Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageze muri Uganda mu ruzinduko rw’amateka no mu isabukuru ya Muhoozi

radiotv10by radiotv10
24/04/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yageze muri Uganda mu ruzinduko rw’amateka no mu isabukuru ya Muhoozi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda yageze muri Uganda yakirwa n’abayobozi barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku Butaka, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba wanamutumiye mu birori by’isabukuru ye.

Perezida Kagame Paul agiye muri Uganda nyuma y’uko Ibihugu byombi bitangiye urugendo rwo kuzahura umubano wari umaze igihe urimo igitotsi.

Mu bayobozi bakiriye Perezida Paul Kagame barimo Lt Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku Butaka uherutse na we kugirira uruzinduko inshuro ebyiri mu Rwanda.

Biteganyijwe ko Perezida Paul Kagame yakirwa na mugenzi we Yoweri Kaguta Museveni, bakagirana ibiganiro bigamije gukomeza kuzamura umubano w’Ibihugu byabo urimo kuzahuka.

Perezida Kagame kandi aritabira ibirori by’isabukuru y’amavuko ya Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, uri kwizihiza imyaka 48 y’amavuko yujuje ari ku Isi, biza kubera mu Biro by’Umukuru w’Igihugu cya Uganda.

Lt Gen Muhoozi ukunze kwita Perezida Paul Kagame “My uncle”, yari aherutse gutangaza ko Umukuru w’u Rwanda azitabira ibi birori.

Umukuru w’u Rwanda yitabiriye ibi birori by’umuhungu wa Yoweri Museveni, nyuma y’iminsi micye amugabiye Inka z’inyambo mu ruzinduko yari yagiriye mu Rwanda mu kwezi gushize kwa Werurwe 2022.

Mu birori byo kwizihiza isabukuru ya Muhoozi byatangiye guhera kuri uyu wa Gatandatu, uyu musirikare ukomeye muri Uganda, yavuze ko kimwe mu byatumye agira iyi sabukuru iy’agatangaza ari uko ibaye mu gihe Abanyarwanda n’Abanya-Uganda bongeye kuba umwe nyuma y’igihe batagenderana kubera ibibazo byari bimaze iminsi hagati y’Ibihugu byombi.

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye kimwe mu bikorwa byo kwizihiza iyi sabukuru byabaye kuri uyu wa Gatandatu, yavuze ko “Abanya-Uganda bishimye, Igihugu cyose kiri mu bicu” kubera ko Igihugu cyabo cyongeye kunga ubumwe n’icy’u Rwanda bisanzwe ari ibivandimwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + seven =

Previous Post

Ambasaderi w’Umuryango w’u Burayi yatunguye benshi agaragaza ko we n’abana be bihebeye Rayon

Next Post

Perezida Museveni yashimiye Kagame witabiriye ubutumire bw’umuhungu we

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Museveni yashimiye Kagame witabiriye ubutumire bw’umuhungu we

Perezida Museveni yashimiye Kagame witabiriye ubutumire bw’umuhungu we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.