Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje umusaruro uva mu mubano mwiza uri hagati y’u Rwanda na Misiri

radiotv10by radiotv10
24/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje umusaruro uva mu mubano mwiza uri hagati y’u Rwanda na Misiri
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko umubano n’imikoranire myiza biri hagati y’u Rwanda na Misiri, ukomeje kuzanira inyungu Ibihugu byombi, byumwihariko ku Rwanda, agaragaza ko byarufashije guteza imbere urwego rw’ubuzima.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Kabiri ubwo yagiriraga uruzinduko mu Gihugu cya Misiri, yabanje kwakirwamo na Perezida wacyo, Abdel Fattah Saeed Hussein Khalil el-Sisi.

Nyuma y’ibiganiro Abakuru b’Ibihugu bagiranye, Perezida Kagame yashimiye Misiri ku ruhare ikomeje kugira mu iterambere ry’inzego zitandukanye mu Rwanda. Umukuru w’igihugu yashimagiye ko biteguye kurushaho gufatanya na Misiri Mu bikorwa byose bigamije iterambere rihuriweho.

Yagize ati “Turi gufatanya kubaka ivuriro rigezweho rivura umutima. Iki ni igikorwa gikomeye kuko kizafasha mu kongera inzobere zivura umutima mu rwanda no hanze yarwo. Misiri kandi ikomeje no guhugura Abanyarwanda bakora mu rwego rw’ubuzima.”

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwashyizeho umurongo wo kugira urwego rw’ubuzima ruhendutse kandi ruteye imbere, bityo ko iyi mikoranire yarwo na Misiri, ari amaboko iki Gihugu cyungutse.

Ati “Twanafatanyije n’abafatanyabikorwa kubaka uruganda rukora inkingo. Urwego rw’ubuzima mu misiri ndetse n’abashoramari na bo badufasha muri iki gikorwa. Turashaka ko birenga urwego biriho. Kuba u Rwanda na misiri bahanye ubutaka ni ingenzi cyane, kuko bizatuma Ibihugu byacu bigera ku masoko menshi yo mu karere.”

Muri 2022 Perezida Kagame ni bwo yaherukaga mu Misi, aho icyo gihe yavugiye i Cairo ko Ibihugu byombi bishyize imbere imikoranire igamije guhangana n’ibibazo byugarije Isi.

Icyo gihe yari yagize ati “Amasezerano yasinywe uyu munsi; azubakira ku mubano umaze igihe kinini hagati y’u Rwanda na Misiri, ndetse atange n’inyungu zihuriweho mu nzego zitandukanye.

Icyorezo cya Covid-19 cyatwibukije ko twegeranye twese kurusha uko byahoze, kandi cyerekanye ko nta Gihugu na kimwe gishobora guhangana n’ikibazo cyugarije isi yose ari kimwe, ni yo mpamvu ari ingenzi gukorana. Gukomeza gushaka ahandi twakorana ni ingenzi mu kuzahura ubukungu bwacu no kubaka ubudahangarwa bwacu ku bibazo bishobora kuzaza mu bihe biri imbere.”

Nyuma y’urwo ruzinduko; muri 2024 u Rwanda na Misiri bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu kuvura indwara z’umutima mu bitaro biri kubakwa i Masaka ku bufatanye bw’Ibihugu byombi. Aya masezerano afite agaciro ka miliyoni 3,3 USD.

Muri uwo mwaka kandi u Rwanda na Misiri bemeranyije imikoranire mu rwego rwo gutwara abantu n’ibintu. U rwanda rwemereye Misiri korohereza ibicuruzwa bivayo byerekeza mu Rwanda no muri aka karere.

U Rwanda rwahaye Misiri Hegitari 10 z’ubutaka mu Karere ka Kirehe hafi y’umupaka w’u Rwanda na Tanzania, bwagenewe kubakwaho ahantu ibicuruzwa biva mu Misiri bizajya bishyirwa mbere yo kujya ku isoko.

Mu kwezi kwa 6/2025; Abagaba Bakuru b’Ingabo z’Ibihugu byombi bemeranyije imikoranire mu bya gisirikare. Ibi ni bimwe mu musaruro wa dipolomasi y’Ibihugu byombi imaze imyaka 49.

Muri 2017 ubwo Perezida wa Misiri aheruka mu Rwanda; Perezida Kagame yavuze ko Misiri ari umufatanyabikorwa mwiza, ashimangira ko u Rwanda rwahisemo korohereza Abanyamisiri basura u Rwanda.

Uyu mubano w’u Rwanda na Misiri umaze imyaka myinshi. Misiri yafunguye ambasade yayo mu Rwanda mu mwaka wa 1976. Ibi Bihugu bimaze imyaka 16 byemeranyije imikoranire mu nzego zirimo ubuhinzi, za gasutamo, iterambere ry’urubyiruko, guteza imbere inganda, ibikomoka kuri peterole n’amabuye y’agaciro, uburezi, ubuzima, umuco, ndetse n’imikoranire mu bumenyi n’ikoranabuhanga.

Perezida Kagame na Abdel Fattah wa Misiri banayoboye ibiganiro by’amatsinda y’abayobozi b’Ibihugu byombi
Hanasinywe andi masezerano
Perezida Kagame yashimiye Abdel Fattah n’Abanyamisiri

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 10 =

Previous Post

Kathia n’umugabo we Adonis bagaragaje bari mu bihe byiza mu kwa buki ahantu hanogeye ijisho

Next Post

Rusizi: Imiryango 32 y’abasigajwe inyuma n’amateka yabaga ahadakwiriye yamaze kubakirwa inzu z’icyitegererezo

Related Posts

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

IZIHERUKA

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe
MU RWANDA

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Imiryango 32 y’abasigajwe inyuma n’amateka yabaga ahadakwiriye yamaze kubakirwa inzu z’icyitegererezo

Rusizi: Imiryango 32 y’abasigajwe inyuma n’amateka yabaga ahadakwiriye yamaze kubakirwa inzu z’icyitegererezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.