Wednesday, February 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bategerejwe mu Gihugu cy’inshuti y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
13/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bategerejwe mu Gihugu cy’inshuti y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bategerejwe muri Benin mu ruzinduko rw’iminsi itatu, rugamije kongerera ingufu umubano w’Ibihugu byombi usanzwe ari ntamakemwa.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Benin, ryagiye hanze kuri uyu wa Kane tariki 13 Mata 2023.

Iri tangazo rivuga ko Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bazatangira uruzinduko muri Benin kuri uyu wa Gatanu tariki 14 kugeza ku ya 16 Mata 2023.

Perezida Kagame agiye kugenderera iki Gihugu ku butumire bwa mugenzi we wa Benin, Patrice Tallon, aho biteganyijwe ko Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bazakirwa ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Cotonou kuri uyu wa Gatanu.

Biteganyijwe ko bucyeye bwaho ku wa Gatandatu tariki 15 Mata, Perezida Patrice Talon azakira mugenzi we Paul Kagame mu biro bye bya Marina, bakagirana ikiganiro kihariye kizabera mu muhezo.

Abakuru b’Ibihugu byombi kandi bazanayobora isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye hagati ya Guverinoma z’Ibihugu byabo, arimo ayo mu bukerarugendo, iyoroshywa ry’urujya n’uruza rw’ibintu n’ibintu, ay’ingendo zo mu kirere hagati ya Kigali na Cotonou, ndetse n’ay’inganda z’imyenda.

Igihugu cy’u Rwanda na Benin, bisanzwe bifitanye ubucuti n’imikoranire byiza, bishingiye ku minshinga ibyara inyungu bihuriyeho, yanaganiriweho tariki 29 na 30 Nzeri 2017 ubwo hateranaga bwa mbere komisiyo ihuriweho y’Ibihugu byombi ikurikirana umubano w’ibi Bihugu.

Muri Werurwe umwaka ushize wa 2022, Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye muri Village Urugwiro, intumwa ya mugenzi we Patrice Talon wa Benin, Aurélien Agbenonci wari umuzaniye ubutumwa bw’uyu Mukuru wa kiriya Gihugu.

Muri Kanama 2016, Perezida Patrice Talon yari yagiriye uruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda, aho na we yari yakiriwe na Perezida Paul Kagame, bakagirana ibiganiro byo gukomeza gutsimbataza umubano w’Ibihugu byombi.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Samuel Ishimwe says:
    3 years ago

    Numvise ko ushinzwe ikigo cy’indangmuntu zo muri Benin ari umunyarwanda wahoze ayobora ikigo nk’icyi cyo mu Rwanda ,ubufatanye bw’ibihugu by’Africa nk’abavandimwe bukomeze butezw’imbere!

    Reply

Leave a Reply to Samuel Ishimwe Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 4 =

Previous Post

Umubikira ari mu maboko ya RIB akekwaho imyitwarire yumvikanamo ibidakwiye

Next Post

Ntukiri uw’Ubumwe gusa ahubwo wabaye umuryango-Ibitangaje ku mudugudu watujwemo abarokotse Jenoside n’abayikoze

Related Posts

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

by radiotv10
04/02/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Save mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bahangayikishijwe n’inzoga z’inkorano bahimbye izina 'Nyirantare', bavuga...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Abarimo mutekano bakurikiranyweho urupfu rw’uwari amaze amezi abiri abuze akaza kuboneka mu cyobo kiri mu nzu y’uwo yakoreraga

by radiotv10
04/02/2026
0

Ngendahayo Evariste wari ushinzwe umutekano mu mudugudu wa Batura mu kagari ka Karenge ho mu murenge wa Rwimbogo mu Karere...

Why many marriages are ending in divorce

Why many marriages are ending in divorce

by radiotv10
04/02/2026
0

Divorce is not something that happens overnight. In most cases, it is the result of problems that grow slowly over...

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

by radiotv10
03/02/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yatanze ubufasha burimo ibiribwa n’imiti nyuma y’ibiza by’imyuzure byibasiye iki Gihugu byasize abakabakaba ibihumbi 400 badafite aho...

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
03/02/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yibukije abantu ko kuba ababyeyi bitabaha uburenganzira bwo guhohotera abana babo,...

IZIHERUKA

Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane
IBYAMAMARE

Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane

by radiotv10
04/02/2026
0

Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

04/02/2026
Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda

Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda

04/02/2026
Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by’agateganyo

Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by’agateganyo

04/02/2026
Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

04/02/2026
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko yagabye igitero cyo gusenya ibikorwa bya Gisirikare bya FARDC i Kisangani

04/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntukiri uw’Ubumwe gusa ahubwo wabaye umuryango-Ibitangaje ku mudugudu watujwemo abarokotse Jenoside n’abayikoze

Ntukiri uw’Ubumwe gusa ahubwo wabaye umuryango-Ibitangaje ku mudugudu watujwemo abarokotse Jenoside n’abayikoze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane

Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.