• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje ahakwiye ubushishozi mu kwifashisha Ikoranabuha ry’Ubwenge Buhangano-AI

radiotv10by radiotv10
03/04/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje ahakwiye ubushishozi mu kwifashisha Ikoranabuha ry’Ubwenge Buhangano-AI
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano, AI (Artificial Intelligence) rikwiye kubyazwa umusaruro, ariko ko hari aho ridakwiye guhabwa umwanya munini, nko muri Politiki na Dipolomasi, kuko rishobora guteza akaga muri izi nzego.

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 03 Mata 2025 ubwo yatangizaga ku mugaragaro Inama Mpuzamahanga yiga ku Bwenge Buhangano AI, izwi nka ‘Global AI Summit on Africa’, iteraniye i Kigali.

Perezida Kagame yavuze ko ubu bwenge bw’ubukorano, buri kugira uruhare runini mu nzego zirimo ibikorwa byo guhanga udushya muri iki gihe, kandi bukihutisha umuvuduko w’iterambere ry’ikoranabuhanga.

Ati “Mu nzego zinyuranye, umusaruro w’Ubwenge bw’Ubukorano, urigaragaza, gutuma haboneka umusaruro mwinshi, gutuma haboneka amakuru afatika mu gufata ibyemezo, no kugabanya kwibeshya kwa muntu.”

Gusa nanone iterambere ry’iri koranabuhanga rishya, rigenda rizamo imbogamizi zishingiye ku ihangana ry’Ibihugu bimwe bishaka kuryikubira, ku buryo umubare w’Ibihugu birushaho gutera intambwe muri iri koranabuhanga, ari muto.

Ati “Afurika ntishobora kwihanganira gusigara inyuma. Na yo igomba kujyana n’abandi, tugomba kujyana n’ibihe, tugakorana n’abandi ndetse tukanahangana, kuko ni inyungu zacu kubikora. Ni yo mpamvu turi hano.”

Yavuze kandi ko amahirwe ari muri iri koranabuhanga ryo guhanga udushya kuri uyu Mugabane wa Afurika, ari menshi, kandi ko iri koranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano, ryagira uruhare mu kubyihutisha no kwagura umusaruro ubivamo.

Umukuru w’u Rwanda yagaragaje ibigomba gushyirwamo imbaraga kugira ngo ibi bigerweho, birimo ibikorwa remezo by’ikoranabuhanga.

Ati “Hatariho interineti yihuta ndetse n’umuriro w’amashanyarazi, Ubwenge bw’Ubukorano AI, ntabo bwabasha gukora.”

Yavuze ko ikindi gikwiye gukorwa, ari ukubaka ubushobozi bw’abantu ndetse n’inzego, babasha guhangana ku isoko ry’umurimo. Ati “Igikwiye kwibandwaho, ni uko Afurika igomba kugira abahanga mu bijyanye n’amakuru, abenjeniyeri n’inzobere mu bijyanye n’umutekano mu by’ikoranabuhanga.”

Yakomeje avuga ko nubundi uyu Mugabane wa Afurika ufite ibyo byose, atanga urugero rwo mu Rwanda ko “Twatangije ibigo by’icyitegererezo bitandukanye biha urubyiruko rwacu ubumenyi bukenewe muri iyi mirimo. Abariho babyiruka bagomba guhabwa ubushobozi.”

Yavuze ko ikindi kigomba gushyirwamo imbaraga, ari uko Afurika igomba kwihutisha guhuza imbaraga, ku buryo imirongo migari muri iri koranabuhanga ry’ubwenge buhangano ya za Guverinoma y’Ibihugu bigize uyu Mugabane, igomba guhura ntinyuranye, bikanorohereza gushaka ubushobozi bwo gushora imari muri iri koranabuhanga.

Yavuze ko nubwo iri koranabuhanga ry’ubwenge bw’ubukorano ryitezweho kuzanira ibyiza abantu, ariko hakiri byinshi rishobora no kwangiza birimo, ubuzima bwite bw’abantu ndetse n’umutekano.

Yavuze ko ubundi ikoranabuhanga ryagakwiye gukoreshwa mu byiza bikanatanga umusaruro, kandi ko abantu bakwiye kurikoresha mu byiza banigengesera. Ati “Ndizera ko twahuza imbaraga kugira ngo bishoboke.”

Yavuze ko abantu baramutse bahuje imbaraga, banashobora kuyobora iri koranabuhanga ry’ubwenge bw’ubukorano mu nzira nziza.

Ati “Ubundi ntitwemerere AI ko yivanga cyangwa ngo iyobore ibya politiki yacu, dipolomasi yacu ndetse n’imikoranire yacu. Rimwe na rimwe bishobora guteza akaga igihe twakwemerera ko AI igira umwanya munini muri politiki yacu. Hari bimwe ishobora gutangamo umusaruro mwiza, ariko nanone hari ibibi ishobora gutuma bibaho.”

Yavuze ko igikwiye gushyirwamo imbaraga ari ugukorera hamwe no kwifashisha iri koranabuhanga rya AI mu kugabanya ubusumbane no gufasha abantu kubyaza umusaruro iri koranabuhanga.

Perezida Kagame yavuze ko AI igomba gukoreshwa mu byiza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 16 =

Previous Post

AFC/M23 yagaragaje uko i Goma byifashe nyuma y’amezi abiri ibohowe

Next Post

Sadate wifuza kugura Rayon yavuze akayabo azayitangaho n’indi mishinga bamwe bafashe nk’urwenya

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Sadate wifuza kugura Rayon yavuze akayabo azayitangaho n’indi mishinga bamwe bafashe nk’urwenya

Sadate wifuza kugura Rayon yavuze akayabo azayitangaho n’indi mishinga bamwe bafashe nk’urwenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.