Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari muri Türkiye mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

radiotv10by radiotv10
23/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari muri Türkiye mu ruzinduko rw’iminsi ibiri
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari muri Türkiye, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri, bagiriye muri iki Gihugu nyuma yuko Umukuru w’u Rwanda yihanganishije Perezida wacyo n’abagituye ku bw’ibyago bagize by’inkongi yibasiye imwe muri Hoteli zihari igahitana abarenga 70.

Umukuru w’u Rwanda na Madamu Jeannette Kagame bageze muri Türkiye kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Mutarama 2025 nk’uko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu.

Ubutumwa bwatanzwe na Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, bwagize buti “Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze muri Ankara mu ruzinduko rw’iminsi ibiri.”

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje kandi ko biteganyijwe ko none ku wa Kane, Perezida Kagame ahura na mugenzi we wa Türkiye, Recep Tayyip Erdoğan bakagirana ikiganiro cyo mu muhezo, kiza gukurikirwa n’inama yaguye iza guhuza intumwa z’Ibihugu byombi.

Biteganyijwe kandi ko Perezida Paul Kagame na mugenzi we Recep Tayyip Erdoğan baza kugirana ikiganiro n’itangazamakuru kinagaruka ku mubano w’Ibihugu byombi.

Nanone kandi, biteganyijwe ko Perezida Kagame na Madamu Jeannette, uyu munsi basura imva ya Anitkabir ya Mustafa Kemal Ataturk wabaye Perezida wa mbere w’iki Gihugu cya Türkiye nyuma yo kubona ubwigenge.

Perezida Kagame na Recep Tayyip Erdoğan, baherukaga guhura muri Gashyantare umwaka ushize wa 2024, ubwo bombi bari i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, aho bari bitabiriye inama mpuzamahanga ya za Guverinoma.

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bagiriye uruzinduko muri Türkiye nyuma y’amasaha macye, Umukuru w’u Rwanda yihanganishije mugenzi we w’iki Gihugu n’abagituye, ku bw’ibyago by’inkongi yibasiye Hoteli ya ski resort iherereye mu gace ka Bolu ko mu majyaruguru y’iki Gihugu cya Türkiye.

Iyi nkongi yabaye mu ijoro ryo ku ya 21 Mutarama 2025, kugeza ejo ku wa Gatatu, hari hamaze kubarwa abantu 76 yahitanye, mu gihe abandi benshi bakomeretse.

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze i Ankara
Bakiriwe neza
Umukuru w’u Rwanda aramutsa bamwe mu bayobozi bamuherekeje
Yanasuhuje abo muri iki Gihugu

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame kandi bahawe ikaze n’ubuyobozi bukuru bw’iki Gihugu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + thirteen =

Previous Post

Umugabo wiyemerera ko yishe umugore we yahaye Urukiko icyifuzo gihabanye n’ibyo asabirwa

Next Post

Pasiteri akurikiranyweho gusambanya umwana wabaga iwe abanje kumuha ‘Jus’ ikamusinziriza

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi
MU RWANDA

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Pasiteri akurikiranyweho gusambanya umwana wabaga iwe abanje kumuha ‘Jus’ ikamusinziriza

Pasiteri akurikiranyweho gusambanya umwana wabaga iwe abanje kumuha 'Jus' ikamusinziriza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.