Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yahagaritse umuyobozi ukomeye muri Minisiteri ya Siporo

radiotv10by radiotv10
17/09/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Perezida Kagame yahagaritse umuyobozi ukomeye muri Minisiteri ya Siporo
Share on FacebookShare on Twitter

Shema Didier Maboko wari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, yahagaritswe kuri izi nshingano yari amazeho imyaka ikabakaba itatu.

Bikubiye mu itangazo ryarurutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe ryasohotse mu masaha akuze y’ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Nzero 2022.

Itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente mu izina rya Perezida wa Repubulika Paul Kagame, rigira riti “None tariki 16 Nzeri 2022, Bwana Didier Shema Maboko, yahagaritswe ku mwanya w’Umunyamabanga Uhoroho muri Minisiteri ya Siporo.”

Uyu wari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, yari yahawe inshingano tariki 04 Ugushyingo 2019 ubwo Perezida Paul Kagame yakoraga amavugurura muri Guverinoma.

Icyo gihe Shema Didier Maboko yashimiye Umukuru w’u Rwanda agira ati “Nshimiye Nyakubahwa Paul Kagame ku cyizere yangiriye cyo kuba Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, n’inshingano nishimiye kandi nzatanga umusaruro kugira ngo sport yacu itere imbere.”

Nshimiye Nyakubahwa @PaulKagame ku cyizere yangiriye cyo kuba Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, n'inshingano nishimiye kandi nzatanga umusaruro kugirango sport yacu itere imbere.
🇷🇼

— SHEMA-M. Didier (@SMDidier1) November 5, 2019

Ahagaritswe nyuma y’igihe gito Ikipe y’u Rwanda mu Mupira w’Amaguru, isezerewe mu mikino y’ijonjora yerecyeza mu gikombe yari isanzwe ijyamo bitagoranye ndetse mu giheruka ikaba yaragarukiye muri 1/4 aho yanashimiwe n’Umukuru w’Igihugu ubwo yakubukaga muri Cameroon aho cyaberaga.

Nanone kandi Shema Didier Maboko yahagaritswe muri iyi Minisiteri ikurikirana amashyirahamwe y’imikino itandukanye arimo iry’Umupira w’Amaguru rikunze kumvikanamo ibibazo bishingiye ku miyoborere.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Nzeri 2022 ubwo ubuyobozi bw’iri shyirahamwe bwagiranaga ikiganiro n’Itangazamakuru ntibwahuje imvugo ku kibazo kivugwa mu bibazo byumvikanye mu masezerani ryagieranye n’uruganda wa Masita rukora imyenda.

Perezida wa FERWAFA, Nizeyimana Olivier yavuze ko aya masezerano koko atakurikije amategeko mu gihe Umunyamahanga Mukuru w’iri shyirahamwe, Muhire Henry Brulart we yavuze ko nta rwego ruremeza ko aya amaezerano atakurikije amategeko ahubwo ko hari inzego ziri kubukurikirana ko ari na zo zizabigaragaza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 13 =

Previous Post

Shira amatsiko ku itsinda kabuhariwe ry’Imbwa zirinda Pariki Akagera (AMAFOTO)

Next Post

Hamenyekanye ukwezi Papa Francis ashobora gusubukuriraho urugendo rwe muri DRCongo

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye ukwezi Papa Francis ashobora gusubukuriraho urugendo rwe muri DRCongo

Hamenyekanye ukwezi Papa Francis ashobora gusubukuriraho urugendo rwe muri DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.