Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje ibizafasha Afurika kugera ku byagezweho n’indi Migabane yateye imbere

radiotv10by radiotv10
16/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Perezida Kagame yagaragaje ibizafasha Afurika kugera ku byagezweho n’indi Migabane yateye imbere
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko Afurika itaremewe gusigara inyuma, kuko ibyagezweho n’indi Migabane, na yo yabigeraho, ariko ko bisaba gukoresha neza umutungo kamere ifite, no kwitunganyiriza ibicuruzwa bifite ireme kandi bigacururizwa muri uyu Mugabane.

Perezida Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 16 Gicurasi 2024, ubwo yatangizaga ku mugaragaro Ihuriro ry’Abayobozi Bakuru b’Ibigo by’Abikorera riziwi nka ‘Africa CEO Forum’ ribereye mu Rwanda ku nshuro ya kabiri.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ibibazo bikomeje kuba ku Isi nk’icyorezo cya Covid ndetse n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe, byigishije abatuye Isi amasomo akomeye.

Ati “Amwe muri yo, ni uko hakenewe ko inzego za Leta n’iz’abikorera zikorana bya hafi. Ubwihutire bwo gukora ubucuruzi budasanzwe, ntabwo ari bishya. Kuva mu myaka yatambutse, icyagaragaye ni uko imbogamizi duhuriyeho zishobora kubonerwa umuti igihe twatahiriza umugozi umwe.”

By’umwihariko ku Mugabane wa Afurika, Perezida Paul Kagame yavuze ko ari ngombwa ko hubakwa ubushobozi bwo guhangana n’ibibazo byose byavuka.

Ati “Urugero, ni yo mpamvu twatangije Isoko Rusanye Nyafurika. Icy’ibanze ni uko dufite umutungo kamere ariko dukeneye kuwusangira hagati yacu.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yavuze ko uko Umugabane wa Afurika uzarushaho kunga ubumwe, ari na ko ibyo uzaba wiyemeje kugeraho, bizagenda bigerwaho mu buryo bworoshye kandi bwihuse, ndetse n’abafatanyabikorwa baze kuwushyigikira.

Yavuze ko guhuza imbaraga k’uyu Mugabane wa Afurika mu bijyanye n’ubucuruzi, ari amahirwe yo gukomeza kuzamura isoko ryawo ndetse no kwagura urwego rwo guhiganwa gushyira ku isoko ibifite ireme n’ubuziranenge.

Ati “Afurika ubundi ntiyari ikwiye gusaba umwanya ku meza y’ibiganiro. Ndemeranya na benshi mu bambanjirije kandi ndumva ishingiro ry’ibyo batishimiye, rwose turabisangiye. Uyu munsi hafi 20% y’Isi, ni Afurika kandi kugera muri 2050 izaba ari 25%, mu gihe cya vuba, Ibihugu bizaba biri mu nzira y’amajyambere kandi ubukungu bwabyo bugakomeza gukura, bizaba ari ibya Afurika.”

Perezida Kagame avuga ko muri iki kinyejana cy’ubukungu bukomeje kuzamuka, Afurika izakomeza gutera imbere kandi igakomeza kuba kimwe mu bigega by’iterambere ry’Isi.

Ati “Ariko kugira ngo Afurika igire ubukungu butajegajega mu buryo bwuzuye, tugomba kuzamura imyumvire yacu, kandi tugashyira imbere gutunganya ibifite ireme ryo hejuru kandi bikagurishirizwa iwacu.”

Avuga ko ibi bizafata igihe kandi n’imbaraga nyinshi ariko “Afurika igomba kubikora muri byose dukora, yaba mu miyoborere ndetse no muri Politiki, nka bimwe bigira uruhare runini.”

Perezida Kagame yavuze ko ibyo ibindi bice by’Isi byagezeho, n’Umugabane wa Afurika wabigeraho bityo ko Ibihugu byawo bikwiye gukoresha imbaraga zose bifite kugira ngo bitere imbere nk’ibindi byo ku yindi Migabane.

Perezida Kagame yatangije ku mugaragaro iyi Nama
Ni inama yitabiriwe n’abayobozi bakuru b’Ibigo by’abikorera muri Afurika

Iyi nama ibereye mu Rwanda ku nshuro ya kabiri

Photos/RBA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 16 =

Previous Post

Amakuru avugwa ku mirwano ya M23 na FARDC n’ibice yakomerejemo

Next Post

Abifuza guhatanira kuyobora u Rwanda nk’abakandida bigenga bagaragarijwe icyo bajya babanza gutekereza

Related Posts

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

IZIHERUKA

Easy foods that help your brain stay healthy and active
IMIBEREHO MYIZA

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abifuza guhatanira kuyobora u Rwanda nk’abakandida bigenga bagaragarijwe icyo bajya babanza gutekereza

Abifuza guhatanira kuyobora u Rwanda nk’abakandida bigenga bagaragarijwe icyo bajya babanza gutekereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.