Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje impamvu uburezi buza mu by’ibanze mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
13/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje impamvu uburezi buza mu by’ibanze mu Rwanda

cmp3.10.3.3Lq4 0xa362b87a

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda ishyira imbere urwego rw’Uburezi, kuko ari rwo rwubakirwaho iterambere ryose rigerwaho, avuga ko rwateye imbere ariko ko rutaragera ku rwego rwifuzwa.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Nzeri 2024, ubwo yakiraga indahiro za Minisitiri mushya w’Uburezi, Joseph Nsengimana wahawe izi nshingano hirya y’eho hashize, tariki 11 Nzeri.

Perezida Paul Kagame yashimiye Minisitiri, Joseph Nsengiyumva warahiriye izi nshingano, avuga ko “kurahira bivuze ko yemeye kandi yiteguye gukorera Igihugu cye muri izi nshingano zijyanye n’ibireba uburezi bw’Igihugu cyacu.”

Yakomeje agira ati “Uburezi buri mu bintu by’ibanze dushyira imbere, mu iterambere ry’Igihugu cyacu, mu iterambere ryAbanyarwanda n’imikoranire y’u Rwanda ndetse n’amahanga. Ibiva mu burezi birabafasha.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze kandi ko ubumenyi buva mu burezi, Abanyarwanda bashobora kubuvoma mu Gihugu imbere, ndetse n’ubumenyi abantu bashobora gukura hanze y’u Rwanda.

Yavuze ko inzego zose zijyanye n’iterambere ry’Igihugu zizamuka iyo hari uburezi bufite ireme, kuko ari bwo butegura abazazikoramo.

Ati “Uburezi bwacu bumaze gutera intambwe ubusanzwe, ariko ntabwo buragera aho twifuza, cyangwa se hashimishije bitewe n’ibyo tubona hirya no hino.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yizeje Minisitiri mushya w’Uburezi warahiriye izi nshingano, ko atari we urebwa n’uru rwego, ahubwo ko rureba abandi bayobozi bose ndetse n’abandi Banyarwanda, ariko ko icyiza ari uko ruhagaze neza.

Ati “Bireba urubyiruko, bireba abakuru n’abato, bireba amajyambere y’Igihugu muri rusange, ntabwo byoroshye rero ariko rero birashoboka nk’uko ahandi hose bishoboka cyangwa nk’uko n’aha byashobotse urebye aho tuvuye n’aho tugeze.”

Perezida Paul Kagame yasabye abandi bayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu gukomeza gutanga umusanzu wabo mu gukomeza guteza imbere urwego rw’Uburezi rufatiye runini izindi nzego z’Igihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Umunyamakuru Sabin uri kugarukwaho cyane yageneye ubutumwa umugore we

Next Post

Kompanyi y’ingendo Kampala-Kigali yahagaritswe nyuma y’impanuka yahitanye abarimo Abanyarwanda

Related Posts

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

IZIHERUKA

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45
MU RWANDA

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

17/11/2025
BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kompanyi y’ingendo Kampala-Kigali yahagaritswe nyuma y’impanuka yahitanye abarimo Abanyarwanda

Kompanyi y’ingendo Kampala-Kigali yahagaritswe nyuma y’impanuka yahitanye abarimo Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.