Tuesday, July 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje uko u Rwanda rwanze guheranwa no gutereranwa n’amahanga igihe rwari ruyakeneye

radiotv10by radiotv10
29/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje uko u Rwanda rwanze guheranwa no gutereranwa n’amahanga igihe rwari ruyakeneye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri muri i Astana muri Kazakhstan, yavuze ko ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yabaga, amahanga yigize ntibindeba akarutera umugongo, bigasaba ko kubaka iki Gihugu biva mu gushyira hamwe kw’abagituye, ariko ko bitakibujije gukorana n’ayo mahanga yabatereranye.

Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 29 Gicurasi 2025 ubwo hafungurwaga ku mugaragaro Inama Mpuzamahanga ya Astana International Forum.

Igikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro iyi nama, cyitabiriwe na Perezida wa Kazakhstan, Kassym-Jomart Tokayev na Perezida wa Macedonia ya Ruguru, Gordana Siljanovska-Davkova.

Umukuru w’u Rwanda yagarutse ku rugendo rwo kwiyubaka kw’iki Gihugu nyuma yo kuva mu icuraburindi rya Jenoside yakorewe Abatutsi, Abanyarwanda bari no mu minsi ijana yo kuyibuka, agaragaza ko ibyabaye kuri iki Gihugu cyabikuyemo amasomo akomeye.

Yagize ati “Ubwo Jenoside yabaga mu Gihugu cyacu, amahanga yabiteye umugongo ntiyatwitaho, ibyo byatwigishije isomo. Aho ni ho twatangiye kugenda duhuza imbaraga, tugerageza kongera kwiyubaka, buri wese atanga uruhare rwe, ndetse no kuzana umwuka w’ubwizerane watuzaniye amahirwe yo kubaka inzego zagombaga kugira uruhare mu kugeza ku baturage bacu ibyo bakeneye.”

Perezida Kagame yavuze ko nubwo amahanga yatereranye u Rwanda mu gihe rwari ruyakeneye, akarutera umugongo, ndetse no mu kwishakamo ibisubizo, akaba ari bo babyikorera, bitabujije iki Gihugu gukorana n’ayo mahanga.

Ati “Ariko ntibyatubuje gukorana n’amahanga. Ndetse twakiriye inkunga ziturutse mu nshuti no mu bafatanyabikorwa. Ariko ibyo ntibyari kudufasha cyangwa ngo bigire icyo bitumarira iyo tudahaguruka ngo dushyire hamwe ubwacu ngo tunagire icyo twikorera kiduturutsemo.”

Perezida Paul Kagame uri muri Kazakhstan kuva kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Gicurasi 2025, uru ruzinduko rwe runagamije gutsura umubano w’u Rwanda Gihugu nk’umufatanyabikorwa mu mikoranire ibyara inyungu.

We na mugenzi we w’iki Gihugu, Qasym-Jomart Toqayev; kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Gicurasi, banayoboye umuhango w’isinywa ry’amasezerano y’imikoranire mu nzego zinyuranye zirimo Dipolomasi, Ikoranabuhanga, uburezi, ubuhinzi, imari ndetse n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Perezida Kagame ni umwe mu banyacyubahiro bitabiriye iyi nama mpuzamahanga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + three =

Previous Post

Umugore wari ufitweho amakuru mu gukwirakwiza urumogi yanigeze gufungirwa byarangiye atahuwe

Next Post

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe itariki y’Ibirori ‘KwitaIzina’ Abana b’Ingagi bizana mu Rwanda abazwi ku Isi

Related Posts

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

by radiotv10
14/07/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yamenyesheje Abanyarwanda ko haherutse kuvumburwa urushinge umuntu ashobora guterwa rukamurinda kwandura Virusi Itera SIDA mu...

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

by radiotv10
14/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Health, Dr. Sabin Nsanzimana, has announced the recent discovery of an injection that can protect an individual...

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

by radiotv10
14/07/2025
0

In our past article, we explained why and how Africa was maintained under domination by European countries. Should we keep...

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu akurikiranyweho gucura umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we, afatanyije n’undi...

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, arasaba abagiraneza gufasha umugore we kujya kwivuza indwara y’ibibyimba yasanganywe...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Hatangajwe itariki y’Ibirori ‘KwitaIzina’ Abana b’Ingagi bizana mu Rwanda abazwi ku Isi

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe itariki y’Ibirori ‘KwitaIzina’ Abana b’Ingagi bizana mu Rwanda abazwi ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.