Thursday, June 5, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Qatar

radiotv10by radiotv10
14/02/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Qatar

Perezida Kagame yakiriwe n'Umuyobozi w'Ikirenga wa Qatar

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yageze i Doha muri Qatar mu ruzinduko rw’akazi yagiriye muri iki Gihugu.

Ibiro Ntaramakuru bya Qatar dukesha aya makuru, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 14 Nyakanga 2022 byatangaje ko Perezida Paul Kagame yageze i Doha muri Qatar mu ruzinduko rw’akazi.

Perezida Kagame Paul ku kibuga cy’indege yakiriwe n’Umuyobozi mukuru ushinzwe ibikorwa mu Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ambasaderi wa Qatar mu Rwanda ndetse na Ambasaderi wa Qatar mu Rwanda.

Perezida Kagame yaherukaga muri Qatar mu ntangiro z’Ukwakira 2021 ubwo na bwo yahagiriraga uruzinduko rw’akazi.

Muri uru ruzinduko, Perezida Paul Kagame yanakiriwe n’Umuyobozi w’Icyubahiro wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani bagirana ibiganiro byibanze ku mubano w’u Rwanda na Qatar.

Umubano w’u Rwanda na Qatar uriho kuva mu bihe byo hambere, wafashe intera mu myaka ine ishize aho kuva muri 2018, abayobozi b’Ibihugu byombi bagiye bagirira uruzinduko mu Bihugu bagirana ibiganiro bigamije kurushaho gutsimbataza umubano.

Kuva muri uwo mwaka kandi, Ibihugu byombi byagiye bisinyana amasezerano akomeye y’ubufatanye ariko ayo kubaka ikibuga cy’indege cya Bugesera ndetse n’andi ashingiye ku kuzamura ubukungu.

Igihugu cya Qatar kandi cyakuriye Visa Abanyarwanda bajya muri iki Gihugu aho u Rwanda rubihuriyeho n’ikindi Gihugu kimwe cyo ku Mugabane wa Africa ari cyo Afurika y’Epdo.

Perezida Kagame n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim Bin Hamad Al Thani bakunze kugenderana, bagiye bagaragariza mu ruhame ko umubano wabo wafashe intera ukagera ku bucuti bwihariye.

Mu mpera za 2019 ubwo mu Rwanda hatangirwaga ibihembo bihabwa abantu babaye indashyikirwa mu kurwanya ruswa bizwi nka anti-corruption excellence awards, Perezida Paul Kagame yagaragaje ko umubano we na mugenzi we Sheikh Tamim wabaye ubucuti.

Mu ijambo yagejeje ku bari muri iki gikorwa, Perezida Kagame yagize ati “Nshuti yanjye, muvandimwe, reka nanavuge murumuna wanjye. Nize ko mu miyoborere, abayobozi barayobora gusa, kandi nta muyobozi muto, nta n’umukuru, nta n’ufite icyo urwitwazo rwo kuyobora nabi. Ariko ntinyutse kwita Nyiricyubahiro murumuna wange kubera ubucuti, ndetse no kuba twizerana.”

Perezida Kagame akigera i Doha
Perezida Kagame yakiriwe n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar
Bagiranye ibiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Data wacu Kagame yambujije kugereranya Abagandekazi n’Abanyarwandakazi, ambwira ko bose ari beza-Muhoozi

Next Post

Mozambique: RDF n’ingabo za Mozambique bafashe aho ibyihebe byari byahungiye

Related Posts

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb. Ernest Rwamucyo warangije inshingano zo guhagararira u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yashyikirije Perezida wa Kenya, William Ruto impapuro zo...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

by radiotv10
04/06/2025
0

Umuyobozi Wungirije ushinzwe amasomo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kabgayi B mu Karere ka Muhanga, ukurikiranyweho ibikorwa bigize icyaha cy’ihohotera rishingiye...

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

by radiotv10
04/06/2025
0

Abana barenga 200 biga mu bigo bitatu by’amashuri abanza mu Mujyi wa Kigali, bakiriwe na Polisi y’u Rwanda ku Cyicaro...

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

by radiotv10
04/06/2025
0

Bamwe mu borozi b’inka bo mu Murenge wa Rwimbogo, baravuga ko hari indwara batazi ikiyitera iri gufata amatungo yabo ku...

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

by radiotv10
04/06/2025
0

Ambasaderi Higiro Prosper uhagarariye u Rwanda muri Canada, yashyikirijwe igihembo nka Ambasaderi w’umwaka muri iki Gihugu cyo ku Mugabane wa...

IZIHERUKA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye
AMAHANGA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

04/06/2025
Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

04/06/2025
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

04/06/2025
Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

04/06/2025
Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

04/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mozambique: RDF n’ingabo za Mozambique bafashe aho ibyihebe byari byahungiye

Mozambique: RDF n’ingabo za Mozambique bafashe aho ibyihebe byari byahungiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.