Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje uruhare rw’Inteko muri Africa mu kwigobotora ingaruka za COVID-19

radiotv10by radiotv10
24/11/2021
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje uruhare rw’Inteko muri Africa mu kwigobotora ingaruka za COVID-19
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yasabye Inteko Zishinga Amategeko kugira uruhare mu gufasha Guverinoma z’ibihugu byazo kwikura mu ngaruka zatewe n’icyorezo cya COVID-19 cyashegeshe ubukungu bw’Ibihugu.

Yabuvuze kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Ugushyingo 2021 ubwo yatangizaga inama y’abahagarariye Inteko Zishinga Amategeko z’ibihugu 12 byo ku mugabane wa Africa bihuriye mu muryango wa Commonwealth.

Perezida Kagame yagarutse ku ngaruka zazanywe n’icyorezo cya COVID-19, ati “Iki cyorezo cyatumye urwego rw’ubuzima rugira umubare munini w’inkunga n’amadeni y’amahanga.”

Yakomeje agira ati “Iki cyorezo kandi cyerekanye ko Umugabane wa Africa ufite ibibazo. Iki cyorezo cyahinduye icyerekezo cy’ibyo twari twarinjije, ntabwo byabaye kuri Africa yonyine, ariko tugomba kugira icyo dukora bikagabanuka kuruta ahandi.”

Yaboneyeho kugaragaza uruhare Inteko Zishinga Amategeko mu gufasha Guverinoma zazo mu kwivana muri izi ngaruka.

Yagize ati “Inteko ziracyakeneye kuba ku isonga mu kubaka ubudahangarwa bwa Afurika by’umwihariko mu rwego rw’ubuzima n’ibindi byahungabanya abaturage. Icya mbere ndahamagarira Inteko zose gusinya amasezerano yemeza ishyirwaho ry’Ikigo Nyafurika cyita ku Miti [African Medicines Agency- AMA] cyatangiye gukora.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yagarutse ku isoko rusange rya Africa (AfCFTA) ryemerejwe i Kigali mu Rwanda muri 2018, avuga ko Inteko zifite uruhare runini mu ishyirwa mu bikorwa ry’iri soko.

Ati “Bafite uruhare mu ishyirwa mu bikorwa ry’Isoko Rusange rya Afurika ndetse n’amasezerano ya Paris ajyanye no kubungabungabu ibidukikije. Byombi bikeneye kugirwamo uruhare n’abagize inteko.”

Inteko zihaye intego

Justin Bedan Njoka Muturi, Umunya-Kenya uyoboye Inteko Ishinga Amategeko y’ibiugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza, ishami rya Africa, yameje impanuro zatanzwe na Perezida Kagame zigomba kujya mu ngiro.

Ati “Iki cyorezo cyatumye dutekereza cyane ku mwanya Umugabane wa Africa ufite ku isi bityo imigambi na politike zacu zigomba kuza zisubiza ibibazo by’imibereho n’ubukungu byugarije uyu mugabane. Imikoranire y’inteko zishinga amategeko n’abaturage bizaduha imbaraga zo kuba ijwi ryabo kandi twizeye ko rizumvikana.”

Ibi kandi binashimangirwa na donatille Mukabarisa, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda umutwe w’Abadepite, ati “nk’abayobozi b’Inteko Zishinga Amategeko, abahagarariye rubanda, tukaba n’intumwa zabo; tugiye kungurana ibitekerezo turebe abagize ibyo bageraho babiratire abandi, ibi ni byo bizaduha imitekerereze mishya, ituma duhinduka imbarutso y’iterambere ry’ubukungu.”

Iyi nama Ihuje abahagarariye Inteko Zishinga Amategeko zo mu bihugu 12 byo muri Africa bihuriye muri Commonwealth, yitezweho ibisubiza bya bimwe mu bibazo bicyugarije imibereho y’abaturage b’ibi bihugu ikazasoza tariki 28 Ugushyingo 2021.

Abayoboye Inteko biyemeje kugira uruhare rukomeye

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + seventeen =

Previous Post

IFOTO: Agahinda kamwegekanye n’intwaro ze zose abura ayo acira n’ayo amira

Next Post

Urupfu rw’Umunyarwandakazi bikekwa ko yishwe n’umugabo we babanaga muri Sweden rwashenguye benshi

Related Posts

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Abandi barwanyi ba FDLR bacyuwe na MONUSCO ibashyikiriza u Rwanda

by radiotv10
26/11/2025
0

Abantu 22 bavuye mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biganjemo abari abarwanyi b’umutwe w’Iterabwoba wa FDLR, batahutse mu...

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

by radiotv10
26/11/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho kwica umwana we...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

IZIHERUKA

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe
FOOTBALL

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urupfu rw’Umunyarwandakazi bikekwa ko yishwe n’umugabo we babanaga muri Sweden rwashenguye benshi

Urupfu rw’Umunyarwandakazi bikekwa ko yishwe n’umugabo we babanaga muri Sweden rwashenguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.