Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje icyafashije u Rwanda kugera aho rugeze nyuma y’akaga gakomeye rwari ruvuyemo

radiotv10by radiotv10
19/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje icyafashije u Rwanda kugera aho rugeze nyuma y’akaga gakomeye rwari ruvuyemo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri muri Singapore, yavuze ko u Rwanda rwanyuze mu mateka ashaririye ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko ko nyuma yayo, rwayasize inyuma rugashaka uburyo rwongera kwiyubaka ruhereye ku busa, rubifashijwemo na Politiki n’imiyoborere byiza.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 19 Nzeri 2024 mu kiganiro yatangiye mu bikorwa by’Ihuriro Milken Asia Summit ritegurwa n’Ikigo Milten Institute.

Muri iki kiganiro yagiranye n’Umuyobozi wa Milten Institute, Richard Ditizio; Perezida Kagame yagarutse ku rugendo rwo kongera kwiyubaka k’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi yari imaze guhitana inzirakarengane zirenga miliyoni imwe, ndetse ikanasiga Igihugu ari umuyonga, ku buryo kucyubaka byasabaga guhera ku busa.

Yavuze ko kubaka u Rwanda bitari gushoboka iyo Abanyarwanda batagira amahitamo meza yabibafashijemo, ubu Igihugu cyabo kikaba gikomeje gutera intambwe igana imbere.

Yagize ati “U Rwanda rwagize amateka akomeye ariko twayasize inyuma. Kugira ngo tugane imbere kandi tuhagere, byadusabaga ko tugira amahitamo, amahitamo ya Polititiki iyo ubishaka. Bihera ku kubyumvisha buri wese mu Gihugu no kumva impamvu ayo mahitamo ari ingenzi.”

Perezida Kagame avuga ko Politiki nziza ubwayo idakemura ibibazo, ariko ko izana umwuka mwiza utuma abantu babona uburyo bwo kubishakira umuti.

Ati “Politiki ni ingenzi kuko izana umwuka mwiza utuma ibindi bintu bishoboka. Uko ni ko twatangiye gushaka uburyo hakorwa ubucuruzi, no kureshya ishoramari. Twagombaga gushaka uburyo buboneye bwadufasha kureshya ishoramari kuza mu Gihugu cyacu ndetse no gutuma Abanyarwanda na bo baryisangamo.”

Umukuru w’u Rwanda, yavuze ko ariko Politiki n’imirongo migari byiza bitari bihagije. Ati “Hejuru yabyo hagomba kuza imiyoborere iboneye izana ituze.”

Yakomeje agira ari “Imiyoborere ni ingingo ijyana n’uburenganzira ndetse no kubazwa inshingano. Turwanya ruswa. Twatumye habaho urubuga aho umuntu wishoye muri iyo bintu yumva ko atari ikintu cyiza yagiyemo, byumwihariko iyo yafashwe.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko muri iyi miyoborere itihanganira ikibi, hagomba kuba hari n’ubutabera bukora neza, kugira ngo abafatirwa muri ibyo bikorwa bibi babiryozwe.

Perezida Kagame muri iki kiganiro yari kumwe n’Umuyobozi wa Milten Institute, Richard Ditizio

Iki kiganiro kandi cyakurikiwe n’abo mu ngeri zinyuranye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 1 =

Previous Post

Leban: Mu ushyingura abahitanywe n’igitero kidasanzwe habaye ikindi bisa havugwa ababiri inyuma

Next Post

BREAKING: Uwabaye Perezida w’Umutwe w’Abadepite agiye kugaruka mu Nteko y’u Rwanda

Related Posts

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko irimbi rusange bashyinguramo hamwe n’impunzi, ryamaze kuzura,...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

by radiotv10
28/11/2025
0

Rtd Major Rugamba Robert wemera ko yakoze icyaha cyo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu Karere ka Nyanza,...

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

IZIHERUKA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye
AMAHANGA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

28/11/2025
Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

28/11/2025
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Uwabaye Perezida w’Umutwe w’Abadepite agiye kugaruka mu Nteko y’u Rwanda

BREAKING: Uwabaye Perezida w’Umutwe w’Abadepite agiye kugaruka mu Nteko y'u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.