Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageze muri Uganda mu ruzinduko rw’amateka no mu isabukuru ya Muhoozi

radiotv10by radiotv10
24/04/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yageze muri Uganda mu ruzinduko rw’amateka no mu isabukuru ya Muhoozi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda yageze muri Uganda yakirwa n’abayobozi barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku Butaka, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba wanamutumiye mu birori by’isabukuru ye.

Perezida Kagame Paul agiye muri Uganda nyuma y’uko Ibihugu byombi bitangiye urugendo rwo kuzahura umubano wari umaze igihe urimo igitotsi.

Mu bayobozi bakiriye Perezida Paul Kagame barimo Lt Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku Butaka uherutse na we kugirira uruzinduko inshuro ebyiri mu Rwanda.

Biteganyijwe ko Perezida Paul Kagame yakirwa na mugenzi we Yoweri Kaguta Museveni, bakagirana ibiganiro bigamije gukomeza kuzamura umubano w’Ibihugu byabo urimo kuzahuka.

Perezida Kagame kandi aritabira ibirori by’isabukuru y’amavuko ya Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, uri kwizihiza imyaka 48 y’amavuko yujuje ari ku Isi, biza kubera mu Biro by’Umukuru w’Igihugu cya Uganda.

Lt Gen Muhoozi ukunze kwita Perezida Paul Kagame “My uncle”, yari aherutse gutangaza ko Umukuru w’u Rwanda azitabira ibi birori.

Umukuru w’u Rwanda yitabiriye ibi birori by’umuhungu wa Yoweri Museveni, nyuma y’iminsi micye amugabiye Inka z’inyambo mu ruzinduko yari yagiriye mu Rwanda mu kwezi gushize kwa Werurwe 2022.

Mu birori byo kwizihiza isabukuru ya Muhoozi byatangiye guhera kuri uyu wa Gatandatu, uyu musirikare ukomeye muri Uganda, yavuze ko kimwe mu byatumye agira iyi sabukuru iy’agatangaza ari uko ibaye mu gihe Abanyarwanda n’Abanya-Uganda bongeye kuba umwe nyuma y’igihe batagenderana kubera ibibazo byari bimaze iminsi hagati y’Ibihugu byombi.

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye kimwe mu bikorwa byo kwizihiza iyi sabukuru byabaye kuri uyu wa Gatandatu, yavuze ko “Abanya-Uganda bishimye, Igihugu cyose kiri mu bicu” kubera ko Igihugu cyabo cyongeye kunga ubumwe n’icy’u Rwanda bisanzwe ari ibivandimwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + nineteen =

Previous Post

Ambasaderi w’Umuryango w’u Burayi yatunguye benshi agaragaza ko we n’abana be bihebeye Rayon

Next Post

Perezida Museveni yashimiye Kagame witabiriye ubutumire bw’umuhungu we

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Museveni yashimiye Kagame witabiriye ubutumire bw’umuhungu we

Perezida Museveni yashimiye Kagame witabiriye ubutumire bw’umuhungu we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.