• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Kathia n’umugabo we Adonis bagaragaje bari mu bihe byiza mu kwa buki ahantu hanogeye ijisho

radiotv10by radiotv10
23/09/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Kathia n’umugabo we Adonis bagaragaje bari mu bihe byiza mu kwa buki ahantu hanogeye ijisho
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mashusho n’amafoto, Umunyamerika Adonis Jovon Filer uherutse gukorana ibirori by’ubukwe na Kathia Uwase Kamali uzwi muri Mackenzies akaba n’umuvandimwe wa Miss Nishimwe Naomie, yagaragaje bari kugirana ibihe byiza mu kwezi kwa buki.

Ni amashusho n’amafoto byashyizwe ku mbuga nkoranyambaga na , Adonis Filer usanzwe ari umukinnyi wa Basketball mu ikipe ya APR BBC, aho yavuze ko ari igice cya mbere (part 1) kigaragaza we n’umugore we Kathia bari mu kwezi kwa buki.

Mu kumusubiza nyuma yo gushyiraho aya mafoto n’amashusho, umugore we Kathia, yahise agira ati “Hey husband [cyangwa ati bite mugabo wanjye.”

Kathia Kamali na Adonis Filer bakoze ubukwe mu ntangiro z’uku kwezi, tariki 05 Nzeri, mu birori byabanjirijwe no gusaba no gukwa na byo byabaye kuri uwo munsi, mu Mujyi wa Kigali.

Ni ibirori byitabiriwe n’imiryango n’inshuti z’aba bombi, zirimo abakinnyi hafi ya bose ba APR BBC bari baje gushyigikira mugenzi wabo Adonis wiyemeje kwibanira n’umukunzi we.

Ubu bukwe bwabo bwabaye nyum’amazi icyenda Adonis yambitse impeta asaba Kathia ko bazarushingana, aho yari yayimwambitse muri Mutarama.

Adonis n’umugore we Kathia bari mu bihe byiza mu kwezi kwa buki
Adonis yagaragaje ibyishimo

Ananyuzamo agakora imyitozo nk’umukinnyi wabigize umwuga
Bari kwishimana kuri hoteli iri ku nkombe z’Ikiyaga cya Kivu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 4 =

Previous Post

Icyo Tshisekedi avuga kuri Perezida w’Inteko weguye adahari n’igisubizo ku byo bavugwaho bombi

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje umusaruro uva mu mubano mwiza uri hagati y’u Rwanda na Misiri

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Perezida Kagame yagaragaje umusaruro uva mu mubano mwiza uri hagati y’u Rwanda na Misiri

Perezida Kagame yagaragaje umusaruro uva mu mubano mwiza uri hagati y’u Rwanda na Misiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.