Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageze muri Uganda mu ruzinduko rw’amateka no mu isabukuru ya Muhoozi

radiotv10by radiotv10
24/04/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yageze muri Uganda mu ruzinduko rw’amateka no mu isabukuru ya Muhoozi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda yageze muri Uganda yakirwa n’abayobozi barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku Butaka, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba wanamutumiye mu birori by’isabukuru ye.

Perezida Kagame Paul agiye muri Uganda nyuma y’uko Ibihugu byombi bitangiye urugendo rwo kuzahura umubano wari umaze igihe urimo igitotsi.

Mu bayobozi bakiriye Perezida Paul Kagame barimo Lt Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku Butaka uherutse na we kugirira uruzinduko inshuro ebyiri mu Rwanda.

Biteganyijwe ko Perezida Paul Kagame yakirwa na mugenzi we Yoweri Kaguta Museveni, bakagirana ibiganiro bigamije gukomeza kuzamura umubano w’Ibihugu byabo urimo kuzahuka.

Perezida Kagame kandi aritabira ibirori by’isabukuru y’amavuko ya Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, uri kwizihiza imyaka 48 y’amavuko yujuje ari ku Isi, biza kubera mu Biro by’Umukuru w’Igihugu cya Uganda.

Lt Gen Muhoozi ukunze kwita Perezida Paul Kagame “My uncle”, yari aherutse gutangaza ko Umukuru w’u Rwanda azitabira ibi birori.

Umukuru w’u Rwanda yitabiriye ibi birori by’umuhungu wa Yoweri Museveni, nyuma y’iminsi micye amugabiye Inka z’inyambo mu ruzinduko yari yagiriye mu Rwanda mu kwezi gushize kwa Werurwe 2022.

Mu birori byo kwizihiza isabukuru ya Muhoozi byatangiye guhera kuri uyu wa Gatandatu, uyu musirikare ukomeye muri Uganda, yavuze ko kimwe mu byatumye agira iyi sabukuru iy’agatangaza ari uko ibaye mu gihe Abanyarwanda n’Abanya-Uganda bongeye kuba umwe nyuma y’igihe batagenderana kubera ibibazo byari bimaze iminsi hagati y’Ibihugu byombi.

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye kimwe mu bikorwa byo kwizihiza iyi sabukuru byabaye kuri uyu wa Gatandatu, yavuze ko “Abanya-Uganda bishimye, Igihugu cyose kiri mu bicu” kubera ko Igihugu cyabo cyongeye kunga ubumwe n’icy’u Rwanda bisanzwe ari ibivandimwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − seven =

Previous Post

Ambasaderi w’Umuryango w’u Burayi yatunguye benshi agaragaza ko we n’abana be bihebeye Rayon

Next Post

Perezida Museveni yashimiye Kagame witabiriye ubutumire bw’umuhungu we

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Museveni yashimiye Kagame witabiriye ubutumire bw’umuhungu we

Perezida Museveni yashimiye Kagame witabiriye ubutumire bw’umuhungu we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.