Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje icyafashije u Rwanda kugera aho rugeze nyuma y’akaga gakomeye rwari ruvuyemo

radiotv10by radiotv10
19/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje icyafashije u Rwanda kugera aho rugeze nyuma y’akaga gakomeye rwari ruvuyemo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri muri Singapore, yavuze ko u Rwanda rwanyuze mu mateka ashaririye ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko ko nyuma yayo, rwayasize inyuma rugashaka uburyo rwongera kwiyubaka ruhereye ku busa, rubifashijwemo na Politiki n’imiyoborere byiza.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 19 Nzeri 2024 mu kiganiro yatangiye mu bikorwa by’Ihuriro Milken Asia Summit ritegurwa n’Ikigo Milten Institute.

Muri iki kiganiro yagiranye n’Umuyobozi wa Milten Institute, Richard Ditizio; Perezida Kagame yagarutse ku rugendo rwo kongera kwiyubaka k’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi yari imaze guhitana inzirakarengane zirenga miliyoni imwe, ndetse ikanasiga Igihugu ari umuyonga, ku buryo kucyubaka byasabaga guhera ku busa.

Yavuze ko kubaka u Rwanda bitari gushoboka iyo Abanyarwanda batagira amahitamo meza yabibafashijemo, ubu Igihugu cyabo kikaba gikomeje gutera intambwe igana imbere.

Yagize ati “U Rwanda rwagize amateka akomeye ariko twayasize inyuma. Kugira ngo tugane imbere kandi tuhagere, byadusabaga ko tugira amahitamo, amahitamo ya Polititiki iyo ubishaka. Bihera ku kubyumvisha buri wese mu Gihugu no kumva impamvu ayo mahitamo ari ingenzi.”

Perezida Kagame avuga ko Politiki nziza ubwayo idakemura ibibazo, ariko ko izana umwuka mwiza utuma abantu babona uburyo bwo kubishakira umuti.

Ati “Politiki ni ingenzi kuko izana umwuka mwiza utuma ibindi bintu bishoboka. Uko ni ko twatangiye gushaka uburyo hakorwa ubucuruzi, no kureshya ishoramari. Twagombaga gushaka uburyo buboneye bwadufasha kureshya ishoramari kuza mu Gihugu cyacu ndetse no gutuma Abanyarwanda na bo baryisangamo.”

Umukuru w’u Rwanda, yavuze ko ariko Politiki n’imirongo migari byiza bitari bihagije. Ati “Hejuru yabyo hagomba kuza imiyoborere iboneye izana ituze.”

Yakomeje agira ari “Imiyoborere ni ingingo ijyana n’uburenganzira ndetse no kubazwa inshingano. Turwanya ruswa. Twatumye habaho urubuga aho umuntu wishoye muri iyo bintu yumva ko atari ikintu cyiza yagiyemo, byumwihariko iyo yafashwe.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko muri iyi miyoborere itihanganira ikibi, hagomba kuba hari n’ubutabera bukora neza, kugira ngo abafatirwa muri ibyo bikorwa bibi babiryozwe.

Perezida Kagame muri iki kiganiro yari kumwe n’Umuyobozi wa Milten Institute, Richard Ditizio

Iki kiganiro kandi cyakurikiwe n’abo mu ngeri zinyuranye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − three =

Previous Post

Leban: Mu ushyingura abahitanywe n’igitero kidasanzwe habaye ikindi bisa havugwa ababiri inyuma

Next Post

BREAKING: Uwabaye Perezida w’Umutwe w’Abadepite agiye kugaruka mu Nteko y’u Rwanda

Related Posts

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

IZIHERUKA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho
IMIBEREHO MYIZA

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Uwabaye Perezida w’Umutwe w’Abadepite agiye kugaruka mu Nteko y’u Rwanda

BREAKING: Uwabaye Perezida w’Umutwe w’Abadepite agiye kugaruka mu Nteko y'u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.