Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje ibizafasha Afurika kugera ku byagezweho n’indi Migabane yateye imbere

radiotv10by radiotv10
16/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Perezida Kagame yagaragaje ibizafasha Afurika kugera ku byagezweho n’indi Migabane yateye imbere
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko Afurika itaremewe gusigara inyuma, kuko ibyagezweho n’indi Migabane, na yo yabigeraho, ariko ko bisaba gukoresha neza umutungo kamere ifite, no kwitunganyiriza ibicuruzwa bifite ireme kandi bigacururizwa muri uyu Mugabane.

Perezida Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 16 Gicurasi 2024, ubwo yatangizaga ku mugaragaro Ihuriro ry’Abayobozi Bakuru b’Ibigo by’Abikorera riziwi nka ‘Africa CEO Forum’ ribereye mu Rwanda ku nshuro ya kabiri.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ibibazo bikomeje kuba ku Isi nk’icyorezo cya Covid ndetse n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe, byigishije abatuye Isi amasomo akomeye.

Ati “Amwe muri yo, ni uko hakenewe ko inzego za Leta n’iz’abikorera zikorana bya hafi. Ubwihutire bwo gukora ubucuruzi budasanzwe, ntabwo ari bishya. Kuva mu myaka yatambutse, icyagaragaye ni uko imbogamizi duhuriyeho zishobora kubonerwa umuti igihe twatahiriza umugozi umwe.”

By’umwihariko ku Mugabane wa Afurika, Perezida Paul Kagame yavuze ko ari ngombwa ko hubakwa ubushobozi bwo guhangana n’ibibazo byose byavuka.

Ati “Urugero, ni yo mpamvu twatangije Isoko Rusanye Nyafurika. Icy’ibanze ni uko dufite umutungo kamere ariko dukeneye kuwusangira hagati yacu.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yavuze ko uko Umugabane wa Afurika uzarushaho kunga ubumwe, ari na ko ibyo uzaba wiyemeje kugeraho, bizagenda bigerwaho mu buryo bworoshye kandi bwihuse, ndetse n’abafatanyabikorwa baze kuwushyigikira.

Yavuze ko guhuza imbaraga k’uyu Mugabane wa Afurika mu bijyanye n’ubucuruzi, ari amahirwe yo gukomeza kuzamura isoko ryawo ndetse no kwagura urwego rwo guhiganwa gushyira ku isoko ibifite ireme n’ubuziranenge.

Ati “Afurika ubundi ntiyari ikwiye gusaba umwanya ku meza y’ibiganiro. Ndemeranya na benshi mu bambanjirije kandi ndumva ishingiro ry’ibyo batishimiye, rwose turabisangiye. Uyu munsi hafi 20% y’Isi, ni Afurika kandi kugera muri 2050 izaba ari 25%, mu gihe cya vuba, Ibihugu bizaba biri mu nzira y’amajyambere kandi ubukungu bwabyo bugakomeza gukura, bizaba ari ibya Afurika.”

Perezida Kagame avuga ko muri iki kinyejana cy’ubukungu bukomeje kuzamuka, Afurika izakomeza gutera imbere kandi igakomeza kuba kimwe mu bigega by’iterambere ry’Isi.

Ati “Ariko kugira ngo Afurika igire ubukungu butajegajega mu buryo bwuzuye, tugomba kuzamura imyumvire yacu, kandi tugashyira imbere gutunganya ibifite ireme ryo hejuru kandi bikagurishirizwa iwacu.”

Avuga ko ibi bizafata igihe kandi n’imbaraga nyinshi ariko “Afurika igomba kubikora muri byose dukora, yaba mu miyoborere ndetse no muri Politiki, nka bimwe bigira uruhare runini.”

Perezida Kagame yavuze ko ibyo ibindi bice by’Isi byagezeho, n’Umugabane wa Afurika wabigeraho bityo ko Ibihugu byawo bikwiye gukoresha imbaraga zose bifite kugira ngo bitere imbere nk’ibindi byo ku yindi Migabane.

Perezida Kagame yatangije ku mugaragaro iyi Nama
Ni inama yitabiriwe n’abayobozi bakuru b’Ibigo by’abikorera muri Afurika

Iyi nama ibereye mu Rwanda ku nshuro ya kabiri

Photos/RBA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + twelve =

Previous Post

Amakuru avugwa ku mirwano ya M23 na FARDC n’ibice yakomerejemo

Next Post

Abifuza guhatanira kuyobora u Rwanda nk’abakandida bigenga bagaragarijwe icyo bajya babanza gutekereza

Related Posts

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

by radiotv10
19/11/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and Arsenal Football Club have officially announced that they have mutually agreed to conclude their...

IZIHERUKA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abifuza guhatanira kuyobora u Rwanda nk’abakandida bigenga bagaragarijwe icyo bajya babanza gutekereza

Abifuza guhatanira kuyobora u Rwanda nk’abakandida bigenga bagaragarijwe icyo bajya babanza gutekereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.