Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje icyafashije u Rwanda kugera aho rugeze nyuma y’akaga gakomeye rwari ruvuyemo

radiotv10by radiotv10
19/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje icyafashije u Rwanda kugera aho rugeze nyuma y’akaga gakomeye rwari ruvuyemo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri muri Singapore, yavuze ko u Rwanda rwanyuze mu mateka ashaririye ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko ko nyuma yayo, rwayasize inyuma rugashaka uburyo rwongera kwiyubaka ruhereye ku busa, rubifashijwemo na Politiki n’imiyoborere byiza.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 19 Nzeri 2024 mu kiganiro yatangiye mu bikorwa by’Ihuriro Milken Asia Summit ritegurwa n’Ikigo Milten Institute.

Muri iki kiganiro yagiranye n’Umuyobozi wa Milten Institute, Richard Ditizio; Perezida Kagame yagarutse ku rugendo rwo kongera kwiyubaka k’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi yari imaze guhitana inzirakarengane zirenga miliyoni imwe, ndetse ikanasiga Igihugu ari umuyonga, ku buryo kucyubaka byasabaga guhera ku busa.

Yavuze ko kubaka u Rwanda bitari gushoboka iyo Abanyarwanda batagira amahitamo meza yabibafashijemo, ubu Igihugu cyabo kikaba gikomeje gutera intambwe igana imbere.

Yagize ati “U Rwanda rwagize amateka akomeye ariko twayasize inyuma. Kugira ngo tugane imbere kandi tuhagere, byadusabaga ko tugira amahitamo, amahitamo ya Polititiki iyo ubishaka. Bihera ku kubyumvisha buri wese mu Gihugu no kumva impamvu ayo mahitamo ari ingenzi.”

Perezida Kagame avuga ko Politiki nziza ubwayo idakemura ibibazo, ariko ko izana umwuka mwiza utuma abantu babona uburyo bwo kubishakira umuti.

Ati “Politiki ni ingenzi kuko izana umwuka mwiza utuma ibindi bintu bishoboka. Uko ni ko twatangiye gushaka uburyo hakorwa ubucuruzi, no kureshya ishoramari. Twagombaga gushaka uburyo buboneye bwadufasha kureshya ishoramari kuza mu Gihugu cyacu ndetse no gutuma Abanyarwanda na bo baryisangamo.”

Umukuru w’u Rwanda, yavuze ko ariko Politiki n’imirongo migari byiza bitari bihagije. Ati “Hejuru yabyo hagomba kuza imiyoborere iboneye izana ituze.”

Yakomeje agira ari “Imiyoborere ni ingingo ijyana n’uburenganzira ndetse no kubazwa inshingano. Turwanya ruswa. Twatumye habaho urubuga aho umuntu wishoye muri iyo bintu yumva ko atari ikintu cyiza yagiyemo, byumwihariko iyo yafashwe.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko muri iyi miyoborere itihanganira ikibi, hagomba kuba hari n’ubutabera bukora neza, kugira ngo abafatirwa muri ibyo bikorwa bibi babiryozwe.

Perezida Kagame muri iki kiganiro yari kumwe n’Umuyobozi wa Milten Institute, Richard Ditizio

Iki kiganiro kandi cyakurikiwe n’abo mu ngeri zinyuranye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − one =

Previous Post

Leban: Mu ushyingura abahitanywe n’igitero kidasanzwe habaye ikindi bisa havugwa ababiri inyuma

Next Post

BREAKING: Uwabaye Perezida w’Umutwe w’Abadepite agiye kugaruka mu Nteko y’u Rwanda

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Uwabaye Perezida w’Umutwe w’Abadepite agiye kugaruka mu Nteko y’u Rwanda

BREAKING: Uwabaye Perezida w’Umutwe w’Abadepite agiye kugaruka mu Nteko y'u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.