Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje uko Afurika yakwigobotora imbogamizi zo kutagira ibikorwa remezo

radiotv10by radiotv10
03/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Perezida Kagame yagaragaje uko Afurika yakwigobotora imbogamizi zo kutagira ibikorwa remezo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, mu nama yabereye i Dakar muri Senegal yiga ku iterambere ry’ibikorwa Remezo muri Afurika, yagaragaje ko uyu Mugabane umaze kugera kuri byinshi ariko ko hakiri icyuho mu bikorwa remezo.

Yabivuze kuri uyu wa Kane tariki 02 Gashyantare ubwo iyi nama yabaga, yitabiriwe n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma banyuranye.

Perezida Paul Kagame akaba n’umuyobozi w’akanama k’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bishinzwe kwiga ku cyerecyezo cy’ikigega cy’Umuryango wa Afurika Uunze Ubumwe gishinzwe iterambere AUDA-NEPA, ari no mu batanze ikiganiro cyagarukaga ku cyakorwa ngo Umugabane wa Afurika ubashe kugera ku bikorwa remezo bigirira akamaro Ibihugu biwugize.

Ni ibiganiro kandi byarimo na Perezida wa Senegal, Macky Sall akaba ari na we uyoboye Afurika Yunze Ubumwe, byarimo kandi Umuyobozi Mukuru wa AUDA-NEPAD, Nardos Bekele-Thomas ndetse n’abandi.

Perezida Macky Sall yavuze ko kwihutisha iterambere ry’ibikorwa remezo muri Afurika bifitiye inyungu abaturage, uhereye ku babarirwa muri miliyoni 600 batagira amashanyarazi.

Perezida Paul Kagame yavuze ko hakwiriye ibikorwa biteza imbere umugabane wa Afurika kandi ko iby’ibanze ari ibikorwa remezo bifatwa nk’ipfundo ry’iterambere.

Yagize ati “Mu myaka yatambutse hari intambwe yatewe, ibyo ntakubishidikanyaho, ariko haracyari icyuho mu bikorwa remezo ku Mugabane wa Afurika.”

Yakomeje agira ati “Mu gukuraho icyo cyuho ni ngombwa ko habaho kwishakamo ubushobozi buturutse imbere muri twe. Niyo mpamvu mu bihumbi 2017 AUDA-NEPAD yatangije 5 ku ijana ya gahunda yo kuzamura ishoramari ku bikorwa remezo muri Afurika.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko iyi nama ari amahirwe yo kongera iyi nkunga ku bufatanye n’abikorera kugira ngo imishinga y’ibikorwa remezo irusheho kugera no mu bigo by’imari.

Umuryango w’ubufatanye bw’iterambere muri Afurika AUDA-NEPAD, wanasinyanye amasezerano na Afrexim Bank ahuriweho y’ubufatanye azateza imbere ibikorwa remezo bya Afurika.

Perezida Kagame yitabiriye iyi nama
Yarimo n’abandi bayobozi bakomeye

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 6 =

Previous Post

Amakuru mashya ku rubanza rw’umwana rwazamuye impaka: Icyemezo cyafashwe

Next Post

Indi mpanuka noneho ikozwe n’imodoka yari itwaye abakinnyi b’ikipe y’ubukombe mu Rwanda

Related Posts

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

IZIHERUKA

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe
IMYIDAGADURO

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Indi mpanuka noneho ikozwe n’imodoka yari itwaye abakinnyi b’ikipe y’ubukombe mu Rwanda

Indi mpanuka noneho ikozwe n’imodoka yari itwaye abakinnyi b’ikipe y’ubukombe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.