyubahiro Perezida Kagame mu kuzirikana ubucuti afitanye na Guverinoma n’Abaturage ba Bahamas.”

Perezida Paul Kagame ubwo yasuraga Jamaica muri Mata umwaka ushize wa 2022, yanabonanye na Minisitiri w’Intebe wa Bahamas, Philip Davis, bagirana ibiganiro.

Iki Gihugu cya Bahamas kiri mu Nyanja ya Atrantic, kikaba kimwe mu Birwa biri muri iyi Nyanja, bibarizwa ku Mugabane wa America, aho iki gituwe n’abaturage bakabakaba ibihumbi 394.

Ni kimwe mu Bihugu kandi bigize Umuryango w’ibikoresho Ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth) ubu uyobowe na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, mu gihe cy’imyaka ibiri, watangiye izi nshingano muri Kamena umwaka ushize wa 2022.

Perezida Kagame kuri iki Cyumweru yakiriwe na Minisitiri w’Intebe wa Bahamas
Bagiranye ibiganiro bigamije kuzamura umubano w’Ibihugu byombi

Mu birori byo kwizihiza iyi sabukuru

Perezida Kagame kandi yahawe ishimwe

 

KU WA GATANU

Ku wa Gatanu Perezida Kagame yari yitabiriye umusangiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 1 =

Previous Post

U Burundi bwakiriye inkuru y’akababaro n’urujiro kuri Ambasaderi wabwo mu Misiri

Next Post

Ikipe y’ibigwi i Burayi yinjije rurangiranwa mu bwugarizi uzayirambamo

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe y’ibigwi i Burayi yinjije rurangiranwa mu bwugarizi uzayirambamo

Ikipe y’ibigwi i Burayi yinjije rurangiranwa mu bwugarizi uzayirambamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.