Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yahagaritse umuyobozi ukomeye muri Minisiteri ya Siporo

radiotv10by radiotv10
17/09/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Perezida Kagame yahagaritse umuyobozi ukomeye muri Minisiteri ya Siporo
Share on FacebookShare on Twitter

Shema Didier Maboko wari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, yahagaritswe kuri izi nshingano yari amazeho imyaka ikabakaba itatu.

Bikubiye mu itangazo ryarurutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe ryasohotse mu masaha akuze y’ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Nzero 2022.

Itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente mu izina rya Perezida wa Repubulika Paul Kagame, rigira riti “None tariki 16 Nzeri 2022, Bwana Didier Shema Maboko, yahagaritswe ku mwanya w’Umunyamabanga Uhoroho muri Minisiteri ya Siporo.”

Uyu wari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, yari yahawe inshingano tariki 04 Ugushyingo 2019 ubwo Perezida Paul Kagame yakoraga amavugurura muri Guverinoma.

Icyo gihe Shema Didier Maboko yashimiye Umukuru w’u Rwanda agira ati “Nshimiye Nyakubahwa Paul Kagame ku cyizere yangiriye cyo kuba Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, n’inshingano nishimiye kandi nzatanga umusaruro kugira ngo sport yacu itere imbere.”

Nshimiye Nyakubahwa @PaulKagame ku cyizere yangiriye cyo kuba Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, n'inshingano nishimiye kandi nzatanga umusaruro kugirango sport yacu itere imbere.
🇷🇼

— SHEMA-M. Didier (@SMDidier1) November 5, 2019

Ahagaritswe nyuma y’igihe gito Ikipe y’u Rwanda mu Mupira w’Amaguru, isezerewe mu mikino y’ijonjora yerecyeza mu gikombe yari isanzwe ijyamo bitagoranye ndetse mu giheruka ikaba yaragarukiye muri 1/4 aho yanashimiwe n’Umukuru w’Igihugu ubwo yakubukaga muri Cameroon aho cyaberaga.

Nanone kandi Shema Didier Maboko yahagaritswe muri iyi Minisiteri ikurikirana amashyirahamwe y’imikino itandukanye arimo iry’Umupira w’Amaguru rikunze kumvikanamo ibibazo bishingiye ku miyoborere.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Nzeri 2022 ubwo ubuyobozi bw’iri shyirahamwe bwagiranaga ikiganiro n’Itangazamakuru ntibwahuje imvugo ku kibazo kivugwa mu bibazo byumvikanye mu masezerani ryagieranye n’uruganda wa Masita rukora imyenda.

Perezida wa FERWAFA, Nizeyimana Olivier yavuze ko aya masezerano koko atakurikije amategeko mu gihe Umunyamahanga Mukuru w’iri shyirahamwe, Muhire Henry Brulart we yavuze ko nta rwego ruremeza ko aya amaezerano atakurikije amategeko ahubwo ko hari inzego ziri kubukurikirana ko ari na zo zizabigaragaza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Shira amatsiko ku itsinda kabuhariwe ry’Imbwa zirinda Pariki Akagera (AMAFOTO)

Next Post

Hamenyekanye ukwezi Papa Francis ashobora gusubukuriraho urugendo rwe muri DRCongo

Related Posts

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye ukwezi Papa Francis ashobora gusubukuriraho urugendo rwe muri DRCongo

Hamenyekanye ukwezi Papa Francis ashobora gusubukuriraho urugendo rwe muri DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.