Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame muri Turukiya yahuye na Erdoğan baganira ku gutsimbataza umubano w’ibihugu byombi

radiotv10by radiotv10
18/12/2021
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame muri Turukiya yahuye na Erdoğan baganira ku gutsimbataza umubano w’ibihugu byombi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame uri muri Turukiya, yahuye na mugenzi we w’iki Gihugu, Recep Tayyip Erdoğan baganira ku gukomeza umubano w’ibihugu byombi.

Perezida Kagame Paul yageze muri Turukiya kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Ukuboza aho yitabiriye ihuriro rya gatatu ryiga ku mikoranire y’iki Gihugu n’Umugabane wa Africa (Africa-Turkey Partnership Summit).

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, byatangaje ko kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Ukuboza 2021, Perezida Kagame yahuye na mugenzi we wa Turukiya, Recep Tayyip Erdoğan.

Iri tangazo ryatambutse kuri Twitter, rivuga ko Perezida Kagame na mugenzi we Recep Tayyip Erdoğan “Baganiriye ku kongerera ingufu umubano n’ubufatanye hagati y’u Rwanda na Turukiya.”

Muri ibi biganiro kandi byarimo bamwe mu bagize Guverinoma z’ibihugu byombi aho ku ruhande rw’u Rwanda bari barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta.

Iri huriro ryitabiriwe na Perezida Kagame, ryanitabiriwe na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo unayoboye Umuryango wa Africa Yunze Ubumwe ndetse na Perezida wa Komisiyo y’uyu muryango, Moussa Faki Mahamat.

Biteganyijwe ko na ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga bazahura bakaganira ku bijyanye n’ubufatanye n’imikoranire hagati ya Turukiya n’Umugabane wa Africa bakazibanda ku nzego zinyuranye zirimo Ubuzima, Uburezi ndetse n’Ubuhinzi.

Perezida Kagame na mugenzi we Recep Tayyip Erdoğan
Abakuru b’Ibihugu bari kumwe na bamwe mu bagize Guverinoma z’ibihugu byabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 7 =

Previous Post

Ibikomoka kuri Peteroli byongeye kuzamuka Leta yongera kwigomwa amahooro ngo ibiciro ku masoko bidatumbagira

Next Post

Abava n’abajya muri Kigali bose bagomba kuba barikingije, kwiyakira mu bukwe byahagaritswe,…

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abava n’abajya muri Kigali bose bagomba kuba barikingije, kwiyakira mu bukwe byahagaritswe,…

Abava n’abajya muri Kigali bose bagomba kuba barikingije, kwiyakira mu bukwe byahagaritswe,…

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.