Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Qatar

radiotv10by radiotv10
14/02/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Qatar

Perezida Kagame yakiriwe n'Umuyobozi w'Ikirenga wa Qatar

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yageze i Doha muri Qatar mu ruzinduko rw’akazi yagiriye muri iki Gihugu.

Ibiro Ntaramakuru bya Qatar dukesha aya makuru, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 14 Nyakanga 2022 byatangaje ko Perezida Paul Kagame yageze i Doha muri Qatar mu ruzinduko rw’akazi.

Perezida Kagame Paul ku kibuga cy’indege yakiriwe n’Umuyobozi mukuru ushinzwe ibikorwa mu Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ambasaderi wa Qatar mu Rwanda ndetse na Ambasaderi wa Qatar mu Rwanda.

Perezida Kagame yaherukaga muri Qatar mu ntangiro z’Ukwakira 2021 ubwo na bwo yahagiriraga uruzinduko rw’akazi.

Muri uru ruzinduko, Perezida Paul Kagame yanakiriwe n’Umuyobozi w’Icyubahiro wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani bagirana ibiganiro byibanze ku mubano w’u Rwanda na Qatar.

Umubano w’u Rwanda na Qatar uriho kuva mu bihe byo hambere, wafashe intera mu myaka ine ishize aho kuva muri 2018, abayobozi b’Ibihugu byombi bagiye bagirira uruzinduko mu Bihugu bagirana ibiganiro bigamije kurushaho gutsimbataza umubano.

Kuva muri uwo mwaka kandi, Ibihugu byombi byagiye bisinyana amasezerano akomeye y’ubufatanye ariko ayo kubaka ikibuga cy’indege cya Bugesera ndetse n’andi ashingiye ku kuzamura ubukungu.

Igihugu cya Qatar kandi cyakuriye Visa Abanyarwanda bajya muri iki Gihugu aho u Rwanda rubihuriyeho n’ikindi Gihugu kimwe cyo ku Mugabane wa Africa ari cyo Afurika y’Epdo.

Perezida Kagame n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim Bin Hamad Al Thani bakunze kugenderana, bagiye bagaragariza mu ruhame ko umubano wabo wafashe intera ukagera ku bucuti bwihariye.

Mu mpera za 2019 ubwo mu Rwanda hatangirwaga ibihembo bihabwa abantu babaye indashyikirwa mu kurwanya ruswa bizwi nka anti-corruption excellence awards, Perezida Paul Kagame yagaragaje ko umubano we na mugenzi we Sheikh Tamim wabaye ubucuti.

Mu ijambo yagejeje ku bari muri iki gikorwa, Perezida Kagame yagize ati “Nshuti yanjye, muvandimwe, reka nanavuge murumuna wanjye. Nize ko mu miyoborere, abayobozi barayobora gusa, kandi nta muyobozi muto, nta n’umukuru, nta n’ufite icyo urwitwazo rwo kuyobora nabi. Ariko ntinyutse kwita Nyiricyubahiro murumuna wange kubera ubucuti, ndetse no kuba twizerana.”

Perezida Kagame akigera i Doha
Perezida Kagame yakiriwe n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar
Bagiranye ibiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 4 =

Previous Post

Data wacu Kagame yambujije kugereranya Abagandekazi n’Abanyarwandakazi, ambwira ko bose ari beza-Muhoozi

Next Post

Mozambique: RDF n’ingabo za Mozambique bafashe aho ibyihebe byari byahungiye

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mozambique: RDF n’ingabo za Mozambique bafashe aho ibyihebe byari byahungiye

Mozambique: RDF n’ingabo za Mozambique bafashe aho ibyihebe byari byahungiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.