Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari muri Türkiye mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

radiotv10by radiotv10
23/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari muri Türkiye mu ruzinduko rw’iminsi ibiri
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari muri Türkiye, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri, bagiriye muri iki Gihugu nyuma yuko Umukuru w’u Rwanda yihanganishije Perezida wacyo n’abagituye ku bw’ibyago bagize by’inkongi yibasiye imwe muri Hoteli zihari igahitana abarenga 70.

Umukuru w’u Rwanda na Madamu Jeannette Kagame bageze muri Türkiye kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Mutarama 2025 nk’uko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu.

Ubutumwa bwatanzwe na Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, bwagize buti “Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze muri Ankara mu ruzinduko rw’iminsi ibiri.”

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje kandi ko biteganyijwe ko none ku wa Kane, Perezida Kagame ahura na mugenzi we wa Türkiye, Recep Tayyip Erdoğan bakagirana ikiganiro cyo mu muhezo, kiza gukurikirwa n’inama yaguye iza guhuza intumwa z’Ibihugu byombi.

Biteganyijwe kandi ko Perezida Paul Kagame na mugenzi we Recep Tayyip Erdoğan baza kugirana ikiganiro n’itangazamakuru kinagaruka ku mubano w’Ibihugu byombi.

Nanone kandi, biteganyijwe ko Perezida Kagame na Madamu Jeannette, uyu munsi basura imva ya Anitkabir ya Mustafa Kemal Ataturk wabaye Perezida wa mbere w’iki Gihugu cya Türkiye nyuma yo kubona ubwigenge.

Perezida Kagame na Recep Tayyip Erdoğan, baherukaga guhura muri Gashyantare umwaka ushize wa 2024, ubwo bombi bari i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, aho bari bitabiriye inama mpuzamahanga ya za Guverinoma.

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bagiriye uruzinduko muri Türkiye nyuma y’amasaha macye, Umukuru w’u Rwanda yihanganishije mugenzi we w’iki Gihugu n’abagituye, ku bw’ibyago by’inkongi yibasiye Hoteli ya ski resort iherereye mu gace ka Bolu ko mu majyaruguru y’iki Gihugu cya Türkiye.

Iyi nkongi yabaye mu ijoro ryo ku ya 21 Mutarama 2025, kugeza ejo ku wa Gatatu, hari hamaze kubarwa abantu 76 yahitanye, mu gihe abandi benshi bakomeretse.

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze i Ankara
Bakiriwe neza
Umukuru w’u Rwanda aramutsa bamwe mu bayobozi bamuherekeje
Yanasuhuje abo muri iki Gihugu

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame kandi bahawe ikaze n’ubuyobozi bukuru bw’iki Gihugu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + six =

Previous Post

Umugabo wiyemerera ko yishe umugore we yahaye Urukiko icyifuzo gihabanye n’ibyo asabirwa

Next Post

Pasiteri akurikiranyweho gusambanya umwana wabaga iwe abanje kumuha ‘Jus’ ikamusinziriza

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz
FOOTBALL

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Pasiteri akurikiranyweho gusambanya umwana wabaga iwe abanje kumuha ‘Jus’ ikamusinziriza

Pasiteri akurikiranyweho gusambanya umwana wabaga iwe abanje kumuha 'Jus' ikamusinziriza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.