Perezida Kagame yageneye ubutumwa William Ruto

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Perezida Paul Kagame na we yashimiye William Ruto watsinze amatora y’umukuru w’Igihugu muri Kenya, amwifuriza ishya n’ihirwe.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Kanama 2022, Perezida Paul Kagame yagize ati “Mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda n’Abanyarwanda, ndashimira abavandimwe bacu b’Abanyakenya ku bw’amatora yagenze neza yo ku ya 09 Kanama 2022.”

Izindi Nkuru

Yakomeeje agira ati “Ndashimira kandi Nyakubarwa, Dr William Samoei Ruto, Perezida mushya watowe.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje yizeza ko Guverinoma y’u Rwanda izakomeza kubakira ku bucuti n’imikoranire bisanzwe biri hagati ya Kenya n’u Rwanda.

Ubu butumwa Perezida Paul Kagame, buje bukurikira itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda na bwo bwo gushimira iya Kenya ndetse n’Abanyakenya ku bw’amatora yagenze neza.

Perezida Paul Kagame yashimiye William Ruto kimwe n’abandi bakuru b’Ibihugu byo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, na bo bamwifurije ishya n’ihirwe barimo Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi unayoboye uyu muryango.

Abakuru b’ibi Bihugu bifurije ishya n’ihirwe William Ruto mu gihe ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Kanama 2022, Raila Odinga bari bahanganye, ahakanye ibyavuye mu matora, agatangaza ko agiye kunyura mu nzira zose ziteganywa n’amategeko kugira ngo biteshwe agaciro.

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru